00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubwiza bwa “Great Hotel Kiyovu”, hotel nshya mu Mujyi wa Kigali (Amafoto na Video)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 26 August 2021 saa 05:32
Yasuwe :

Bigusaba iminota itarenze 10 gusa uri mu Mujyi wa Kigali rwagati iyo wafashe moto cyangwa ufite imodoka yawe ukaba ugeze kuri Great Hotel Kiyovu.

Iyi hoteli iherereye mu Murenge wa Kiyovu mu Karere ka Nyarugenge ku muhanda KN50 st hafi ya Lycée de Kigali, hafi n’ahazwi nka Cercle Sportif. Ifite ibyumba 64. Ntabwo inyenyeri zayo ziratangazwa.

Ni hotel iri mu nshya ziri ku isoko ariko yazanye imbaduko kubera serivisi nziza yatangiranye.

Great Hotel Kiyovu ishamikiye ku rindi shami i Remera ahitwa ku cya Mitsingi ryitwa Great Apartment Hotel.

Mu gihe cy’umunsi namaze muri iyi hotel naranyuzwe! Mu gitondo cyo ku wa Gatanu ushize ku wa 20 Kanama 2021 nibwo nagiye kuyisura yemwe ngo mbone inkuru nzabarira abantu bifuza kuba bayigeramo ariko nasanze idasanzwe.

Ukigera ku muryango wakirwa n’abakobwa bambaye imikenyero, bagusanganiza urugwiro bati ‘Ikaze wisange hano uhafate nko mu rugo!’

Nasabye gutemberezwa mu bice byayo. Uhereye ku hakirirwa abantu, kugeza ku byumba byose ni ntamakemwa. Nazengurutse ibice byayo ndi kwica akanyota kuko umuntu wese uyigezemo yakirizwa icyo kunywa.

Mu byumba 62 byayo harimo icy’umuntu umwe gifite ibikoresho byose yakenera, icyumba kinini gishobora kuraramo abantu babiri kandi gifite n’uruganiriro rwihariye.

Ifite igikoni cyiza, giteka amafunguro meza kandi y’ubwoko butandukanye cyo kimwe na Bar abantu bashobora kubonamo ibyo kunywa bitandukanye.

Ifite kandi piscine abantu bashobora kwifashisha bashaka gukora siporo cyangwa se kwimara amavunane cyo kimwe na sauna & massage n’aho gukorera imyitozo ngororamubiri, Gym.

Nishimwe Justine uhagarariye iyi hoteli yagize ati “Ikintu cya mbere dushyira imbere ni uko dufite serivisi nziza. Ikindi Great Hotel iherereye ahantu heza buri wese ashobora kwibonamo hagati mu Mujyi wa Kigali. Ikindi ni uko ibiciro byacu binogeye buri wese. Duha ikaze buri wese.”

Urebeye iyi hoteli inyuma ni uku iteye
Uhageze yakiranwa ubwuza n'abakobwa babitojwe
Mbere yo kwinjiramo umuntu arabanza akisukura
Aha uyu yari kuri reception ari gusobanuza ibijyanye n'iyi hoteli
Ugeze muri iyi hoteli atwazwa ibyo afite ajya kwerekwa aho agomba kuruhukira
Iyo umuntu atanze commande ntabwo itinda
Mu byo bagira harimo na jus z'ubwoko butandukanye bitewe n'iyo umuntu ashaka
Ni hoteli igendanye n'igihe
Muri iyi hoteli hari aho umuntu ahagarara akaba yitegeye Kigali yose
Muri Bar-Restaurent ni uku hameze
Mu cyumba kijyamo ibitanda bibiri (Twin room) ni uku haba hameze
Mu cyumba harimo telefoni yakwitabazwa ukirimo agize icyo akenera
Uburiri bwo muri Great Hotel
Uburiri bwo muri Great Hotel
‘Coffee shop’ y'iyi hoteli irimo ibintu by’ubwoko bwose bibarizwa muri za coffee shop birimo jus, snacks n’ibindi
Ibyo kurya ibyo aribyo byose umuntu ashaka arabihabwa
Igikoni cya Great Hote Kiyovu kirimo ibyo kurya birimo ibyokeje by’ubwoko bwose ndetse n’ibitetse

Bafite piscine nziza

Kuri piscine ni uku hameze
Umuntu yoga ari kuraranganya amaso mu Mujyi wa Kigali wose
Aho umuntu umaze koga aba aruhukira afata akayaga
Bafite piscine nziza cyane
Iyi hoteli mu masaha y'ijoro ni uku igaragara
Ni imwe muri hoteli nshya ariko ifite ubwiza ndetse na serivisi nziza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .