‘Twende Jerusalem’ ni urugendo rw’iminsi icyenda ruzatangira tariki 16-24 Mata 2022, abazarwitabira bakazamara iyi minsi batemberezwa ibice bitandukanye by’iki gihugu cy’amateka akomeye ku bemera Imana.
Ni urugendo ruri gutegurwa na sosiyete ‘Go Tell’ ku bufatanye na Ambasade ya Israel mu Rwanda.
Uru rugendo byitezwe ko ruzaririmbwamo n’abahanzi bo mu Rwanda Israel Mbonyi uzafatanya na Yves Ngenzi bazafatanya n’umunya-Israel, Avraham Tal.
Imwe mu mijyi n’ahandi hantu h’amateka bazatemberezwa, harimo Jerusalem, Tel Aviv, Caesarea, Galilee, Dead Sea, Bethlehm, River Jordan, Capernaum na Garden Gethsemane.
Bimwe mu bintu bikomeza uru rugendo, ni uko rwahuriranye na Pasika ku buryo bazagira amahirwe yo gukorera isengesho ryo kwizihiriza umunsi w’Izuka rya Yezu muri iki gihugu gifite amateka akomeye mu bijyanye n’iyobokamana.
Ikindi ni uko abazarwitabira bazagira amahirwe yo gutemberezwa uduce dutandukanye tw’amateka muri iki gihugu kiri mu bihangange ku Isi.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda aherutse kubwira IGIHE ko bari gutegura uru rugendo mu rwego rwo guhuza urubyiruko rw’ibihugu byombi kugira ngo rwungurane ubumenyi ku mico yabyo.
Umuntu uri kwiyandikisha kuzitabira uru rugendo arasabwa kwishyura 2800$ hanyuma akazishyurirwa itike y’urugendo, Visa, kuzitabira ibitaramo, ibyo kurya gutembera n’ibindi byose bisabwa.
Ushaka kwitabira uru rugendo wakwiyandikisha unyuze hano
Jerusalem

Tel Aviv

Bethlehem

Caesarea

Capernaum

Dead sea

Galilee

Gathesame

River Jordan



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!