Maroc isanzwe ari Umunyamuryango wa OIF yatsinze Portugal 1-0 mu gihe u Bufaransa bwatsinze u Bwongereza 2-1. Ayo makipe yombi biteganyijwe ko azahurira ku mukino ubanziriza uwa nyuma ku wa Kabiri tariki 13 Ukuboza 2022.
Ubwo umukino w’u Bufaransa n’u Bwongereza wari urangiye, yanditse kuri Twitter atebya, avuga ko akeneye kuruhuka nyuma y’uko abanyamuryango babiri ba OIF binjiye muri ½.
Yagize ati "Nuko nuko #Maroc na #France, ibihugu bya @OIFrancophonie!! Abachou mukurikira #Qatar2022 mwiriwe neza! Ibintu birakomeye pee! Ibihugu 2 byacu bimaze gutsinda, bizahurira muri demi-finale ku wa gatatu!! Ni danger. Murumva ntafata akanini ko gusinzira ngakanguka umupira urangiye?"
Nuko nuko #Maroc na #France, ibihugu bya @OIFrancophonie!! Abachou mukurikira #Qatar2022 mwiriwe neza! Ibintu birakomeye pee! Ibihugu 2 byacu bimaze gutsinda,bizahurira muri demi-finale kuwa gatatu!! Ni danger. Murumva ntafata akanini ko gusinzira ngakanguka umupira urangiye 😀?
— Louise Mushikiwabo (@LMushikiwabo) December 10, 2022
Ni ubutumwa bwashimishije benshi mu bamukurikira kuri Twitter, batangira kumusubiza.
Nk’uwitwa Ruberanziza wa Nyakarashi yagize ati "Haaaaaa, nshuti yacu, mama w’abachou, kuri njye abanya-Maroc bamaze kwandika amateka, Imana ibashoboze! Harakabaho Maroc, harakabaho Afurika ngobyi ya muntu."
Henriette Kunda we yagize ati "Ese ugirango ibintu biri kuba muri iki gikombe cy’Isi ntibitangaje, umutima wanavamo daa! Ntibyoroshye ariko akanini ba ukaretse uzaba witeguye neza azatsinda undi."
Mizero Oscar we yagize ati "Umuchou, nta kabuza umufaransa azagitwara! Ndifuza ibi kugirango #VisitRwanda yambarwa na Mbappe irusheho kugira igikundiro n’igitinyiro, kuko abamukurikira baziyongera.On est ensemble."
Ni mu gihe Brisco we yagize ati "Ifanire Argentina ureke ibikurwaza umutima."
Louise Mushikiwabo ni umwe mu bakunze gukoresha cyane Twitter no kuyikoresha atebya, akaganira n’abamukurikira mu Kinyarwanda.
Ifanire Argentina ureke ibikurwaza umutima
— Brisco🇦🇷🇲🇦 (@_ReneOG) December 11, 2022
Umuchou, nta kabuza umufaransa azagitwara!
Ndifuza ibi kugirango #VisitRwanda yambarwa na Mbappe irusheho kugira igikundiro n'igitinyiro kuko abamukurikira baziyongera.
On est ensemble.— Mizero oscar (@Mizerooscar) December 10, 2022
Ese ugirango ibintu biri kuba muri ino world cup ntibitangaje umutima wanavamo daa. Ntibyoroshye. Ark akanini ba ukaretse uzaba witeguye neza azatsinda undi.
— Henriette Kunda (@HenrietteKunda) December 10, 2022
Umuchou wacu @LMushikiwabo @OIFrancophonie toutes mes félicitations! 2 kuri 4⚽️🏀 nintsinzi idasanzwe ku muryango wa Francophonie!
— Radio Africa For Hope/Sports4Hope (@StyvesDerrick) December 10, 2022
Komera cyane umuchouu, komeza wumve ukomeye, utunini tureke n'ubundi ndabona abacu bariya barimo neza 🤣, yego imitima izaturya ariko ntakundi 😂
— RUKUNDO K.ERIC🇷🇼 (@rukundokeric) December 11, 2022
Hhhhhhhh nihatari peee!! By the way biranakwiriye ko uba wisinziriyeho kuko ibizaba bizahinduka amateka!!! Ibihe byiza cyane kuri wowe ubundi ni kumutima, ndagukunda cyane kuko unitiranwa na sister mukuru!!! Blessings over blessings our lovely mother,sister,leader,,......😩😩😘😘
— Mwesigye Julius (@julius_juliu14) December 11, 2022



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!