00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwarurema yatuye igitabo abarenga 215 bo mu muryango we bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 17 June 2024 saa 02:35
Yasuwe :

Ajya kwandika ‘Intore Ntahamanye Nkundira Mbare Iyo Nkuru,’ Tharcille Uwarurema yari amaze kwicara hasi ngo areba ko yabara nibura abo mu muryango we wa hafi yibuka bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, asanga abo yibuka ku giti cye ari 215.

Abo ni ba bavandimwe bo hafi iwabo, kwa se wabo, kwa nyina wabo, nyirarume na nyirasenge, ndetse si n’umubare ntakuka kuko "ntakoze ubushakashatsi bwimbitse", ubwo iyo urenze aho ukajya nko kwa sekuru cyangwa mu gisekuru cye cya kabiri ushobora kubona umubare munini.

Abo bavandimwe ba Uwarurema bishwe bazira uko bavutse barimo na Se umubyara witwaga Kanamugire Epimaque, wari umwarimu akaba Umukirisitu Gatorika, umwe w’imbere.

Iyi ni yo mpamvu nk’umukobwa we wari mukuru mu muryango yiyemeje gusubira mu bihe yanyuzemo ariko akandika igitabo kibumbatiye amateka nk’ayo kugira ngo n’uzahirahira ayahakana, iki gitabo kizamunyomoze gishingiye ku mateka y’ibyabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Jenoside yakorewe Abarutsi yabaye Uwarurema wavukiye mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango afite imyaka 18, ariko bigoranye, arokorerwa n’Inkotanyi i Kabgayi mu Karere ka Muhanga ku wa 02 Kamena 1994.

Yerekanye ko igitabo ‘Intore Ntahamanye Nkundira Mbare Iyo Nkuru’ yagituye abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko umubyeyi we wishwe.

Uyu mwanditsi yasobanuye impamvu yanditse iki gitabo.

Ati “Twagombaga kugaragaza ayo mateka meza yabaranze akamenywa na bose, ikindi tukagaragaza ibyabaye mu kuri kwabyo iyo ngengabitekerezo ya Jenoside ikarandurwa. Impamvu ya gatatu nashakaga gushimira Inkotanyi zo kabyara zadutabaye ntizite no ku ngorane zagombaga guhura na zo.”

Iyo abara abe bishwe muri Jenoside avuga ko “Kubarura bitoroshye ariko abo nibutse ntabashije gukora ubushakashatsi bwimbitse ni 215. Ni abo mu muryango utari na mugari cyane ni ukuvuga kwa papa, kwa mama na babyara babo. Abo sibo gusa kuko sinagize umwanya uhagije wo gucukumbura.”

Uwarurema yavuze ko nubwo bigoye “Kuko uba usa n’uwiyambura ubusa ugaragaza ibyakubayeho byose” ariko ni ngombwa ko abarokotse Jenoside n’abandi babonye amahano yagwiririye u Rwanda bagomba kwandika amateka, akabikwa n’abazavuka bakayamenya.

Ati “Kwandika igitabo birafasha. Yego usubira muri bya bihe ariko kuri iyi nshuro ntibiba byaguheranye ahubwo uba ubisubiramo ngo ugire umusanzu utanga mu kumenyesha Isi ibibi byabaye n’ingaruka byagize haba ku bayikoze n’abayikorewe.”

Ni ingingo yagarutsweho n’Umuyobozi w’Urugaga rw’Abanditsi mu Rwanda, Hategekimana Richard wavuze ko uretse abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abandi bose bagomba kwandika kuko “Aya mateka natandikwa neza abandi bazayandika nabi.”

Ati “Si ngombwa ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yandikwa n’abayirokotse gusa kuko harimo n’abayikoze bafite ibyo bazi bakwiriye gutinyuka bakandika bagasaba n’imbabazi. Hari n’abatari mu gihugu, twese dukwiriye guhaguruka tukandika.”

Umuyobozi w’Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, GAERG, Jean Pierre Nkuranga yavuze ko igitabo nk’iki ari ubutunzi bukomeye cyane, kikaba n’umusanzu wihariye ku Banyarwanda.

Yavuze ko uyu munsi muri GARG birimo biraza, abantu bakabohoka bakandika, ahamya ko “Tuzafatanya kugira ngo aya mateka tuyandike, duhinyuze abahakanyi kuko igitabo nk’iki kije kibacecekesha.”

Jenoside yabaye Uwarurema ari mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye mu Mibare n’Ubugenge, ariko nyuma yayo yarahinduye ajya kwiga icungamari n’ubucuruzia kugira ngo arebe ko yakunganira umubyeyi we wari warabasigaranye.

Ni na ko byagenze yarangije ayisumbuye abona akazi, Leta y’u Rwanda ikomeza kumwunganira yiga na kaminuza yewe na masters, ubu amaze imyaka igera kuri 16 akora umwuga umwe w’ibijyanye n’imicungire y’amasoko.

Uwarurema Tharcille yasobanuye impamvu z'igitabo yanditse mu buryo bw'ikiganiro
Igikorwa cyo kumurika Igitabo "Intore Ntahamanye Nkundira Mbare Iyo Nkuru" cyanditswe na Uwarurema Tharcille cyitabiriwe n'abo mu nzago zitandukanye
Uwarurema Tharcille yamuritse igitabo "Intore Ntahamanye Nkundira Mbare Iyo Nkuru" kigaruka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
Umuyobozi w’Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, GAERG, Jean Pierre Nkuranga yijeje ko bazakomeza gufatanya mu buryo bwo kwandika amateka y'u Rwanda, ibinahinyuza abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Umubyeyi wa Uwarurema witwa Victoria Uwambaye yashimiye umukobwa we ku gikorwa cy'indashyikirwa cyo gukubira ibyababayeho muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu nyandiko
Uwarurema Tharcille (hagati ku murongo w'imbere) yari yashyigikiwe n'abarimo umubyeyi we Victoria Uwambaye (uwa mbere uhereye iburyo)
Abitabiriye imurikwa ry'igitabo cyanditwe na Uwarurema Tharcille, bataramiwe mu ndirimo n'Umuhanzi Maniraruta Martin uzwi nka Mani Martin
Umuyobozi w'Urugaga rw'Abanditsi mu Rwanda, Twagirimana Richard yijeje Uwarurema ubufatanye ku buryo igitabo "Intore Ntahamanye Nkundira Mbare Iyo Nkuru" yanditse cyanatangira kwigishwa mu mashuri

Amafoto: Ingabire Nicole


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .