00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dutemberane Muhazi Beach Resort, ishusho y’ubwiza bw’Ikiyaga cya Muhazi (Amafoto na Video)

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 26 June 2025 saa 08:17
Yasuwe :

Muri iyi minsi ibiyaga byo mu Rwanda ni imari ishyushye mu buryo butandukanye binyuze mu ishoramari rihakorerwa, bikajyana n’uko ari ahantu hakundwa n’abantu batandukanye bakunda gusohokera ku mazi.

Mu Rwanda habarizwa byibuze ibirwa birenga 100, biri ku biyaga 40, bibitse amazi angana na metero kibe miliyari 225,1 bingana na 99,96% by’ububiko bw’amazi yose mu gihe ibiyaga bihangano bingana na 0,04%.

U Rwanda ruzaba rufite Pariki y’Igihugu y’Ibirwa mu 2028 mu kubyaza umusaruro uyu mutungo kamere.

Uretse ibyo abashoramari bamaze kubona ibiyaga by’u Rwanda nk’amahirwe akomeye y’ishoramari aho nk’imibare y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, igaragaza ko mu myaka itanu ishize mu nkengero z’ibiyaga hakozwe ishoramari ry’agera kuri miliyoni 106$ mu guteza imbere ubukerarugendo.

Umwe mu babonye ayo mahirwe kare akayabyaza umusaruro ni Murenzi Donatien washoye imari ku Kiyaga cya Muhazi giherereye mu Burasirazuba bw’u Rwanda mu birometero nka 50 uvuye mu Mujyi wa Kigali.

IGIHE yasuye uyu rwiyemezamirimo mu rwego rwo kumenyekanisha ishoramari rikomeje gukorwa n’Abanyarwanda baba ab’imbere mu Gihugu cyangwa ababa muri Diaspora.

Muhazi ni ikiyaga kiri ku buso bwa kilometerokare 33, kikagira uburebure bw’ibilometero bigera 60 uvuye mu Burasirazuba bwacyo ugana mu Burengerazuba, ubugari bukaba bwagera ku bilometero bitatu.

Murenzi yashoye imari kuri Muhazi binyuze mu Kigo cy’ubukerarugendo cya Muhazi Beach Resort. Ni ikigo cyatangijwe mu 2003.

Muhazi Beach Resort iri ku gasozi ka Kabale mu Karere ka Rwamagana, mu Murenge wa Muhazi, ku bilometero bine uvuye ku muhanda munini wa Rwamagana-Kayonza-Kigali.

Iri ku buso bwa hegitari zirindwi, ifite ibyumba 63, ikaba ku nkengero z’Ikiyaga cya Muhazi neza.

Iyo urebeye kure Muhazi Beach Resort ubona iri ku musozi umeze nk’ikirwa. Ituranye n’uduce nka Murambi w’Inyambo, Gakoni, na Kavumu, imisozi yose ikora ku kiyaga cya Muhazi.

Uretse ibyumba byo kuruhukiramo, ifite n’iby’inama bishobora kwakira abantu bagera kuri 600 hamwe, ikagira ubusitani butoshye kuko buri hafi y’ikiyaga n’iyo ari mu mpeshyi bwo buhora butoshye.

Butatswe n’ibiti bitandukanye birimo Umunyinya, Umuko, n’andi moko atandukanye abereye ijisho, ikagira kandi inyoni z’amako menshi, ubyumva neza iyo ari mu museso.

Mu busitani kandi hari ibikoreshwa mu mikino y’abana. Uhari ashobora gutembera mu bwato.

Kuhakorera siporo na byo ni byiza kubera amahumbezi, umwuka mwiza uhari, hakaba kure y’imyuka yanduye cyane cyane ikomoka ku binyabiziga bikoresha ingufu zikomoka kuri peteroli.

Ku mugoroba na bwo usanga kuri Muhazi Beach Resort hatuje, izuba rikarenga ubireba, ibinezeza abakunda gufata amafoto yo gukoresha mu bihe bitandukanye.

Uyu munsi hitwa Muhazi Beach Resort, ariko mu mateka yaho ni ahantu hari hasanzwe, hakira abayobozi bakuru.

Nyuma haje kugurwa na Murenzi mu 2003, wari wiyemeje gufatanya n’abandi kubaka u Rwanda rwari rumaze kugirwa umuyonga na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni ahantu heza ushobora gusohokana n’umuryango, cyangwa inshuti zawe, mu bihe by’ibiruhuko cyangwa mu mpera z’icyumweru, kuhakorera ubukwe, n’indi minsi mikuru ihuza abo mu miryango.

Mu bice bitatu bigize Muhazi Beach Resort hari ikigizwe n’ibyumba byakira umuryango ugizwe n’abarenze abantu babiri, bifite ibyumba bibiri, ubwogero, uruganiriro n’ibindi nkenerwa. Ushaka kumara ijoro rimwe muri Muhazi Beach Resort ari muri iki cyumba yishyura 100$.

Hari ikindi gice kigizwe n’ibyumba bitandukanye, kimwe na cyo cyakira abantu babiri, aho ugishaka yishyura 50$. Hari ibyumba kandi byakira umuntu umwe agatanga 50$.

Abasuye iyi hoteli bari mu matsinda baba cyangwa Abanyarwanda n’inshuti zabo baturutse muri Diaspora bagabanyirizwa kugeza kuri 30%.

Abandi bantu bagabanyirizwa ibiciro ni abakuze bifuza kuharuhukira cyangwa bari mu biruhuko by’izabukuru.

Undi mwihariko wa Muhazi Beach Resort ni uko ari n’ahantu ushobora kubona amafunguro meza, kuko bafite umurima uhingwamo ibintu bitandukanye nk’imboga n’imbuto. Ushaka ifi na we, arayitumiza bakayiroba ako kanya bakayitunganya akayibona bidatinze.

Muhazi Beach Resort ifite kandi ahantu hatatu hagari ho gukorera ubukwe cyangwa ibindi birori bihuza abantu benshi. Uhitamo hanze ku nkengero z’amazi cyangwa mu byumba bigari byabugenewe.

Muhazi Beach Resort ni hoteli ikoreshwa cyane n’abajya muri Pariki y’Akagera, abakora ingendo bajya muri Tanzania, Uganda bashobora kuharuhukira n’abandi.

Inatanga akazi ku bize iby’amahoteli n’ubukerarugendo kugira ngo batange serivisi basobanukiwe ibyo bakora.

Ubu Murenzi afite gahunda yo kuhazamurira inyenyeri agendeye ku mabwiriza yumvikanyeho n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB).

Avuga ko kandi ashyize imbere ibijyanye no gufasha urubyiruko rwize ibijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo, byaba mu kubaha akazi ndetse no kwimenyereza umwuga.

Reba aya mashusho agaragaza ubwiza bwa Muhazi Beach Resort

Ni hotel iherereye mu nkengero z'ikiyaga bituma abayirimo bagira amahirwe yo kuba batembera mu bwato mu mazi
Muhazi Beach Resort ifite ishusho nziza
Iyi hotel uyirebeye ahirengeye, imeze nk'aho iri ahantu ku kirwa, ibintu bituma abayisuye baba bari ahantu ha bonyine kandi hatuje
Ni imwe muri hotel iherereye ahantu heza mu Ntara y'Iburasirazuba
Muhazi Beach Resort iherereye ku Kiyaga cya Muhazi
Muhazi Beach Resort iherereye ahantu heza, hari ibidukikije nk'ibiti n'ubusitani bugari
Muhazi Beach Resort yakira ibirori bitandukanye birimo n’iby’ubukwe
Ibyumba by'iyi hotel biba bitandukanye ku buryo uyirimo aba ari ahantu ha wenyine hamuha umutuzo usesuye
Abayigana bashobora guhitamo kwicara mu busitani bwegereye amazi
Ifite ahantu hagutse umuntu ashobora kuruhukira atuje
Muhazi Beach Resort iri ku Kiyaga cya Muhazi
Iyi hotel ikora ubworozi bw'amafi mu kiyaga cya Muhazi ku buryo abayisura babasha kubona amafunguro meza
Muhazi Beach Resort ifite icyumba cyakirirwamo inama
Ikirango cy'ifi kigaragara ukigera kuri iyi hotel cyane ko iri mu nkengero z'ikiyaga
Muhazi Beach Resort ifite ibyumba biri mu ngeri zitandukanye, aho kimwe cyishyurwa amadolari 50
Muhazi Beach Resort igira umwihariko wo gutegura ibyumba mu buryo budasanzwe
Ibyumba byo muri Muhazi Beach Resort biba biteguye neza
Iyicumbitsemo aba ashobora kubona icyo kunywa yifuza
Byinshi mu biribwa bitekwa kuri iyi hotel, biba byarahinzwe mu murima uri hafi ya yose
Hotel ifite aho ihinga bimwe mu biribwa yifashisha itegura amafunguro
Murenzi Donatien yashoye imari kuri Muhazi mu 2003 binyuze mu Kigo cy’ubukerarugendo cya Muhazi Beach Resort
Murenzi Donatien asobanura impamvu yashoye imari mu bukerarugendo kuri Muhazi
Kuri Muhazi Beach Resort haba ubwato butembereza abashyitsi
Ifi zo muri Muhazi Beach Resort ziba zarobwe mu kiyaga ako kanya

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages