Icyo gihe cyakorerwagamo ubuhinzi, ubworozi bw’amatungo yaragirwagamo ndetse hari abagikoreshaga nk’ikimoteri cyo kumenamo imyanda, bigatuma cyangirika. Uko gufatwa nabi kwatumye cyibasirwa n’imyuzure y’amazi ava ku misozi igikikije arimo ay’imvura n’ava n’abaturage.
Igishanga cya Nyandungu kiri mu Mirenge ya Ndera ho mu Karere ka Gasabo na Nyarugunga muri Kicukiro. Kiri hagati y’umuhanda wa La Palisse Hotel kugera k’ugana i Ndera kuri 15, ni ku buso bwa hegitari 121.
Ku muntu uhaheruka nko mu 2018, ubu ahageze yatungurwa. Ha handi hatagendwaga, hatabonekaga inyamaswa nk’inyoni n’izindi, ubu hahinduwe Pariki y’Ubukerarugendo bubungabunga Ibidukikije ya Nyandungu [Nyandungu Eco Park-NEP].
Iyi pariki igizwe n’ibice [sectors] bitanu birimo icya mbere n’icya kabiri bigizwe n’icyo wakwita ko ari ahantu hakiri igishanga, ariko hari ibyatsi n’ibiti bifasha mu kuyungurura amazi y’ibirohwa ava ku misozi. Ibindi bitatu ni byo bisurwa ndetse byanashyiriweho inzira ababiganamo banyuramo.
Imirimo ya nyuma yo guhindura iki gishanga mo pariki yararangiye ndetse haritegurwa no gutangira kubaka uruzitiro rugendanye n’imiterere yayo yo kutangiza ibidukikije.
Biteganyijwe ko Pariki ya Nyandungu izafungurirwa abantu bose, bakayisura muri uku kwezi uhereye ku bashyitsi bazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye mu Muryango w’Ibivuga Icyongereza, CHOGM, izabera mu Rwanda mu cyumweru cyo ku wa 20 Kamena 2022.
Uyu mushinga ni umwe mu ikomeye yatangirijwemo isuzuma muri Kigali hagamijwe kureba uko ibishanga byabyazwa umusaruro ndetse bigahindurwa ahantu nyaburanga abantu bashobora kuruhukira nyuma yo kuva ku kazi k’ingume.
Mu 2015 ni bwo hatekerejwe umushinga wo guhindura Igishanga cya Nyandungu no kukigarurira ubuzima ndetse gitangira gutunganywa mu 2016.
Iyo mirimo yagombaga gusozwa mu 2020 mu byiciro bibiri ariko idindizwa n’impinduka zabaye mu guhindura inyigo ya mbere n’icyorezo cya COVID-19.
– Uwinjiye abanza guhabwa amabwiriza amugenga…
Ugeze muri Pariki y’Ubukerarugendo abanza kunyura ahatangirwa amakuru. Aha ni ho ahabwa ishusho yayo, ibice biyigize n’ibyo kwitwaza mu gihe asura. Hari nk’aho akenera inkweto za bote zishobora kumufasha kuko hari amazi agenda asigara mu nzira ku buryo bisaba uhanyura kuba yikwije.
Ukiva aha ahita afata inzira igana mu Gice cya Gatatu, cyo kimwe n’icya Kane n’icya Gatanu, bifite ibyo bihuriyeho.
Buri gice gifite inzira ebyiri ku mukandara wacyo zirimo izajya ikoreshwa n’abazenguruka pariki n’amaguru n’abatembera bakoresheje igare. Buri nzira muri zo yahawe izina riyiranga ku buryo umuntu abaye ari mu Gice cya Kane ashobora kubwira uri mu cya Gatatu agace arimo, bikamworohera kumugeramo.
Buri yose yubakishijwe amakoro yo mu Birunga, ndetse mu Gice cya Gatatu zikikijwe n’imigano yavanywe mu Bushinwa, itanga amahuhwezi.
Ibi bice byose kandi bifite ibiyaga bihangano [biri ku buso bwa metero kare ziri hagati ya 4393 na 5892], abantu bashobora kuruhukira impande zabyo kuko hatewe udutebe dutuma ababishaka bicara bakarambya, bareba inyoni zitambuka hafi aho cyangwa se baroba kuko hari ibifite amafi.
Ni nako bimeze ku kubona aho kuruhukira, kuko hagenwe intebe ku buryo unaniwe ashobora kwicara, akaba yanaganira n’uwo bari kumwe, nta nkomyi.
IGIHE yamenye ko hatekerejwe ko abahasuye bashobora kuzashyirirwaho uburyo bwo kuzajya baroba amafi mu buryo bwo kwishimisha.
– Ibidukikije bibungabunzwe neza, inyungu ku bukerarugendo
Uyu mushinga witezweho kuba icyitegererezo mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima birimo ibimera n’inyamaswa ariko bikanaharura inzira yo kwinjiza amadevise avuye mu bukerarugendo.
Muri Pariki ya Nyandungu hari Agace kahariwe Ubusitani bwa Papa [Pope’s Garden]. Hagaragaza ahantu Papa Yohani Pawulo II yasomeye Misa ku wa 9 Nzeri 1990, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda.
Aha hantu hitezweho kuzajya hakorerwa ingendo nyobokamana, abayoboke ba Kiliziya Gatolika bakaba bahasura bakamenya ayo mateka y’ibyahabereye.
Muri aka gace kandi Kiliziya yatangaje ko iteganya kuzahashyira ‘Chapelle’, ku buryo abahasura bajya bahasengera.
Ahari ubu busitani ni munsi neza n’ahari ikimenyetso cy’ishusho ya Papa ubwo yari mu Rwanda ku wa 7-9 Nzeri 1990. Amakuru avuga ko ari ho yambariye mbere yo gusoma misa.
Abasuye iyi pariki kandi bazashobora kubona serivisi zitandukanye nk’ibyo gufungura kuko hari restaurant, izajya ifasha abantu bahatembereye kuticwa n’inyota n’inzara.
– Umusanzu ku bushakashatsi ku bimera
Imwe mu nyungu yitezwe kuri Pariki ya Nyandungu ni ukorohereza abakora ubushakashatsi kubona amakuru y’ibanze ajyanye n’imiti gakondo yakoreshwaga hambere.
Muri Nyandungu habarurwa ubwoko bw’ibiti birenga 60 bya Kinyarwanda (indigenous trees) bishobora gukorerwaho ubushakashatsi cyangwa kubireba.
Ibi byiyongeraho ibiti by’imiti gakondo biri ahiswe ‘Medicinal Garden’, ni ukuvuga ‘Ubusitani bw’Imiti gakondo’.
Aha habarizwamo amoko 50 yabyo; arimo “Umurinzi”, “Umuko”, “Umunzenze”, “Umukuzanyana”, “Igikakarubamba”, “Umuhe”, “Umusasa”, “Intobo”, “Umuraganyina”, “Umutarishonga”, “Umukorokombe” n’indi.
Byashyizwemo hagamijwe kwigisha no kuba byakwifashishwa mu nganda zikora imiti.
Muri iyi Pariki harimo ubwoko burenga ibihumbi 18 bw’ibiti bitandukanye.
– Ibikoresho byose byifashishijwe bibungabunga ibidukikije
Uhereye ku marembo ukagera aho usohokera, ibikoresho byakoreshejwe hubakwa iyi pariki biri mu mujyo w’ibibungabunga ibidukikije.
Inyubako zikirimo nk’izibikwamo ibikoresho, restaurants n’ahandi hubatswe hifashishijwe uburyo bubungabunga ibidukikije.
Inzira zose zinyura muri iyi pariki zubakishije amakoro, ashobora guhangana n’imiterere y’ahantu hari amazi.
Uruzitiro rwayo mu kurwubaka habanje kwifashishwa ibiti bisanzwe, ibyitwa ‘living fence’ mbere y’uko hubakwa urugezweho.
Uru ruzitiro ruzubakwa hifashishijwe senyenge zatumijwe muri Afurika y’Epfo, zikoze mu buryo bubungabunga ibidukikije. Rwiyemezamirimo uzarwubaka yaraganirijwe ndetse nta gihindutse, rwasozwa mu Ukwakira 2022.
Ruzashyirwa ahantu hareshya n’ibilometero 7.28 aho ruzatwara agera kuri miliyari 1 Frw. Ruzaba rufite uburebure bwa metero 2,5 ndetse ruzazitira ibice birimo icya Gatatu, Kane na Gatanu.
Ku muriro, hashyizweho imirasire y’izuba ituma Pariki ya Nyandungu icanirwa mu ijoro.
Muri Pariki ya Nyandungu kandi hashyizwemo camera zifasha mu kubungabunga umutekano w’abayisura n’ibikorerwamo. Ziyongera ku basekirite 50 bawucunga ijoro n’amanywa.
Kugeza ubu Pariki ya Nyandungu ibarurwamo amoko 102 y’inyoni zirimo imisambi, inyange n’izindi. Hari inyamaswa zatangiye kuyigaragaramo zirimo akanyamasyo n’ifumberi.
Biteganyijwe ko ibikorwa bya Pariki bizegurirwa uwikorera wigenga akaba ari na we uzagena igiciro cyo kwinjira.
Amakuru ataremezwa IGIHE ifite ni uko nibura Umunyarwanda ushaka kuyisura azajya yishyura 1000 Frw cy’umusanzu wo kubungabunga ibikorwa byayo, umunyamahanga uba mu gihugu akishyura 5$ mu gihe uvuye hanze ari 10$.
Umushinga wo gusazura Igishanga cya Nyandungu wari wateganyirijwe kuzuzura utwaye miliyari 5.2 Frw. Witezweho kwinjiza miliyari 1 Frw mu myaka 12.
Amarembo aguha ikaze...


Igice cya Mbere n’icya Kabiri ni igishanga



Igice cya Gatatu kirasurwa



Ubusitani bwa Papa buracyatunganywa









Iki gice gifite n’ibiyaga karemano
Hari icyiswe Kivu, mu gushushanya Ikiyaga cya Kivu











Na Muhazi irahari



Hafi y’ibyo biyaga hari restaurant










Abafite imodoka na bo ntibarengejwe ingohe, imodoka 250 zishobora kuhaparika





Amatara akoresha imbaraga z’imirasire y’izuba





Igice cya Kane na cyo ni kinini






Ni cyo gifite ’Ubusitani bw’Imiti Gakondo’

















Igice cya Gatanu ni cyo kinini kurusha ibindi













Amazi yavuye kuri La Palisse ari ibirohwa, agera kuri 15 yabaye urubogobogo





Amafoto: Nezerwa Salomon
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!