00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nep Djs yasusurukije abasohokera Kigali Marriott Hotel mu gitaramo cyiswe ‘Block Party’ (Amafoto)

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 26 Nzeri 2019 saa 08:41
Yasuwe :

Abahanga mu kuvanga imiziki bagize itsinda rya Nep Djs basusurukije abasohokera muri Kigali Marriott Hotel mu gitaramo cya Block Party cyacuranzwemo n’abagize Micho Band.

Ibi birori byabaye mu ijoro ryo ku wa 21 Nzeri 2019, muri parikingi ya Kigali Marriott Hotel kuva saa moya z’umugoroba. Kwinjira muri iki gitaramo yari ibihumbi 5Frw uguza tike agahabwa n’icyo kunywa.

Itsinda Nep Djs, rimaze guhamya ibirindiro mu kuvanga imiziki mu Mujyi wa Kigali rigizwe n’abasore bariri; Bertrand Kaysan Iyarwema [Dj Berto] w’imyaka 25 y’amavuko na Habib Kamugisha [Dj Habz] w’imyaka 22 y’amavuko.

Aba basore bavanze imiziki kuva saa moya z’umugoroba aho bagendaga basimburanwa ari nako bafasha abantu kwizihirwa mu ndirimbo zitandukanye.

Micho Band nayo yafashije mu gususurutsa abitabiriye binyuze mu ndirimbo zitandukanye yasubiragamo zirimo iza gakondo zaririmbwe n’Abanyarwanda n’abahanzi bo hanze n’izindi zigezweho.

Ibinyobwa n’ibiribwa muri iki gitaramo byari byagabanyijwe by’umwihariko ku waguraga Heineken we yaguraga eshanu ku bihumbi 8 Frw mu gihe imwe iba isanzwe igura ibihumbi 2 Frw.

Kigali Marriott Hotel yashyizeho uburyo butandukanye bwo gususurutsa abayisohokeramo by’umwihariko mu mpera z’icyumweru, aho izana abahanzi b’abahanga mu gucuranga umuziki uryoheye amatwi ndetse n’abahanga mu kuvanga imiziki.

Ni mu gihe kandi inategura amarushanwa azwi nka “Battle of the Bands’, ahuza amatsinda y’abahanga mu gucuranga no kuririmba mu Rwanda agamije kugaragaza abanyempano muri muzika y’u Rwanda.

Mu minsi iri imbere hazaba hari ikindi gitaramo cyiswe Oktoberfest giteganyijwe ku wa 28 na 29 Nzeri mu gihe ku wa 5 na 6 Ukwakira 2019, irushanwa rya Battle of the Bands rizakomeza mu cyiciro cyaryo cya gatanu.

Nep Djs yasusurukije abasohokera Kigali Marriott Hotel mu gitaramo cyiswe ‘Block Party’ (Amafoto)
Heineken zari zagabanyirijwe igiciro
Icyo kunywa cyari gihari ku buryo nta wishwe n'inyota

Amafoto: Muhizi Serge


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .