Uru rutonde ngarukamwaka rwakozwe n’urubuga Travel+Leisure rwandika amakuru arebana n’ubukerarugendo, rugaragaraho hoteli ziri hirya no hino ku Isi zubatse mu buryo bwihariye.
Bisate Eco Lodge yatashywe na Perezida Paul Kagame tariki ya 1 Nzeri 2017. Yubatse muri Pariki y’Ibirunga aho uba witegeye neza udusongero tw’ibirunga bya Bisoke, Kalisimbi na Mikeno.
Iyi hoteli iza mu za mbere zakira ba mukerarugendo bo ku rwego rwo hejuru mu Rwanda, yubatswe n’ikigo Wilderness Safaris. Impumeko yayo yavuye ku miterere y’Ingoro y’Umwami iherereye i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Bisate Lodge ifite ibyumba bitandatu bigiye biteretse mu ishyamba hagati, bisakaje ibyatsi hejuru, ndetse byihagazeho kuko kuharara ijoro rimwe wishyura amadolari ya Amerika ari hagati ya 1100–1400.
Imiterere yaho ituma ba mukerarugendo bizihirwa no kuharara kuko kugeza ubu ibyumba byayo byamaze gufatwa (booked) kugeza mu 2019 nk’uko byigeze gutangazwa na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney. Mu bituma abashyitsi bahakunda harimo ingagi, ubwiza bw’ibirunga baba bitegeye ndetse na serivisi nziza zihatangirwa.
Umuhate w’u Rwanda utangiye gutanga umusaruro
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) kivuga ko gufungura Bisate Eco Lodge ari ikimenyetso ko umuhate w’u Rwanda mu kubungabunga ibikorwa bikurura ba mukerarugendo, amabwiriza yorohereza ishoramari ndetse na politiki iharanira impinduka nziza byatangiye gutanga umusaruro.
Kuba kandi iyi hoteli igenewe kwakira ba mukerarugendo bo ku rwego rwo hejuru bifuza kugirira ibihe byiza muri Pariki y’Ibirunga, ihorana abashyitsi bishyura amafaranga abarirwa muri miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda, bishimangira ko hari byinshi byisumbuye igihugu cyasangiza abaturutse mu mahanga.
RDB kandi igaragaraza ko kuza muri hoteli nshya nziza ku Isi kwa Bisate Eco Lodge, byerekana ko gahunda y’ubukerarugendo bwo ku rwego rwo hejuru u Rwanda rukomeje gushyira mu bikorwa, igenda ikurura abasobanukiwe iby’amahoteli ku Isi.
Ibi kandi binatanga umusaruro mu bijyanye n’icyo ubukerarugendo bwinjiriza igihugu kuko nk’uko bigaragarazwa na RDB mu myaka itandatu ishize u Rwanda rwakubye kabiri inyungu ruvanamo aho yavuye kuri miliyoni 200$ mu 2010 igera kuri miliyoni 404$ mu 2016.
Uretse Bisate Eco Lodge, u Rwanda rufite n’izindi hoteli zubatswe mu buryo bugabanya ingaruka mbi ku bidukikije zigera ku 10 zirimo nka Inzu Logde iri mu Karere ka Rubavu, intego akaba ari ukubaka izindi nyinshi.
Uru rutonde rwa hoteli nshya nziza zigiye zifite umwihariko mu myubakire, aho zubatse, ndetse na serivisi zitanga runagaragaraho izindi nyinshi zo muri Afurika zirimo One&Only Le Saint Gerán iherereye mu Birwa bya Maurice, Silo Hotel yo muri Afurika y’Epfo, Asilia Jabali Ridge yo muri Tanzania n’izindi.



















TANGA IGITEKEREZO