00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyihariye kuri Ngabo Karegeya; umushumba wabigize umwuga (Video)

Yanditswe na Muramira Rachel
Kuya 15 April 2025 saa 08:55
Yasuwe :

Niba ukoresha imbuga nkoranyambaga, by’umwihariko urwa X yahoze ari Twitter, ujya ubona umuntu wiyise “Ibere rya Bigogwe”, ukunda gusangiza abamukurikira amafoto n’amashusho y’inka ziri mu rwuri, akanagaragaza abantu bamusuye bakina imikino itandukanye cyangwa banywa amata.
Uwo ni umushumba wo mu Bigogwe, Ngabo Karegeya, washinze sosiyete “Ibere rya Bigogwe”. Ni we watangije ibikorwa by’ubukererugendo muri ako gace, yamamara ku mbuga nkoranyambaga kubera gufasha abantu basura inka mu rwuri (…)

Niba ukoresha imbuga nkoranyambaga, by’umwihariko urwa X yahoze ari Twitter, ujya ubona umuntu wiyise “Ibere rya Bigogwe”, ukunda gusangiza abamukurikira amafoto n’amashusho y’inka ziri mu rwuri, akanagaragaza abantu bamusuye bakina imikino itandukanye cyangwa banywa amata.

Uwo ni umushumba wo mu Bigogwe, Ngabo Karegeya, washinze sosiyete “Ibere rya Bigogwe”. Ni we watangije ibikorwa by’ubukererugendo muri ako gace, yamamara ku mbuga nkoranyambaga kubera gufasha abantu basura inka mu rwuri no kumenyekanisha ubworozi bw’aya matungo maremare.

Nyina umubyara yamwibarutse yajyanye ibyansi mu nka. Inkuru ya Ngabo ivuga ko yaje kuzikuriramo yinywera amata, aba inshuti na zo bidasubirwaho.

Kubera gutinda mu nka no kuzikunda, Ngabo Karegeya yisangaga asobanurira abantu ibyazo, abaje kuzisura akabigisha umuco w’inka nko gukama, kuzagaza n’ibindi, akabona bishimye cyane, umubare w’abazisura na wo ukomeza gututumba.

Reba iyi video umenye amateka atangaje ya Ngabo


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .