Ni umuhango uzabera mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze nk’uko RDB yabitangaje kuri uyu wa 4 Gicurasi 2026.
Iti “Muzifatanye natwe mu muhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ku nshuro ya 21, uzabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze, twishimimira uburyo bwo kubungabunga ibidukikije bigizwemo uruhare rwa mbere n’abaturage n’inshingano duhuriyeho zo kurinda ingagi zo mu birunga no kubungabunga aho ziba muri Pariki y’Ibirunga.”
Ku nshuro ya 20, umuhango wo kwita abana b’ingagi amazina wabaye ku wa 5 Nzeri 2025, aho abana 40 bakomoka mu miryango 15 bahawe amazina.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, ni we wari umushyitsi mukuru mu gihe mu bandi bayobozi bitabiriye harimo na Madamu Jeannette Kagame.
Minisitiri w’Intebe yasabye abaturage b’Akarere ka Musanze gukomeza kwita ku ngagi kuko zifatiye runini igihugu.
Ati “Muhore muzirikana ko izi ngagi ari umutungo w’agaciro kanini dufite kandi tugomba gusigasira twese."
Kuva umuhango wo Kwita Izina watangira mu 2005, abana b’Ingagi 435, ni bo bamaze guhabwa amazina.
Mu 2025, amafaranga yinjijwe n’ubukerarugendo yari miliyoni 685$, avuye kuri miliyoni 647$ zari zinjijwe mu 2024. Aya angana n’izamuka rya 6%.
Umubare w’abasura u Rwanda na wo wazamutseho 9% ugera ku bantu miliyoni 1,49. Benshi muri aba basuye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ikunzwe kubera ingagi, ndetse n’izindi pariki.
Gusura ingagi bisaba kwishyura 1500$ ku munyamahanga, 500$ ku munyamahanga uba mu Rwanda, amadolari 200$ ku munyarwanda, amadolari 200$ ku muturage wo muri EAC na 500$ ku muturage wo mu bindi bihugu bya Afurika cyangwa se undi munyamahanga uba muri Afurika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!