Amakipe yombi akimara kubona amatike yo kuzakina uyu mukino wa nyuma, ibyamamare, abashoramari ndetse n’abakinnyi bakanyujijeho batangiye kugura amatike no gushaka uburyo bazarebamo uyu mukino.
Ibihe bya mbere by’umunezero byagaragaye ubwo Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yari kumwe na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, bombi bahuje urugwiro.
Perezida w’u Bufaransa kandi yagaragaye ari kumwe na Emir wa Qatar, Tamim bin Hamad Al Thani, wari wakiriye aba bakomeye bose mu gihugu cye.
Umuherwe Elon Musk uherutse kugura urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, na we yari kuri uyu mukino ndetse abinyujije kuri urwo rubuga yagaragaje amarangamutima ye ko yari ashyigikiye Argentine.
Yagaragaje kandi ko umukino yitabiriye wari mwiza ku rwego rwo hejuru.
Great goal by Argentina! pic.twitter.com/WIs9ocfPcz
— Elon Musk (@elonmusk) December 18, 2022
Duel in the Desert.
Couldn’t ask for a better game. Incredible play by & !!!! pic.twitter.com/XUZxjymAx0— Elon Musk (@elonmusk) December 18, 2022
Kuri uyu mukino kandi, hari abakinnyi benshi b’u Bufaransa batitabiriye imikino y’Igikombe cy’Isi kubera ibibazo by’imvune bagize mbere y’uko gitangira, ndetse n’abandi mu bakiniye u Bufaransa bemeye ubutumire bwa Perezida Macron ngo bajyane kuri uyu mukino.
Abo barimo Paul Pogba na Christopher Nkunku na bo bagaragaye bari kumwe n’umukinnyi wa AC Milan, Zlatan Ibrahimović, Javier Pastore wakiniye Argentine, Novak Djokovic wanditse izina muri Tennis na Khabib Nurmagomedov, umukinnyi ukomeye mu Iteramakofe.
Umuherwe Nasser Al-Khelaïfi uyobora Paris Saint-Germain na we yitabiriye uyu mukino wahuzaga amakipe abiri ahuriyemo abakinnyi bo mu ikipe ye. Mu Bufaransa hakinagamo Kylian Mbappé, naho muri Argentine hakinagamo Lionel Messi, kandi bose bagaragaje ikinyuranyo muri uyu mukino.
Abitabiriye uyu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi ntabatinye kwemeza ko uyu ari wo mukino w’irushanwa ndetse waryoheye ijisho rya buri mukunzi wese w’umupira w’amaguru. Warangiye igikombe gitashye muri Argentine kubera gutsinda penaliti 4-2 nyuma yo kunganya ibitego 3-3 mu minota 120.
Le Président Nasser Al-Khelaïfi en compagnie de @Javi_Pastore et @Ibra_official au Lusail Stadium. #ARGFRA pic.twitter.com/GcN23vPXXW
— Paris Saint-Germain (@PSG_inside) December 18, 2022






TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!