00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Arabie Saoudite yakomoreye abakerarugendo baryamana n’abo bahuje ibitsina

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 5 May 2023 saa 01:59
Yasuwe :

Leta ya Arabie Saoudite yakomoreye abakerarugendo baryamana n’abo bahuje igitsina (LGBTQ) nyuma y’igihe iki gihugu cyo mu Burasirazuba bwo Hagati kitabikozwa.

Ni muri gahunda y’icyo gihugu yo guteza imbere ubukerarugendo nta n’umwe uhejwe.

Ku rubuga rw’Ikigo Saudi Tourism Authority (STA) gishinzwe guteza imbere Ubukerarugendo muri Arabie Saoudite, mu gace kagenewe kwandikwamo ibibazo abantu benshi bakunze kwibaza ku bukerarugendo bwacyo n’ibisubizo bijyanye, hagaragaraho ikibaza niba abaryamana n’abo bahuje ibitsina bemerewe gusura icyo gihugu.

Igisubizo cyayo kivuga ko nta muntu ujya gusura Arabie Saoudite ngo babanze kumubaza uburyo akoramo imibonano mpuzabitsina, bityo ko n’abaryamana n’abo bahuje ibitsina bahawe ikaze muri Arabie Saoudite.

Ntabwo biramenyekana igihe Arabie Saoudite yatangiriye gukomorera abakerarugendo baryamana n’abo bahuje ibitsina, kuko mbere ya Werurwe icyo kibazo kitagaragaraga ku rubuga rwa STA.

Ubusanzwe kuryamana kw’abahuje ibitsina ni icyaha muri Arabie Saoudite, nkuko Human Rights Watch ibitangaza.

Darren Burn uyobora Sosiyete Out Of Office ifasha abaryamana bahuje ibitsina gutembera hirya no hino ku Isi, yabwiye CNN ko abaryamana bahuje ibitsina ari imari ishushye mu bukerarugendo kuko ubushakashatsi bwagaragaje ko bakoresha amafaranga menshi mu bihugu batembereyemo, bakanagira ingendo nyinshi ugereranyije na bagenzi babo baryamana n’abo badahuje ibitsina.

Arabie Saoudite yakomoreye abakerarugendo baryamana n’abo bahuje ibitsina

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .