00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

#BattleofBands: Jambo Band ya Peace Hoziyana witabiriye EAGT yahigitse Groovy Band

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 2 Ugushyingo 2019 saa 09:34
Yasuwe :

Irushanwa ryateguwe na Kigali Marriott Hotel rihuza amatsinda y’abahanga mu gucuranga no kuririmba mu Rwanda ryiswe “Battle of the Bands” rigeze aharyoshye! Itsinda rya Jambo Band ryabonye itike yo guhatanira igihembo nyamukuru nyuma yo gutsinda Groovy Band muri ½.

Iri rushanwa ryari rigeze muri ½ [round ya karindwi] amatsinda abiri niyo yahatanaga kuri uyu mugoroba tariki 1 Ugushyingo 2019. Groovy na Jambo Band bishimiwe cyane mu buryo bukomeye n’ubwo hagombaga kuvamo itsinda rimwe rikomeza.

Groovy Band niyo yabanje ku rubyiniro ishimisha benshi mu ndirimbo zitandukanye zirimo ‘Sondela’ ya Madlingozi Sondela, ‘Show Me The Way’ ya Styx, ‘La Bamba’ ya Ritchie Valens, ‘Uptown Funk’ ya Mark Ronson na Bruno Mars n’izindi.

Mu gihe iri tsinda ryamaze ku rubyiniro ryishimiwe na benshi bari bitabiriye iki gitaramo ndetse kuva ku ndirimbo ya mbere kugeza ku ya nyuma ryaririmbanaga na bo.

Jambo Band niyo yakurikiyeho. Iri tsinda rigizwe n’abasore n’inkumi barimo Peace Hoziyana wize umuziki ku Nyundo wanitabiriye East Africa’s Got Talent ndetse na Herbert Rock uzwi cyane mu kuvuza Saxophone, ryishimiwe mu buryo bukomeye.

Ryaririmbye indirimbo zirimo ‘Anybody, Gbona na On the Low’ za Burna Boy, ‘Happy’ ya Pharrell Williams, ‘Baby’ ya Joeboy, ‘Iron Lion Zion’ ya Bob Marley, ‘Naraye Ndose’ ya Kamaliza, ‘Urankunda’ ya Kitoko n’izindi.

Peace Hoziyana uri mu bagize Jambo Band yegukanye umwanya wa mbere ikabasha gukomeza ku mwanya wo guhatanira igihembo cya nyuma yabwiye IGIHE ko byari byiza kandi bishimiye umwanya bagize.

Ati “Byari byiza abantu bitabiriye ari benshi ikindi abantu batoye ari benshi. Twaje twiteguye gutsinda n’ubwo wenda hashoboraga kubaho imbogamizi ntibibe ariko twebwe twumvaga ko turi butsinde. Twishimye. Iri rushanwa ryatumye dukora cyane kuko iyo uri gutegura irushanwa uba ugomba kugira udushya. Ibanga twakoresheje twaritoje cyane”.

Yakomeje avuga ko impamvu mu ndirimbo nyinshi baririmbye ari izo muri Nigeria ari uko ariwo muziki ugezweho muri iki gihe.

Ati “Ni ukuvuga ngo iyo ugiye guhitamo indirimbo uri buririmbe ugomba guhitamo cyane indirimbo zigezweho niyo mpamu twakoresheje indirimbo nyinshi zo muri Nigeria.”

Nkomeza Alex uyobora Groovy yatangiriye ku ishuri ry’umuziki ryahoze ku Nyundo, yatangiye mu 2015 yavuze ko kugera mu cyiciro nk’iki hari ibintu byabigishije nubwo batabashije gukomeza. Abenshi baba muri iri tsinda basoje amasomo mu 2017.

Ati “Kugera muri icyi cyiciro twari turimo byatwigishije ibintu byinshi kuko muri iri rushanwa twagiye duhura n’amatsinda atandukanye akomeye hano hanze, twebwe twari dukuye ubumenyi ku ishuri tuje kubushyira mu ngiro. Byatumye twitinyuka kuko mbere ntabwo twashoboraga kuba twajya imbere y’abantu ngo twiyerekane.”

Iri rushanwa ryitabiriwe n’amatsinda 10, ryabaga buri cyumweru kuva ritangiye kugeza mu Ugushyingo 2019 ubwo hiteguwe kumenyekana itsinda ryegukanye igihembo.

Battle of the Bands iri kuba ku nshuro ya kabiri; yatangijwe mu 2018, bwa mbere yegukanwa na Neptunez Band.

Band izegukana irushanwa rya 2019 izahabwa amasezerano y’umwaka yo kuririmbira muri Kigali Marriott Hotel no mu birori byo gutangira umwaka mushya n’amahirwe yo gukorera indirimbo muri studio ikoreramo Danny Beats.

Hagati y’itsinda rya Umurage Live Band na Salus Music Band yashibutse kuri Orchestre Salus Populi ya Kaminuza y’u Rwanda (UR) hategerejwemo irizahatana na Jambo Band hashakishwa irya mbere.

Abacuranzi ba Jambo Band bari bakoranyeho bacuranga umuziki uyunguruye
Abahanga mu gucuranga piano bari bakoranyeho
Abakunda umuziki bari bizihiwe
Bamwe mu baririmbyi bagize Groovy Band
Groovy Band nayo yari ifite umuziki uryoheye amatwi
Groovy Band yakubiswe inshuro
Herbert Rock wamamaye mu gucuranga Saxophone uri mu bagize Jambo Band yashimishije benshi
Icyo kunywa cyari gihari ku bwinshi
Jambo itegereje itsinda rizava hagati ya Umurage Band na Salus Band bigahatanira igihembo nyamukuru
Jessie Gitau wari uyoboye iki gitaramo cyahurije hamwe amatsinda akomeye mu Rwanda
Peace Hoziyana yagoroye ijwi binyura benshi
Peace Hoziyana witabiriye East Africa's Got Talent nawe uri mu bagize Jambo Band yaririmbye ashimisha benshi
Umucuranzi wa guitar wa Jambo Band
Umwe mu baririmbyi ba Jambo Band washimishije benshi

Amafoto: Muhizi Serge


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .