00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Christopher

Yanditswe na N Claudine
Kuya 19 June 2018 saa 05:06
Yasuwe :

Muneza Christophe wibanda ku njyana ituje, yabonye izuba tariki 30 Mutarama 1994, kuri Butera Juvenal na Gahongayire Marie Mativitas. Ni umwana wa gatatu mu muryango w’abana batandatu. Yahereye muri korali gatolika y’abana muri Kiliziya ya Mutagatifu Kizito mu Nyakabanda aho yavuye ajya muri Saint Augustin kuri Paruwasi ya Karoli Lwanga i Nyamirambo.
Yinjiye mu muziki mu mwaka wa 2009 nyuma yo gutsinda amarushanwa yateguwe na Kina Music. Icyo gihe yasohoye indirimbo yitwa “Bye Bye,” nyuma (…)

Muneza Christophe wibanda ku njyana ituje, yabonye izuba tariki 30 Mutarama 1994, kuri Butera Juvenal na Gahongayire Marie Mativitas. Ni umwana wa gatatu mu muryango w’abana batandatu. Yahereye muri korali gatolika y’abana muri Kiliziya ya Mutagatifu Kizito mu Nyakabanda aho yavuye ajya muri Saint Augustin kuri Paruwasi ya Karoli Lwanga i Nyamirambo.

Yinjiye mu muziki mu mwaka wa 2009 nyuma yo gutsinda amarushanwa yateguwe na Kina Music. Icyo gihe yasohoye indirimbo yitwa “Bye Bye,” nyuma yakoze izindi zitamenyekanye cyane zirimo iyitwa “Ishema,” “Sigaho,” n’iyitwa “Amahitamo”.

Yaje gukora iyitwa “Iri Joro” yamuharuriye inzira mu ruhando rw’abahanzi bagezweho mu Rwanda akomereza ku zindi nka “Agatima;” “Ndabyemeye;” “Babyumva;” “Uwo Ni Inde;” “Birahagije” kugeza asohotse muri Kina Music yamureze.


Kwamamaza

Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Inkuru ziheruka - Singers

Khalfan
19/06/18 - 05:07
Young Grace
19/06/18 - 05:06
Queen Cha
19/06/18 - 05:06
Jay C
19/06/18 - 05:06
Just Family
19/06/18 - 05:06
Active Group
19/06/18 - 05:06
Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .