Ibi byagarutsweho ku mugoroba wo ku wa 28 Kanama 2026, ubwo hatahwaga ku mugaragaro Kenlo Green Resort, mu birori byabereye aho yubatse mu Mudugudu wa Taba, Akagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma.
Ibi birori byitabiriwe n’abayobozi b’uturere twa Huye na Gisagara, abasenateri, abakozi b’imiryango mpuzamahanga, abahanzi n’abandi.
Iyi hoteli izaba itanga serivisi za resitora ifite igikoni ntagereranywa, aho abahakora bari ku rwego rwa hoteli y’inyenyeri enye, amacumbi meza ajyanye n’igihe arimo n’azwi nk’appartments, ndetse n’akabari kabereye ijisho katanasize aho kunywera ikawa.
Iyi hoteli ifite ibyumba byo gucumbikira abayigana bisaga 20, bimwe muri byo bikaba bishobora gucumbikira umuryango munini, aho binafitemo ibikoni mo imbere.
Umuyobozi Mukuru wa Kenlo Green Resort, Nyangoma Ernestine, yavuze ko iki gikorwa cyakomotse ku giterezo bagize nk’umuryango cyo gutanga umusanzu mu iterambere ry’Umujyi wa Huye, bibasunikira kubaka iyi hoteli.
Ati “Ibi twabikoze dushaka gutanga uruhare rwacu mu iterambere mu Karere ka Huye n’Umurenge wa Ngoma, kugira ngo abantu batazakomeza kumva ko i Kigali ari ho heza gusa.”
Nyangoma yakomeje avuga ko bishimira ko iyi hoteli iri gufasha mu ihangwa ry’umurimo aho ubu itangiranye abakozi 30 bazagenda biyongera, yongera kwitsa ku mwihariko bazanye muri Huye w’abakozi baminuje mu gikoni ku rwego runezeza uwo bahaye serivisi wese.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yashimye umuhate abubatse Kenlo Green Resort bagize, kuko izatanga umusanzu ufatika mu iterambere, abashimira ko bahisemo ko yubakwa i Huye, mu gihe bari no kuyijyana ahandi.
Ati “Turabashimira ko mwabonye ko no muri Huye dukwiye ibyiza nk’ibi, turabashima ko mutanze umusanzu wanyu mu kugeza ibikorwaremezo byiza mu Karere, iri ni itafari rikomeye mutanze.”
Meya Sebutege yasabye cyane cyane abakozi bazaba bari mu mirimo ya buri munsi ya hoteli kuzakomera ku ihame ryo kwita ku bakiriya babagana kugira ngo uzahagera wese azakomeze kuhagaruka, abe umukiriya uzaramba.
Ati “Ndabwira umuntu wese ucuruza; dukore ibikorwa birema umukiliya uzahoraho igihe cyose.”
Yakomeje yizeza ubuyobozi bwa Kenlo Green Resort ubufatanye n’Akarere ka Huye, avuga ko yiteguye gutanga inama n’ibitekerezo biteza imbere iyi hoteli.
Bamwe mu baturage bitabiriye ibirori by’ifungurwa ku mugaragaro ry’iyi hoteli, bashimye imyubakire yayo, bavuga ko bashingiye kuko bayibonye, biteye ishema kuba yubatse i Huye.
Mukamazimpaka Assumpta ati “Twishimiye kino gikorwa kuko kigaragaza ko ari umwihariko, dore ko iri ahantu hatuje, hafutse, umuryango urahagera mukumva mufite umutuzo abantu baba bakeneye. Turashima ababitekereje, ndetse n’ubuyobozi bw’igihugu butanga amahirwe ku bikorera bagakora ibintu byiza nk’ibi.”
Ni ishimwe asangiye n’umuganga Dr. Munyaneza Martin, wavuze ko igikorwa nk’iki ari ishema kuri Huye, umujyi ugendwa na benshi barimo n’abasiporutifu.
Ati “Aha ni ahantu utaterwa ipfunwe no kuharangira inshuti yawe y’aho ari ho hose ku Isi, kuko hajyanye n’igihe. Nk’umuntu ukunda siporo, aha waharangira ikipe yose ikaharukira kandi ikanezererwa. Hazafasha benshi basura Huye, ni ikirezi kuri Huye.”
Kenlo Green Resort isanze ibindi bikorwa byakira abantu mu Karere ka Huye bisaga 30, birimo hoteli na moteli hirya no hino mu Mujyi wa Huye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!