00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umurage Live Band yahigitse Jambo Band mu gutangiza “Battle of the Bands” ya Kigali Marriott Hotel

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 24 Kanama 2019 saa 07:48
Yasuwe :

Mu ijoro ryo ku wa 23 Kanama 2019, mu Mujyi wa Kigali hatangijwe irushanwa rihuza amatsinda y’abahanga mu gucuranga no kuririmba mu Rwanda ryiswe “Battle of the Bands”.

Wari umugoroba w’uburyohe ku bakunzi b’umuziki ucuranze mu buryo bw’umwimerere basohokeye mu Iriba Bar and Terrace muri Kigali Marriott Hotel.

Igitaramo cyatangirijwemo “Battle of the Bands’’ ya 2019 cyasize abacyitabiriye bahembuwe n’umuziki ucuranze mu buryo bwa gihanga binyuze mu matsinda abiri yari ahanganye ariyo Umurage Live Band na Jambo Band.

Iri rushanwa Kigali Marriott Hotel yariteguye mu guteza imbere uruhando rw’imyidagaduro mu Rwanda no kuzamura abanyempano batandukanye.

Amatsinda yatangiye ahatana buri ryose ryahawe isaha imwe yo kuririmba no gucuranga mu buryo bwa live.

Igitaramo cyafunguwe na Umurage Live Band igizwe n’abantu batandatu, yageze ku rubyiniro yakirizwa amashyi menshi.

Mu minota 60 yamaze iririmba yanyuze benshi mu ndirimbo zirimo “Attention” ya Charlie Puth; “Versace on the floor” ya Bruno Mars, “Give in to me” ya Michael Jackson; “Don’t worry be happy” ya Bobby McFerrin, “I feel it coming” ya The Weeknd n’izindi.

Abakunzi b’umuziki bayishyigikiye babigaragazaga mu mbyino n’amashyi yo kunyurwa nyuma ya buri ndirimbo mu zisaga 15 yaririmbye.

Jambo Band na yo yageze ku rubyiniro yakiranwa ubwuzu. Kimwe n’itsinda rya mbere na yo yasubiyemo indirimbo ziganjemo izo hanze, inanyuzamo izo mu njyana Nyafurika.

Iri tsinda ry’abantu barindwi ryishimiwe cyane mu ndirimbo zirimo “Fall” ya Davido, “Selfie” ya Koffi Olomide, “Girls like You” ya Maroon 5 n’izindi.

Abitabiriye irushanwa mu mahitamo yabo binyuze ku mbuga nkoranyambaga zirimo Twitter [ari naho amatora akorerwa] bahurije ku Umurage Live Band nk’itsinda ryabaryohereje biriha amahirwe yo gukomeza mu kindi cyiciro.

Umuyobozi wa Umurage Live Band, Ngabo Evode [Evy], yabwiye IGIHE ko iri rushanwa ryabahaye amahirwe yo kwigaragaza.

Ati “Turi band ishaka gutera imbere. Inyungu twiteze kuvana mu irushanwa ni ukumenyekana mu bantu batatuzi no kwigira ku bandi tuzahuriramo. Twaje dushaka igihembo kandi tugitwaye byaduha imbaraga zo gukomeza gukora no gutegura indi mishinga igamije kuzamura izina ryacu.’’

Irushanwa ryitabiriwe n’amatsinda 10 rizajya riba buri cyumweru kugeza mu Ugushyingo 2019 ubwo hazamenyekana iryegukanye igihembo.

Umuyobozi wungirije ushinzwe ibijyanye n’Ibiribwa n’Ibinyobwa muri Kigali Marriott Hotel, Alyson Hayes, yatangaje ko irushanwa ryatangiye neza n’abakunzi b’umuziki bizihiwe.

Ati “Irushanwa ry’uyu mwaka rifite umwihariko kuko rizamara igihe kirekire. Ni amahirwe yo kugaragaza impano zitandukanye ndetse abaryitabira bazashobora kwishimana n’abanyamuziki baririmo.’’

Yakomeje avuga ko “Nanyuzwe n’impano z’amatsinda yitabiriye irushanwa. Ni iby’agaciro kubona ko u Rwanda rufite abanyempano badasanzwe.’’

Battle of the Bands iri kuba ku nshuro ya kabiri; yatangijwe mu 2018, yegukanwa na Neptunez Band.

Band izegukana irushanwa rya 2019 izahabwa amasezerano y’umwaka yo kuririmbira muri Kigali Marriott Hotel no mu birori byo gutangira umwaka mushya n’amahirwe yo gukorera indirimbo muri studio ya Made Beats.

Imanishimwe Delphine na Ngabo Evode bari mu baririmbyi ba Umurage Live Band
Bisangwabagabo Sankara Salomon wize Ubugeni ku Nyundo ni umuhanga mu kuririmba no gucuranga gitari
Umucuranzi wa Umurage Live Band yacurangaga ingoma ya electronic
Umuhanzi Irakoze Hope ari mu bitabiriye itangizwa ry'iri rushanwa
Ngabo Evode usanzwe akora umuziki nk'umuhanzi wigenga yagaragaje ko ari mu banyempano bo guhangwa amaso. Uyu ari mu bitabiriye irushanwa ArtRwanda- Ubuhanzi mu 2018
Umurage Live Band yahigitse Jambo Band mu gutangiza “Battle of the Bands” yateguwe na Kigali Marriott Hotel
Abakunzi b'umuziki banyuzwe n'imiririmbire ya Umurage Live Band bafatanya kubyina
Imanishimwe Delphine yagaragaje ubuhanga mu kugorora ijwi
Umurage Live Band yanyuze benshi mu ndirimbo zirimo “Attention” ya Charlie Puth; “Versace on the floor” ya Bruno Mars, “Give in to me” ya Michael Jackson; “Don’t worry be happy” ya Bobby McFerrin na “I feel it coming” ya The Weeknd
Jambo Band na yo yishimiwe mu muziki w'umwimerere
Uwafataga amashusho akayasakaza ku mbuga nkoranyambaga yahaga amahirwe itsinda ari gufana gukomeza mu kindi cyiciro
Uyu mukobwa yagaragaje ubuhanga mu kugorora ijwi mu buryo bwizihiye benshi
Baryohewe n'umuziki basigarana amashusho y'urwibutso
Buri tsinda ryari ryitwaje ibicurangisho bituma ritanga umuziki uryoshye
Umuziki waryoshye, bamwe baramwenyura
Jambo Band ntiyagize amahirwe yo gukomeza mu kindi cyiciro
Hari imbyino zidasanzwe zigaragaza kwizihirwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .