Urutonde rw’abakinnyi ba Brésil ruriho babiri gusa bakina imbere mu gihugu, mu gihe abataha izamu bahamagawe bagera ku icyenda.
Uru rutonde rugitangazwa benshi batunguwe no kurubonaho Dani Alves, myugariro w’imyaka 39 ukinira Club Universidad Nacional, A.C., izwi nka UNAM yo muri Mexique.
Mu batarubonetseho harimo Rutahizamu wa Liverpool FC, Roberto Firmino na Philippe Coutinho Correia ukinira Aston Villa na yo yo mu Bwongereza.
Umutoza Adenor Leonardo Bacchi uzwi nka Tite yatangaje ko ubunararibonye bwa Dani Alves ari bwo bwatumye amuhamagara.
Yagize ati "Ubunararibonye ndetse n’ubuyobozi bwe biri mubyo twarebyeho, yego ntakiri Alves wiruka metero 70 ariko hari ibindi azadufasha."
Kuri rutahizamu wa Arsenal FC, Gabriel Martinelli, uri mu bahamagawe bwa nyuma, Tite yagize ati "Nkunda ihangana rye, ari kwitwara neza muri Arsenal FC. Ni mwiza cyane iyo asigaranye n’umunyezamu kandi arihuta."
Brésil izwi ku kazina ka "Seleção Canarinho" izakorera umwiherero w’iminsi itanu mu Butaliyani ku kibuga cya Juventus, mbere y’uko ku wa 19 Ugushyingo 2022 yerekeza i Doha muri Qatar.
Iki gihugu kiri mu itsinda rya karindwi hamwe na Serbia, Cameroun n’u Busuwisi. Umukino wacyo wa mbere kizawukina na Serbia, tariki 24 Ugushyingo 2022.
Brésil imaze kwegukana Igikombe cy’Isi inshuro eshanu [1958, 1962, 1970, 1994 na 2002] iri mu bihugu bihabwa amahirwe yo gutwara ikizabera muri Qatar mu mpera z’uyu mwaka.
Igikombe cy’Isi kigiye gukinwa ku nshuro ya 22, giteganyijwe kuba kuva ku wa 20 Ugushyingo kugeza ku wa 18 Ukuboza 2022. Amakipe y’ibihugu 32 ni yo azitabira iki gikombe kizakinwamo imikino 64, mu gihe cy’ukwezi.
Urutonde rw’abakinnyi 26 Brésil yahamagaye
Abanyezamu: Alisson (Liverpool), Ederson (Manchester City), Weverton (Palmeiras)
Myugariro: Bremer na Alex Sandro (Juventus), Eder Militao (Real Madrid), Marquinhos (Paris Saint Germain), Thiago Silva (Chelsea FC), Danilo (Juventus), Daniel Alves (Pumas), Alex Telles (Sevilla).
Abakina hagati: Bruno Guimaraes (Newcastle United), Casemiro na Fred (Manchester United), Everton Ribeiro (Flamengo), Fabinho (Liverpool), Lucas Paqueta (West Ham United).
Rutahizamu: Antony (Manchester United), Gabriel Jesus, Gabriel Martinelli (Arsenal), Neymar Jr (Paris Saint Germain), Pedro (Flamengo), Raphinha (Barcelona), Richarlison (Tottenham Hotspur), Rodrygo na Vinicius Jr ( Real Madrid).



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!