00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Symphony Band yishimiwe mu gitaramo yashimangiriyemo ubuhanga mu muziki w’umwimerere (Amafoto)

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 4 September 2019 saa 06:03
Yasuwe :

Itsinda ry’abize umuziki mu Ishuri ryo ku Nyundo, Symphony Band, ryishimiwe cyane mu gitaramo ryahanganyemo na His Voice Band mu irushanwa rya Battle of The Bands ritegurwa na Kigali Marriott Hotel.

Iri rushanwa rigamije kugaragaza abanyempano muri muzika y’u Rwanda, rihuza amatsinda y’abahanga mu gucuranga no kuririmba.

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 3 Nzeri 2019, abakunzi b’umuziki bari bategereje n’amatsiko guha ijisho amatsinda abiri yari ahatanye, aho Symphony Band yahigitse His Voice Band ikanakomeza mu kindi cyiciro nyuma yo kugira ubwiganze bw’amajwi.

Battle of The Bands iri kuba ku nshuro ya kabiri yitabiriwe n’amatsinda 10 ariko agera kuri atandatu ni yo yahatanye mu byiciro bitatu.

Band zikuranamo binyuze mu matora akorerwa kuri Twitter,Facebook na Instagram za Kigali Marriott Hotel na Iriba bar and terrace.

Symphony Band ni yo yabanje ku rubyiniro! Yakiranywe ubwuzu n’abitabiriye igitaramo binyuze mu bihangano birimo “Avec elle”, “African Queen” ya Innocent Ujah Idibia [2Baba] na Vanessa Mdee, “A Natural Woman” ya Aretha Franklin, “If I Ain’t Got You” ya Alicia Keys na Sway ya Michael Bublé.

Kuva ku murishyo wa mbere w’indirimbo yahereyeho kugeza isoje, yagaragarijwe urukundo ndetse abakunzi b’umuziki bakabyinana na yo. Yasozaga buri ndirimbo ihabwa amashyi menshi agaragaza kunyurwa.

Mugengakamere Joachim ubarizwa muri Symphony Band yakuriwe ingofero mu kuririmba indirimbo ziri mu njyana Nyafurika

Symphony Band ibarizwamo abantu batandatu yaririmbye indirimbo ziri mu njyana nka Pop na Jazz n’iziri mu njyana Nyafurika. Yishimiwe cyane icuranga indirimbo zigezweho zirimo “Kungola’’ ya Sunny na Bruce Melodie n’iz’umuraperi Bushali zirimo “Ku Gasima” na “Nituebue”.

Benshi mu bitabiriye igitaramo bafataga amafoto n’amashusho y’urwibutso muri iki gitaramo cy’uburyohe.

His Voice Band igizwe n’abantu batatu yo yaserukanye umwihariko kuko yaririmbye indirimbo ziganjemo iz’Abanyarwanda zo hambere.

Yerekanye ubuhanga mu ndirimbo nka “Wanyeretse urukundo” ya Makanyaga Abdul, “Laurette” ya Kamaliza, “Umwari wanze umwarimu” ya Mwitenawe Augustin na “Dore Ishyano” ya Orchestre Abamararungu.

Console Nyirandashimye n'umugabo we Iyakare Wenceslas [Rickson] na Niyomwungeri Peter (uri kuri piano) ni bo bagize His Voice Band

Mugengakamere Joachim uri mu batangije Symphony Band yakomeje mu kindi cyiciro yabwiye IGIHE ko binjiranye mu irushanwa intego yo kuryegukana.

Yagize ati “Iyo tubonye abakunzi b’umuziki batwishimiye, biguha gutekereza cyane ku buryo bwo kunoza ibyo dukora. Turacyanoza uburyo twafatanya band no gukora ibihangano byacu. Uyu mwaka ntuzadusiga.’’

Umuyobozi wa His Voice Band, Iyakare Wenceslas [Rickson] yavuze ko kwitabira irushanwa bizabafasha kwisuzuma.

Yagize ati “Dushaka kureba aho duhagaze ku buryo n’iyo twahabwa isoko hanze y’igihugu, twamenya urwego turiho. Iyo band yicaye ikora ibyayo ntimenya uko ihagaze n’ibyo igomba kunoza.’’

Abakunzi b’umuziki batashye banyuzwe!

Umudage Michaella yabwiye IGIHE ko yanyuzwe n’umuziki yumviye mu gitaramo yitabiriye ku munsi we wa mbere akigera mu Rwanda.

Ati “Baririmbye neza kuko imwe yaririmbye izo mu mahanga, indi na yo yaririmbye gakondo kandi nabyo byari byiza. Umugoroba wanjye wabaye mwiza.’’

Umuhanzi Alyn Sano we yavuze ko irushanwa rihuza band rizamura umuziki ndetse rikongerera agaciro abawukora.

Ati “Riraryoshye cyane. Symphony ifite abantu bayishyigikiye nubuhanga muri muzika ariko na His Voice Band na yo yerekanye ko ifite ubushobozi bwo kuririmba neza kandi ari bake.’’

Band izegukana Battle of The Bands izasozwa mu Ugushyingo 2019, izahabwa amasezerano y’umwaka yo kuririmbira muri Kigali Marriott Hotel no mu birori byo gutangira umwaka mushya n’amahirwe yo gukorera indirimbo muri studio ya Made Beats.

Abakunzi b'umuziki bari babukereye biteguye gushyigikira amatsinda acuranga bihebeye
Uwayezu Ariel wasoje kwiga umuziki ku Nyundo yashimishije benshi mu ijwi ry'ubuhanga. Uyu muhanzi ubarizwa muri Symphony ni umwe mu baririmbye mu bukwe bwa Ange Kagame
Bamwe bafashe amafoto y'urwibutso muri iri rushanwa
Byari ibyishimo by'ikirenga ku bakunzi b'umuziki
Abitabiriye umugoroba wo kuririmba banyuzagamo bagakata umuziki
Frank Imfura (hagati) uzwi nka [Mihigo Wamugabo] uyobora Imfura Creative Ltd ifasha mu kuzamura impano z'abahanzi ari mu bitabiriye iki gitaramo
Uwayezu Ariel yanyuzagamo akajya kubyinana n'abakunzi ba Symphony Band
Abitabiriye igitaramo bacurangiwe umuziki w'umwimerere
Abacuranzi ba Symphony Band bafite ubuhanga bwihariye mu gucuranga piano
Mugengakamere Joachim wize umuziki ku Nyundo ari mu nkingi za mwamba muri Symphony Band
Byari ibihe by'ibyishimo ku bitabiriye igitaramo
Umuyobozi wa His Voice Band, Iyakare Wenceslas [Rickson], ni umuhanga mu gucuranga gitari
Console Nyirandashimye wize umuziki ku Nyundo ari mu bagize His Voice Band. Yishimiwe kubera ubuhanga mu gucuranga gitari itanga umuziki udunda [guitar bass]
Console Nyirandashimye acuranga anaririmba mu buryo bunyura amatwi
His Voice Band yatangiye gucuranga mu myaka ine ishize, kuri ubu ifite intego yo gukora ibihangano byayu ngo bizamenyekane hirya no hino ku Isi
Symphony Band yatangiye mu 2015 ubwo Ishuri ry'Umuziki ryari rikiri i Rubavu. Yatangijwe n'abantu batanu baririmbaga muri hotel mu buryo bwo kwimenyereza umwuga
Uwayezu Ariel ari mu banyempano bahanzwe amaso mu muziki w'umwimerere
Symphony Band yishimiwe bihebuje mu gitaramo yashimangiriyemo ubuhanga mu muziki w’umwimerere
Wari umugoroba wasigiye urwibutso rw'uburyohe mu bakunzi b'umuziki uri mu njyana zitandukanye
Bazamuraga amaboko mu kugaragaza ko bishimiye umuziki bagaburiwe
Umuhanzi Alyn Sano yavuze ko irushanwa rihuza band rizamura umuziki rikanongerera agaciro abawukora
Symphony Band igizwe n'abantu batandatu barimo Irakora Fabrice (ibumoso), Niyontezeho Etienne, Mugisha Frank, Uwayezu Ariel, Mugengakamere Joachim na Cyiza Jackson

Amafoto: Muhizi Serge


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .