00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya kuri The Pinnacle Kigali, hoteli iherutse kwakira Perezida Kagame

Yanditswe na Iradukunda Serge, Mugisha Christian, Zigiranyirazo Bajecteur
Kuya 6 April 2025 saa 07:11
Yasuwe :

Mu minsi ishize Perezida Paul Kagame yakiriye ku meza abaminisitiri b’ubuzima bo muri Afurika bitabiriye umuhango wo gutangiza ikigo cy’u Rwanda cyifashisha ubwenge buhangano [AI] mu gukusanya no kubika amakuru yerekeye ubuzima.

Uyu musangiro wari wateguwe na Visi Perezida w’Umuryango Susan Thompson Buffett Foundation ushinzwe ibikorwa mpuzamahanga, Prof. Senait Fisseha. Witabiriwe n’abandi barimo abafatanyabikorwa mu by’ubuzima bo mu karere na Afurika.

Nyuma y’uyu musangiro, abantu bacitse ururondogoro ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangazwa n’ubwiza bw’aho uyu musangiro wabereye, bibaza aho ari ho.

Uyu musangiro wabereye kuri hoteli yitwa The Pinnacle Kigali, iherereye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kigarama, Akagari ka Nyarurama, ahazwi nko ku i Rebero. Yafunguwe ku mugaragaro muri Werurwe 2025.

Mu myaka itanu ishize, ubwo Isi n’abayituye bari bugarijwe na Covid 19, hashibutse igitekerezo cyo kubaka inzu nini yahuriza hamwe umuryango mugari.

Igitekerezo cyaje kwaguka, ibyari ukubakira umuryango bihinduka kubakira wowe nanjye n’undi wese ukeneye kuruhuka. Izari inzozi zaje kuba impamo, imiryango iraguka ikingurirwa buri umwe, inyubako yagombaga kuba iy’umuryango ihinduka hoteli, kuri ubu iri kwakira abakomeye.

The Pinnacle Kigali ni inyubako ifite ubwiza bugaragarira buri wese. Yubatse ku musozi aho uba witaruye ibice byinshi by’Umujyi wa Kigali, ku butaka bwa hegitari 3,2, ikaba ifite amagorofa atatu ayiha ubuso bungana na metero kare 8,500.

Iyi hoteli ifite ibyumba icyenda binini bishobora kwakira abantu 18, buri cyumba kikagira umwihariko ugitandukanya n’ikindi. Biri ku magorofa abiri, aho ku igorofa rya mbere hari ibyumba bine mu gihe hejuru yaryo hari ibindi byumba bitanu.

Buri cyumba kiba gifite igitanda kinini ‘King-sized’ ariko gishobora no guhindurwa, hagashyirwamo bibiri bitandukanye ‘Twin-sized’.

Ukeneye gutembera Isi utavuye aho uri? Muri The Pinnacle Kigali haboneka indyo z’ubwoko butandukanye kuva ku izwi nka Teppanyaki yo mu Buyapani, indyo ziboneka mu bihugu bikikije Inyanja ya Méditerranée, indyo gakondo za Afurika na Aziya, pizza zikorerwa mu ifuru y’ibumba n’indyo z’i Burayi.

Ibijyanye n’ibyo kunywa haboneka vino zikunzwe cyane zengerwa muri Afurika y’Epfo, iz’i Burayi, Amerika y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo, izo mu bihugu byo muri Océanie n’ahandi.

Muri The Pinnacle Kigali ushobora gufatira amafunguro n’icyo kunywa mo imbere ndetse no hanze nko ku mpande za piscine cyangwa ku gasongero kayo aho uba witegeye ubwiza butatse Kicukiro na Kigali muri rusange.

The Pinnacle Kigali ifite kandi umwanya wahariwe kwakira inama no gukoreramo akazi gasanzwe. Uyu mwanya ugizwe n’icyumba kinini cyitwa Umurage gishobora kwakira abantu 16 icyarimwe, n’ibindi bibiri bya Inyenyeri na Amahoro byakira abantu umunani buri kimwe.

Ibirori n’imyidagaduro byahawe umwihariko...

The Pinnacle Kigali ifite umwanya uhagije wahariwe ibikorwa bitandukanye birimo n’imikino. Aha wavuga nk’umukino wa billiard, uwa bowling, uwa foosball n’iyindi. Uyu mwanya w’imikino witwa Izuba.

Hari kandi umwanya wahariwe ibikorwa by’imyidagaduro, nk’akabari gashobora kwifashishwa mu birori bitandukanye wakira abantu 100 na théâtre yitwa Inseko ireberwamo filimi yubakanye ikoranabuhanga rya ‘Dolby Atmos’ rituma abarimo bumva amajwi mu buryo budasanzwe.

Hari kandi ibyumba by’uruganiriro byitwa Akili na Rebero, ushobora guhuriramo n’inshuti cyangwa umuryango mugasoma ibitabo, imikino itandukanye nk’amakarita n’ibindi.

Hari kandi n’undi mwanya wahariwe ibirori uri hejuru y’inyubako, akaba ari na ho amwe mu mafoto y’abari bitabiriye wa musangiro w’abaminisitiri b’ubuzima bo muri Afurika yafatiwe.

Ntiwavuga ibyiza bitatse The Pinnacle Kigali, ngo wibagirwe umwanya wahariwe ibikorwa byo kwita ku mubiri nka sauna na massage, icyumba cyahariwe kwita ku bwiza ‘Salon Haven’.

Hari kandi Gym ikorerwamo imyitozo ngororamubiri. Hari kandi imikino ikinirwa hanze nko koga, basketball ndetse na paddle tennis.

Kurengera ibindukikije muri iyi hoteli babigize intego, aho nk’imodoka zikoreshwa mu gutwara abantu ari iz’amashanyarazi ndetse hakanakoreshwa uburyo bugezweho bwo gucunga amazi n’imyanda hagamijwe gukoresha ingufu neza.

Imodoka zirimo izo mu bwoko bwa Leap Motors C10 na Alwan’s 202 ROX Premium SUV ni zo zikoreshwa muri The Pinnacle Kigali.

Ku bijyanye no kwishyura, muri iyi hoteli hashyizweho uburyo bwo kwishyura budakoresha amafaranga mu ntoki cyangwa impapuro, kugira ngo hakomeze kubahirizwa amahame yo kurengera ibidukikije.

Uhereye igihe umukiliya yinjiye muri hoteli kugeza kuri serivisi zose ahabonera, byose bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Amakuru ajyanye no kwishyura atangwa binyuze mu buryo bwizewe hifashishijwe amakarita y’ikoranabuhanga nka Apple Pay n’izindi porogaramu za telefoni zabugenewe.

Amafoto agaragaza ubwiza bwa The Pinnacle Kigali

Ni hoteli iri mu byahinduye isura y'umusozi wa Rebero uzwiho umwihariko w'inyubako zihagazeho mu mujyi wa Kigali
The Pinnacle Kigali ifite ubwiza bw'urukererezabagenzi
Iyi hoteli yafunguwe ku mugaragaro mu kwezi gushize kwa Werurwe 2025.
Yubatse kuri hegitari 3,2, ikaba ifite amagorofa atatu ayiha ubuso bungana na metero kare 8.500.
The Pinnacle Kigali ni imwe muri hoteli z'ubwiza bwihariye mu Rwanda
Umujyi wa Kigali ukomeje kunguka hoteli z'ubwiza buhebuje
Iyi hoteli iherereye ku musozi wa Rebero aho uyirimo aba yitegeye byinshi mu bice by'Umujyi wa Kigali
Ni ho Perezida Paul Kagame aherutse kwakirira ku meza abaminisitiri b’ubuzima bo muri Afurika
Abitabiriye babashije gusabana na Perezida Paul Kagame
Ibyishimo byari byose ku bitabiriye uyu musangiro bagize amahirwe yo kwiganirira na Perezida Kagame
Iyi hoteli iherereye ku musozi wa Rebero aho uyirimo aba yitegeye byinshi mu bice by'Umujyi wa Kigali
Aba baminisitiri bari bitabiriye umuhango wo gutangiza ikigo cy’u Rwanda cyifashisha ubwenge buhangano [AI] mu gukusanya no kubika amakuru yerekeye ubuzima.
Uyu musangiro wari witabiriwe n’abandi barimo abafatanyabikorwa mu by’ubuzima bo mu karere na Afurika.
Akanyamuneza kari kose ku bari bitabiriye uyu musangiro
Yujuje ibisabwa byose ngo ibashe kwakira abanyacyubahiro batandukanye
Uwagize amahirwe yo kuhakirirwa ntatana no gufata ifoto y'urwibutso
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera na we ari mu bari bitabiriye uyu musangiro ndetse na we ari mu batahanye ifoto y'urwibutso
Uri ku musozi wubatseho iyi hoteli aba yirebera ubwiza bw'Umujyi wa Kigali
Uwatembere The Pinnacle Kigali ni gutya aba abona umujyi mu masaha y'ijoro
Hagaragara mu buryo burangaza benshi kubera ubwiza bwaho
The Pinnacle Kigali ifite Piscine yisanzuye ku bifuza gukora siporo yo koga
Abifuza gukoresha Piscine na bo bashyizwe igorora
Ni amahitamo meza ku munyarwanda wifuza gutemberera aheza bitamusabye kwambuka inyanja
Abahatembereye babona ibyo kunywa bijyanye n'ibyifuzo byabo
Ntushobora kwicwa n'inzara cyangwa inyota wabashije kugera muri The Pinnacle Kigali
Ni imwe muri hotel z'akataraboneka zimaze kubakwa i Kigali
Iterambere mu by'amahoteli n'ubukerarugendo riri kwihuta ku muvuduko udasanzwe mu Rwanda
Aho umuntu yicaye hose muri iyi nyubako atangazwa n'ubwiza budasanzwe ahabona
Haboneka amafunguro yo ku migabane yose y'isi
Ikoranabuhanga ni umwe mu mwihariko w'iyi hoteli
Ntibigisaba gufata rutemikirere uva mu Rwanda kugira ngo ubashe kwibonera ahantu heza ho gusohokera kuko hegerejwe abaturarwanda
Hari ubwoko butandukanye bw'ibyo kunywa
Hateguwe mu buryo bugendanye n'igihe
Amahitamo y'umuntu ni yo ahabwa agaciro muri The Pinnacle Kigali
Hari ibiti bifasha uwahatembereye kugerwaho n'akayaga gahehereye
Hari ibijyanye n’ibyo kunywa nka vino zikunzwe cyane zengerwa muri Afurika y’Epfo, iz’i Burayi, Amerika y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo, izo mu bihugu byo muri Océanie n’ahandi
Icyorezo cy'icyaka ntikirangwa muri iyi hoteli kuko kiba cyavugutiwe umuti rugikubita
Ntushobora kwicuza icyemezo cyo gusohokera aha hantu ahubwo wicuza impamvu wari waratinze
Iyo wicaye ku gice cyo hejuru uba wumva amahumbezi unihera ijisho byinshi mu bice bya Kigali no hanze yayo
Uko rooftop ya The Pinnacle Kigali igaragara
Bafite igikoni cyihagije ku ndyo zitandukanye zaba iza kinyafurika cyangwa iza kizungu
Ureba ibyiza bihari ukumva amagambo ashize ivuga
Hari 'View' yihariye ku baba bahasohokeye
Hari ahantu ho kuruhukira hafasha uharyamye kuruhuka neza
Bafite ibyumba byisanzuye kandi byuje isuku ihebuje
Iyi hoteli ijyanye n'icyerekezo cy'igihugu mu kurengera ibidukikije no kubungabunga ikirere
Imiterere yaho igera ku nyota y'uwahasuye akumva aranyuzwe
Hari n'indabyo zizana impumuro nziza ku baba batembereye muri The Pinnacle Kigali
Ibyumba bifite ibitanda binini bizwi nka ‘King-sized’
Kimwe mu byumba bigize iyi hoteli
Buri kintu cyose cyashyizwe muri iyi nyubako gitera ukibonye kugitekerezaho kuko byaritondewe kandi bitoranywa n'abahanga
Ukihagera utangira kwibwira uti uwapfuye koko yarihuse atabonye u Rwanda rurabagirana
Hari ibitanda uryamaho ugasinzira wiziguye
Isuku ni kimwe mu birango bya The Pinnacle Kigali
Ibyashakirwaga hakurya y'imbibi z'igihugu bisigaye byaregerejwe Abanyarwanda n'abarugana
Ibyumba byaho bifite ubwiza bwihariye
Akayaga n'amahumbezi byo hanze bibasha kwinjira mu nyubako nta nkomyi
Buri cyumba kiba gifite umwihariko ugitandukanya n’ikindi
Iyi hoteli ifite ibyumba icyenda binini bishobora kwakira abantu 18
Ni iwabo w'abasirimu
Uwahatembereye wese atahana umuhigo wo kuzagaruka
Uwaharaye ataha ahirahira kubera ukuntu avimvira ijoro ryose aguwe neza
Uwicayemo hano akurikirana filimi nk'uri ku yireba ikinwa mu buryo bw'imbonankubone
Ahareberwa filimi hubakanye ikoranabuhanga rya ‘Dolby Atmos’ rituma abarimo bumva amajwi mu buryo budasanzwe
Iki cyumba kireberwamo filimi gishobora kwakira abantu batandukanye bifuza kureba bicaye neza
Abakunzi ba sinema bateganyirijwe icyumba cyihariye kijyanye n'igihe
Bafite ibitabo bitandukanye byo gusoma
Nta kintu giciriritse wapfa kubona muri iyi hoteli
Abihebeye gusoma nta kibazo bagirira aha hantu
Abakunda gukina umukino wa Chess na bo ntibibagiranye
Hari ushobora kwibwira ko ari mu mahanga ya kure nyamara ari mu rw'Imisozi 1000
Ibyerekeranye n'ibikorwa byo kwidagadura byitaweho mu buryo bwihariye
Abakunzi b'umukino wa Bowling ntibashobora kwicirwa n'irungu muri The Pinnacle Kigali
Billiards na wo ni umwe mu mikino abasohokeye muri The Pinnacle Kigali bashobora kuba bakina
Abakunzi b'imikino n'imyidagaduro batekerejweho mu buryo bwihariye
Aha ni igice cyahariwe abakunda gukina Bowling
Hateguwe ku buryo bugezweho bufasha uwahatembereye kubona byose bijyanye n'ibyo yifuza
Ibikoresho byifashishwa mu gukina umukino wa Bowling
Abifuza gukina Bowling na bo batekerejweho
Habereye ijisho
Iyo wahatembereye utahana inkuru yo kubara
Iyi hoteli yashibutse mu gitekerezo cyo kubaka inzu nini yahuriza hamwe umuryango mugari
Ni amahitamo ku bantu bakunda kuva mu rugo bagafata umwanya wo gusohokera ahantu heza kandi hagezweho
Abifuza kuganira bateganyirijwe ibyicaro biteye amabengeza
Batanga serivisi zitandukanye zose zihuriye ku kugusha neza uwagiye abagana
Abakunzi b'imikino y'amaboko bashyizwe igorora muri The Pinnacle Kigali
Abahatembereye babona ibyo kunywa bijyanye n'ibyifuzo byabo
Ibikorwa remezo bya siporo na byo birahari
Ibikoresho byo kwifashisha mu mikino n'imyidagaduro byarateganyijwe
Abakunda ibijyanye no guterura na bo ntibarengejwe ingohe
Ibikoresho byifashishwa muri GYM ni munange
Hari ibyo ushobora gukenera byose mu gihe uri muri hoteli nziza
Bafite imodoka ziyubashye zitwara ababagana by'umwihariko izo mu bwoko bwa Leap Motors C10 na Alwan’s 202 ROX Premium SUV

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .