00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasura Pariki z’igihugu bikubye inshuro eshatu mu myaka itatu

Yanditswe na Uwimana Abraham
Kuya 4 January 2025 saa 03:26
Yasuwe :

Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare, NISR, cyagaragaje ko abantu basura pariki z’igihugu bavuye kuri 36.019 mu 2020 bagera ku bantu 135.869 mu 2023, bivuze ko bikubye inshuro 3.7.

Ibyo byatangarijwe muri raporo ngarukamwaka y’ibarurishamibare mu Rwanda, Rwanda Statistical Year Book, iherekeza umwaka wa 2024.

NISR yagaragaje ko mu bantu 36.019 basuye pariki z’igihugu mu 2020, abagera kuri 10.853 bangana na 30% basuye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga 19.761 bangana na 55% basuye Pariki y’Igihugu y’Akagera, mu gihe 5.405 bangana na 15% basuye Pariki y’Igihugu ya Nyungwe.

Abasuye Pariki z’igihugu baragabanyutse cyane mu 2020 kuko bageze ku 36.019 bavuye kuri 111.136 mu mwaka wabanje wa 2019, ibi bikaba byaratewe na Coronavirus yahagaritse ibikorwa byinshi birimo n’iby’ubukerarugendo mu gihe kirekire.

Mu 2021, mu muhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 24, Perezida Kagame yakomoje ku ngaruka z’icyorezo cya Covid-19, avuga ko nubwo cyagabanyije umubare w’abakerarugendo basura u Rwanda, Leta yakomeje gushyira imbaraga mu bikorwa byo kurengera ibidukikije.

Yagize ati “Kubera icyorezo, umubare w’abasura pariki waragabanutse, ariko ibikorwa byo kurengera ibidukikije byarakomeje, birimo n’ibikorwa byo gukomeza gukoresha igice cy’amafaranga aturuka mu bukerarugendo, mu kugira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga igirira akamaro abaturage baturiye pariki.”

Yongeyeho ko “Uko abakerarugendo bakomeza kuza mu Rwanda, bazakomeza kugirira ibihe byiza mu Rwanda, bihuye n’ibyifuzo byabo. Leta y’u Rwanda izakomeza gushora mu bikorwa byo kwakira abashyitsi, mu rwego rwo guteza imbere ubukungu bwacu”

Abasuye Pariki z’igihugu mu 2021 bageze kuri 45.305, mu 2022 kuri 107.976, naho mu 2023 bageze kuri 135.869, aho 35% muri bo ari abasuye Pariki y’Ibirunga, 47% basuye Pariki y’Akagera, mu gihe abagera kuri 18% ari abasuye Pariki ya Nyungwe.

NISR kandi yagaragaje ko mu bantu 135.869 basuye Pariki zitandukanye mu 2023, abangana na 29%, ni ukuvuga 38.822 ari Abanyarwanda, 8.712 bangana na 6% ni abanyamahanga batuye mu Rwanda, mu gihe abanyamahanga baturuka hanze y’igihugu bihariye 65% ni ukuvuga abagera kuri 88.335.

Raporo ya NISR y’igihembwe cya kane cya 2023, igaragaza ko amafaranga abanyamahanga basura u Rwanda bakoresha mu bikorwa byo kubaho no kugura serivisi zitandukanye igihe bakiri mu gihugu yikubye hafi kabiri mu myaka 10 ishize, ava kuri miliyoni 338.1$ mu 2015, agera kuri 458$ mu 2019, mu 2023 agera kuri 563.9$.

Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bantu banyuze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, imipaka ya Rusumo, Kagitumba, Gatuna, Cyanika, Rusizi I, Rusizi II, Akanyaru Haut, Nemba, Corniche na Poids Lourds mu 2023 bwagaragaje ko abanyamahanga binjiye mu Rwanda mu 2023 bakoresheje miliyoni 563.9$ ni ukuvuga arenga miliyari 753.8 Frw mu byerekeye imibereho yabo na serivisi zitandukanye baguze.

Ni imibare igaragaza ko amafaranga agera kuri 24% yavuye mu bagenzwaga n’ubucuruzi, 42% bari bagiye mu biruhuko, na ho abari basuye inshuti n’abavandimwe bagize uruhare rwa 23%.

Muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu igamije kwihutisha iterambere Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi kuri uyu wa 9 Nzeri 2024, yagaragaje ko umusaruro w’urwego rw’ubukerarugendo uzikuba hafi kabiri mu 2029.

Ati “Mu rwego rwo guteza imbere ubukerarugendo, intego nkuru ni ukuzamura umusaruro ukomoka ku bukerarugendo ukava kuri miliyoni 620$ ukagera kuri miliyari 1.1$”

Imibare igaragaza ko abantu barenga miliyoni 1.4 basuye u Rwanda mu 2023, bikaba biteganyijwe ko bazikuba kabiri mu 2029, bikanajyanishwa no kongera ibyerekezo sosiyete itwara abantu n’ibintu mu kirere ya RwandAir.

Benshi muri ba mukerarugendo basura u Rwanda, ntibataha badasuye Ingagi zo muri Pariki y'Igihugu y'Ibirunga, zisigaye hake ku Isi.
Mu bantu 135.869 basuye pariki z'igihugu mu 2023, abagera kuri 18% basuye Pariki y'Igihugu ya Nyungwe
Pariki y'Igihugu y'Akagera ni yo isurwa na bamukerarugendo benshi
Abasura pariki z'igihugu bikubye inshuro eshatu mu myaka itatu kugeza mu 2023
Ingwe zo muri Pariki y'Akagera zikurura ba mukerarugendo baturutse hirya no hino ku Isi
Inkende ziboneka hafi y'inyubako zicumbikamo ba mukerarugendo muri Pariki y'Akagera
Inkura ni zimwe mu nyamaswa zari zarazimiye muri Pariki y'Akagera ariko zongeye kugarurwamo mu 2017
Intare na zo ni inyamaswa zari zaracitse gusa kuva zagarurwa mu Rwanda mu 2015 zarorotse
Intare ni imwe mu nyamaswa ikundwa na benshi basura Pariki y'Akagera
Inyoni ya Black headed Gonolek iri mu biguruka biba mu Akagera
Inzovu ni imwe mu nyamaswa zikundwa n'abasura Pariki y'Akagera
Inzovu ni inyamaswa zirya ibyatsi ndetse zikunda kuba ku mazi
Inzovu zifite ubushobozi buhambaye bwo kuzirikana ibyo zabonye
Isatura abarinda pariki bemeza ko ihubuka cyane. Igaragara nk'inyamahane
Isatura iri mu bwoko bw'inyamaswa abatemberera muri Pariki y'Akagera bashobora gusura
Isha na zo ni inyamaswa ziboneka muri iyi pariki ku bwinshi
Iyi nyamaswa imeze nk'ihene y'ishyamba ikunda kwibasirwa n'iz'inkazi zitungwa n'inyama
Lizzard Bizzard ni igisiga cyiza kiba kiri mu biti by'Akagera
Pariki y'Akagera ibamo ibiyaga byinshi birimo na Ihema
Pariki y'Akagera irimo imihanda ireshya n'ibilometero 250 ifasha ba mukeruragendo kureba neza inyamaswa
Pariki y'Akagera igizwe n'imirambi ku buryo uyirimo abasha kureba ahantu kure
Twiga ikunda kurisha ubwatsi bwo hejuru kubera uburebure bwayo
Aho bicara bari kuruhuka baba bitegeye amazi n'inyamaswa zikunda kubarizwamo
Biba ari byiza kubona ikivunge cy'imbogo ziruka. Ni ishusho ishobora kuba imbonekarimwe mu maso ya mukerarugendo
Bivugwa ko muri iyi pariki hari inkorongo zitageze no mu ijana bituma iboneka gake cyane
Pariki y'Akagera irimo ubwoko bw'inyoni bugera kuri 490
Igitera cyicaye kiri kuruhuka
Iki gisiga kizwi ku izina rya Murobyi nacyo ugisanga muri iyi pariki
Imbogo ni inyamaswa zizwiho kugira amahane cyane
Imparage ni inyamaswa iryoheye ijisho
Imparage zizwiho kugira amabara ateye amabengeza zikunda kugenda ziri hamwe
Imvubu nubwo zikunda kwibera mu mazi hari ubwo ziza kurisha ku gasozi
Habamo ubwoko bw'inyoni butandukanye
Pariki y'Akagera ibarizwamo amoko atandukanye y'inyamaswa zikurura ba mukerarugendo
Hashize imyaka 87 Pariki y’Akagera ishinzwe n’Ababiligi bakoronizaga u Rwanda
Pariki ya Nyungwe ikunze kurangwa n'amahumbezi n'umwuka uyunguruye uboneka hake
Parike ya Nyungwe yabaye ahantu heze habereye imikino yitabirwa n'abaturutse imihanda y'Isi
Muri Parike ya Nyungwe hashyizweho uburyo butandukanye bufasha ba mukerarugendo kuyisura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .