00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

#Qatar 2022: Cameroun yihagazeho imbere ya Serbie, itegereza umunsi wa nyuma

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 28 November 2022 saa 05:10
Yasuwe :

Ibifashijwemo na rutahizamu Vincent Aboubakar, Cameroun yanganyije na Serbie ibitego 3-3 mu mukino wayo wa Kabiri w’Igikombe cy’Isi wabereye kuri Al Janoub Stadium.

Uyu mukino wahuje ibi bihugu byo mu Itsinda G, wakinwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 28 Ugushyingo 2022. Warebwe n’abafana ibihumbi 39.789.

Umusifuzi Mohammed Abdulla Mohammed, akiwutangiza, amakipe yombi yatangiranye ishyaka shaka gutsinda hakiri kare. Abasore ba Cameroun bayobowe n’Umutoza Rigobert Song n’aba Dragan Stojković wa Serbie babanje gukanirana cyane.

Serbie yakinishaga cyane hagati hayo ni yo yisanze mu mukino mbere ya Cameroun yasaga n’aho yawutangiye ishaka kugarira cyane.

Iki gihugu ni cyo cyaremye uburyo bwa mbere bwabonetse muri uyu mukino, ni ku mupira Aleksandar Mitrović yateye amaze gucenga Nicolas N`Koulou, ariko ukubita igiti cy’izamu.

Mitrović yongeye guhusha ubundi buryo ku munota wa 16 kubera guhagarara nabi kwa ba myugariro ba Cameroun.

Iminota 30 ya mbere muri uyu mukino yayobowe na Serbie yashakaga igitego hakiri kare, kuko Cameroun yarimo yirwanaho.

Cameroun ibinyujije kuri Martin Hongla na André-Frank Zambo Anguissa, yakinaga imipira miremire. Ubu buryo bwavuyemo amahirwe akomeye yo kubona koruneri yavuye mu kutumvika k’umunyezamu Vanja Milinković-Savić na myugariro we Nikola Milenković bashwaniye umupira ukarinda urenga.

Iyi koruneri yatewe neza na Pierre Kunde ashyira umupira ku mutwe wa Eric Maxim Choupo-Moting na we awuhereza Jean-Charles Castelletto wahise anyeganyeza inshundura.

Iki ni na cyo gitego cya mbere uyu mukinnyi yatsindiye igihugu cye kuva yatangira guhamagarwa.

Ntabwo iki gitego cyabujije Serbie gukomeza gusatira izamu no kotsa igitutu abasore ba Cameroun.

Uku kugarira cyane kwaje kuvamo ikosa rihanwa na Dušan Tadić, ashyira umupira ku mutwe wa Strahinja Pavlović yishyura igitego ku munota wa 46, umukino umaze kongerwaho iminota itandatu mu gice cya mbere.

Byasabye iminota ibiri gusa kugira ngo Serbie isoze igice cya mbere iyoboye. Ni nyuma y’uko Andrija Živković yirukankanye umupira awuzamura mu rubuga rw’amahina Sergej Milinković-Savić ashyiramo igitego cya kabiri mu izamu ryarimo Devis Epassy.

Uburyo ibitego byose byagiyemo byagaragaje cyane icyuho cy’umunyezamu wa mbere wa Cameroun, André Onana, utakinishijwe kuri uyu mukino kubera imyitwarire mibi.

Mu gice cya kabiri, Cameroun yagarutse yahinduye uburyo bw’imikinire, igabanya ba myugariro ikinisha batatu inyuma, batanu hagati na babiri basatira imbere.

Ikimara kongera kwiyemeza gukinira hagati, Serbie yahinduye uburyo ikina imipira ica mu mpande. Rumwe rwanyuragaho Andrija Živković na Filip Kostić.

Aba bakinnyi bananije impande za Cameroun bituma itsindwa n’igitego cya gatatu, cyavuye mu guhanahana neza kwa ba rutahizamu ba Serbie, igitego cyinjizwa na Aleksandar Mitrović witwaye neza mu mukino.

Cameroun yazamutse cyane ijya gushaka igitego cyatumye bagaruka mu mukino.

Umutoza Rigobert Song yakoze impinduka hakiri kare akuramo Martin Hongla wagowe n’uyu mukino, ashyiramo Vincent Aboubakar wakoze ikinyuranyo.

Aboubakar akijya mu kibuga yatatse cyane Serbie aza no kubona igitego na we atacyekaga ko ari cyo kuko yacitse ba myugariro acenga Nikola Milenković anaroba umunyezamu Vanja Milinković-Savić atsinda igitego cya kabiri.

Iki gitego cyagaruye Cameroun mu mukino ndetse ku munota wa 66, Aboubakar w’imyaka 30 yazamukanye, awuhereza Eric Maxim Choupo-Moting atsinda igitego cya gatatu.

Aboubakar yahise aba umukinnyi wa mbere ukomoka ku Mugabane wa Afurika, winjiye mu kibuga asimbuye mu mikino y’Igikombe cy’Isi agatsinda igitego ndetse akanatanga umupira ubyara ikindi.

Nyuma y’iki gitego Cameroun yari yabonye ko ishobora gutsinda n’umukino kuva inganyije, bituma amakipe yombi yifata ku gusatira.

Umukino wongeweho iminota itandatu ariko ntihagira ikipe ibasha kubona amanota atatu. Buri kipe izajya gukina umukino wa nyuma mu itsinda ifite inota rimwe.

Tariki ya 2 Ukuboza 2022, Cameroun izakina umukino wa nyuma na Brésil naho Serbie ikine n’u Busuwisi. Imikino yose izaba saa Tatu z’ijoro.

Jean-Charles Castelletto ni we wafunguye amazamu ku ruhande rwa Cameroun
Serbie ni yo yinjiye mu mukino mbere ariko yishyuwe mu minota ya nyuma
Aboubakar Vincent yagaruye Cameroun mu mukino
Aboubakar Vincent yatsinze igitego cyatumye yandika amateka
Eric Maxim Choupo-Moting ni we watsinze igitego cya gatatu cya Cameroun
Abakinnyi ba Cameroun bari mu bicu
Vincent Aboubakar w'imyaka 30 akinira Al Nassr muri Saudi Professional League, ni umwe mu bakinnyi bagenderwaho muri Cameroun
Rutahizamu Aleksandar Mitrović yatsinze igitego cya kabiri cya Serbie
Vincent Aboubakar yagaragaje ko ari umukinnyi ukomeye, warokora ikipe aho rukomeye
Akanyamuneza kari kose mu maso y'abakunzi ba Cameroun nyuma yo kwishyura Serbie
Abakunzi ba Serbie na bo bari bitabiriye umukino kuri Al Janoub Stadium ari benshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages