Niba ukoresha imbuga nkoranyambaga, by’umwihariko urwa X yahoze ari Twitter, ujya ubona umuntu wiyise “Ibere rya Bigogwe”, ukunda gusangiza abamukurikira amafoto n’amashusho y’inka ziri mu rwuri, akanagaragaza abantu bamusuye bakina imikino itandukanye cyangwa banywa amata.
Uwo ni umushumba wo mu Bigogwe, Ngabo Karegeya, washinze sosiyete “Ibere rya Bigogwe”. Ni we watangije ibikorwa by’ubukererugendo muri ako gace, yamamara ku mbuga nkoranyambaga kubera gufasha abantu basura inka mu rwuri no kumenyekanisha ubworozi bw’aya matungo maremare.
Nyina umubyara yamwibarutse yajyanye ibyansi mu nka. Inkuru ya Ngabo ivuga ko yaje kuzikuriramo yinywera amata, aba inshuti na zo bidasubirwaho.
Kubera gutinda mu nka no kuzikunda, Ngabo Karegeya yisangaga asobanurira abantu ibyazo, abaje kuzisura akabigisha umuco w’inka nko gukama, kuzagaza n’ibindi, akabona bishimye cyane, umubare w’abazisura na wo ukomeza gututumba.
Reba iyi video umenye amateka atangaje ya Ngabo
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!