Aya mafoto yafashwe bigizwemo uruhare n’Ishami rya Unicef mu Rwanda, ryafashije abana kubara inkuru z’ubuzima n’indoto zabo bifashishije amafoto. Byakozwe ku bufatanye na Komisiyo y’Igihugu y’Abana yakoresheje amahugurwa y’iminsi itanu yo gufotora.
Ni mu gihe ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, Unicef, rir kwizihiza isabukuru y’imyaka 70 ribayeho dore ko ryashyizweho mu 1947.
Ni imyaka yabayemo ibikorwa bitandukanye hirya no hino ku Isi nko kurengera abana ngo ntibakoreshwe imirimo ivunanye, kubasubiza mu mashuri, ku barinda ihohoterwa ndetse no kububakamo icyizere kugira ngo bumve ko nabo hari icyo bashoboye kandi ko aribyo bizatuma barushaho no kuvamo abantu bazima b’ejo hazaza.
Icyo gihe abana bahawe amasomo y’uburyo bikorwa mu magambo kugira ngo bazane amafoto agaragaza icyizere bifitemo mu buzima bwabo.
François D’Assise w’imyaka 17 yafotoye ifoto igaragaza umubyeyi uteruye umwana, maze mu gusobanura impamvu yayo agira ati “Nkiri muto mama yaranteruraga nkumva nguwe neza, nabonye rero umubyeyi uteruye umwana, nibuka urwo rukundo numva nafata iyo foto”
Mukeshimana Afissa na Nzeyimana Jean Claude b’imyaka 15 bafotoye umubyeyi ukora ububumbyi kugira ngo abone icyo atungisha abana be, bati “ Umubyeyi nka Makarusanga Zuraika ni icyitegererezo kuko akora cyane mu bucuruzi bwe bwo kwihangira umurimo wo gukora amavazi ngo abashe kubonera ubuzima bwiza abana be.”












Amafoto: UNICEF Rwanda
TANGA IGITEKEREZO