00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

#Qatar2022: Ririmo ibihugu birebana ay’ingwe; ibyo wamenya ku Itsinda B mu Gikombe cy’Isi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 14 November 2022 saa 09:13
Yasuwe :

Ruhago si intambara! Iyi mvugo izashimangirwa neza ku wa 29 Ugushyingo 2022, ubwo Amerika izaba icakirana na Iran mu mukino w’Itsinda B mu Gikombe cy’Isi cyo muri Qatar.

Amerika na Iran ni ibihugu birebana ay’ingwe ahanini bishingiye ku mubano wabyo wagiyemo kidobya kuva mu myaka yo hambere.

Iki gihugu cy’igihangange ku Isi cyageze aho gifatira ibihano Iran kubera kugishinja gucura intwaro za kirimbuzi. Mu 2006 ni bwo Iran yashyiriweho ibihano kubera gutunganya ubutare buvamo ibisasu.

Nyuma y’imyaka 10, iki gihugu cyakuriweho ibihano byari byarashyizweho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, na Loni.

Mu 2016, EU yakuyeho ibihano bikumira Iran mu by’Ubucuruzi, kunyuza ibicuruzwa mu Nyanja n’ubwishingizi n’aho Amerika ikuraho by’agateganyo ibihano byayitandukanyaga n’Isi mu by’amabanki.

Amerika ishinja Iran n’ingabo ishyigikiye kugaba ibitero mu Burasirazuba bwo Hagati, birimo n’icyagabwe ku ngabo z’iki gihugu ziri muri Iraq na Syria.

Mu 2020, ibihugu byombi byarebanye nabi ndetse hikangwa intambara nyuma y’uko Amerika yishe Gen Qasem Soleimani, wayoboraga Umutwe udasanzwe w’Ingabo zirinda Abategetsi bakomeye muri Iran, na yo ikarasa ibisasu bya missiles ku ngabo zayo muri Iraq.

Nyuma y’imyaka 40 y’umubano wo kwishishanya, Amerika na Iran bigiye guhurira mu kibuga mu Gikombe cy’Isi. Ibi bihugu biri mu Itsinda B hamwe na Wales n’u Bwongereza.

Ibi bituma iri tsinda riba rimwe mu akomeye ahanini bishingiye ku kuba hari abarihuza na politiki nubwo aha ibihugu biririmo bizatandukanywa n’umusaruro wo mu kibuga.

Umukino uheruka guhuza Amerika na Iran wabaye mu Gikombe cy’Isi cyabereye mu Bufaransa mu 1998, icyo gihe Amerika yatsinzwe ibitego 2-1.

Usibye uyu mukino, undi ukomeye ni uzahuza u Bwongereza na Wales, ibihugu byose biri mu Bwami bw’u Bwongereza.

Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku bihugu biri muri Itsinda B, bamwe bavuga ko ari iry’urupfu kubera imiterere yaryo; rizatangira imikino yaryo ku wa 21 Ugushyingo 2022.

  U Bwongereza

U Bwongereza bwabonye itike yo kujya muri Qatar bumaze gukina imikino 10, bwatsinzemo umunani, bunganya ibiri.

Ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA, u Bwongereza buri ku mwanya wa gatanu. Umwiza rwagize ni mu 2012 na 2021, aho rwari ku wa gatatu.

Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza ‘Three Lions’ ifite amateka kuko mu mikino mpuzamahanga kuko yabonyemo intsinzi ikomeye inyagiye Ireland ibitego 13-0 mu 1882. Ibitego byinshi bwatsinzwe ni 7-1 bukina na Hongrie mu 1954.

U Bwongereza bugiye kwitabira Igikombe cy’Isi ku nshuro ya 16, iya mbere bwakigiyemo hari mu 1950. Bwacyegukanye mu 1966.

‘Three Lions’ itozwa na Gareth Southgate mu gihe Kapiteni wayo ari Harry Kane. Mu bakinnyi bashobora kubufasha kwitwara neza harimo Bukayo Saka, Calvin Phillips na Marcus Rashford.

Wayne Rooney wahagarite gukina ruhago ni we wayitsindiye ibitego byinshi bigera kuri 53, naho Peter Sheraton ni we wahamagawe muri iyi kipe inshuro nyinshi.

  Iran

Ikipe y’Igihugu ya Iran yitwa ‘Team Melli’; iri ku mwanya wa 20 ku rutonde Ngarukakwezi rwa FIFA.

Iran kuva yatangira kwitabira imikino mpuzamahanga mu 1941, intsinzi ikomeye yagize mu mateka yayo ni iy’ibitego 19-0, yatsinze Guam mu 2000. Ibitego byinshi iyi kipe yatsinzwe ni bitandatu ku busa, ubwo yakinaga na Turikiya.

Iki gihugu kigiye gukina Igikombe cy’Isi ku nshuro ya gatandatu mu mateka yacyo, kuva mu 1978.

Kuva yatangira kwitabira iri rushanwa nta nshuro n’imwe irarenga amatsinda. Akazi ko kubikora gategerejwe ku mutoza Carlos Queiroz uyifite kuva muri Nzeri 2022, nubwo yari yarayitojeho kuva mu 2011 kugeza 2019.

Muri iki gikombe, Iran izagendera ku bakinnyi nka Sardar Azmoun ukinira Bayer Leverkusen, Mehdi Taremi wa FC Porto na Saman Ghoddos wa Brentford. Undi mukinnyi uyu mutoza yari kwifashisha ni Allahyar Sayyadmanesh wa Hull City wagize ikibazo cy’imvune.

Mu nzira yo gushaka itike y’iki gikombe, Iran yakinnye imikino 10, itsindamo umunani, inganyamo umwe ndetse inatsindwa umwe.

Kapiteni wa Iran uzaba ayoboye abandi ni Ehsan Hajsafi. Umukinnyi umaze guhamagarwa inshuro nyinshi muri iki gihugu ni Javad Nekounam ukinira Osasuna n’aho umukinnyi umaze kuyitsindira ibitego byinshi ni Ali Daei.

Iran yokejwe igitutu n’imiryango n’ibihugu bitandukanye ndetse byageze aho isabirwa kuvanwa mu irushanwa ishinjwa kutubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

  Amerika

Ikipe ya Amerika yitwa ‘The Yanks’, iri ku mwanya wa 16 ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA. Ntiyigeze ijya hejuru y’umwanya wa kane mu makipe y’ibihugu ku Isi, iherukaho mu 2006.

Iyi kipe kuva yatangira gukina imikino mpuzamahanga mu 1941, intsinzi ikomeye yagize mu mateka yayo ni ibitego 8-0, yatsinze Barbados mu 2008. Ibitego byinshi yatsinzwe ni 11, inyagiwe na Norvège.

Iki gikombe cy’Isi, Amerika igiye kugikina ku nshuro ya 11 mu mateka yayo, kuva mu 1930 rikiza bwa mbere ndetse icyo gihe yasoreje ku mwanya wa gatatu.

Akazi ko kurenga uyu mwanya gategerejwe ku mutoza Gregg Berhalter uyifite kuva mu Ukuboza 2018, uyu akaba yaranakiniye iyi kipe mu 1994 kugeza 2006.

Muri iki gikombe azagendera ku bakinnyi nka Christian Pulisic wa Chelsea FC, Giovanni Reyna wa Leeds United, Yunus Musah wa Valencia, Umunyezamu wa Arsenal FC, Matt Turner na Zack Steffen ukinira Middlesbrough.

Mu nzira yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022, Amerika yakinnye imikino 14, itsindamo irindwi, inganyamo ine ndetse inatsindwa itatu.

  Wales

Wales ni ikipe abakunzi bayo bakunze kwita ‘Dragons’ nk’uko biri mu kirango cyayo cy’ibendera ry’igihugu. Ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA iri ku mwanya wa 19.

Iyi kipe kuva yatangira gukina imikino mpuzamahanga mu 1941, intsinzi ikomeye yagize mu mateka yayo ni ibitego 11-0, yatsinze Ireland mu 1884. Ibitego byinshi yatsinzwe ni icyenda, ubwo yari yakinnye na Ecosse.

Wales igiye gukina Igikombe cy’Isi ku nshuro ya kabiri mu mateka yayo, iya mbere icyitabira hari mu 1958, yasoreje mu ¼ ari naho kure yageze.

Gareth Frank Bale ukina muri Los Angeles FC yo muri Major League Soccer muri Amerika, ni we umaze kuyitsindira ibitego byinshi bigera kuri 40.

Akazi ko kurenga uyu mwanya gategerejwe ku Mutoza Rob Page uyifite kuva mu 2021, uyu akaba yaranakiniye iyi kipe kuva akiri muto mu 1991-1999.

Azagendera ku bakinnyi nka Gareth Bale, Wayne Hennessey wa Nottingham Forest, Daniel James wa Fulham, Joe Rodon wa Rennes na Connor Roberts ukinira Burnley.

Mu nzira yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022, Wales yakinnye imikino 10, itsindamo itandatu, inganyamo itatu ndetse inatsindwa umwe.

Imikino izahuza amakipe yo mu Itsinda rya Kabiri izatangira tariki ya 21 Ugushyingo, u Bwongereza bukina na Iran, Amerika ihura na Wales.

Ku munsi ukurikira, tariki 25 Ugushyingo, Wales izakina na Iran, u Bwongereza bukine na Amerika mu gihe imikino ya nyuma izakinwa tariki 29 Ugushyingo 2022, Iran ikina na Amerika mu gihe Wales izahura n’u Bwongereza.

U Bwongereza na Wales ni byo bihabwa amahirwe yo gusohoka mu Itsinda rya Kabiri bigana mu mikino ya 1/8.

Reba agace gato k’umukino wahuje Iran na Amerika mu 1998


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages