00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Twibuka tugaya ibibi byabaye ariko kandi tugafata ingamba zituma twiyubaka - Bishop Rusengo

Yanditswe na ⁠Ishimwe Hervine
Kuya 15 June 2024 saa 09:57
Yasuwe :

Umushumba Mukuru wa Diyosezi ya Kigali mu Itorero Angilikani, Bishop Nathan Amooti Rusengo yibukije Abakirisitu ko bakwiye guha agaciro no kumva neza igisobanuro cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Amooti yabivugiye mu gikorwa cyo kwibuka abahoze ari abakozi ba Angilikani n’abandi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 witabiriwe n’Abakirisitu, inshuti n’bayobozi b’iri torero, wabaye tariki ya 15 Kamena 2024 kuri Cathédrale ya Saint Etienne.

Yagize ati “Kwibuka ni ikintu gikomeye mu bakirisitu kuko na Bibiliya itwibutsa kwibuka, no mu muco w’Abanyarwanda baca umugani uvuga ngo ‘intibuka yaririye ku mugayo’. Rero kwibuka bituma umuntu asubiza amaso inyuma, noneho agatunganya inzira ze z’ibihe biza. Twibuka tugaya ibibi byabaye ariko kandi tugafata ingamba zituma twiyubaka.”

Rev. Pasiteri Rukimbira Maurice Klebert wari uhagarariye Paruwasi ya Kimironko, yasabye Abakirisitu bitabiriye iki gikorwa ko bazajya babwiriza abantu ko Yesu adakiza ibyaha gusa ahubwo akiza n’ibikomere yifashishije indirimbo yo mu gitabo ya 281 ikubiyemo ubu butumwa, yongeyeho kandi ko ari iby’igiciro kubona u Rwanda rutekanye.

Yagize ati “Icya mbere dushima ni uko twarokotse. Kuva aho wari utuye ujya ku rusengero byari ikibazo. Iyo ubona ukuntu hasigaye hatekanye, umuntu abasha kugenda isaha iyo ari yo yose. ukabona ukuntu abantu bakomerekejwe na bo bari kugira uruhare mu gutanga ubuzima, ukabona igihugu cyari gipfuye cyuzuye umwijima kimaze kuzuka, wumva ari ibintu byo kwishimira. ‘’

Umurungi Espérance uri mu barokotse Jenoside yavuze ko yibuka uko yahungiye kuri Diyosezi ya Kigali, atekereza ko abonye ubuhungiro kuko yabonaga hashobora kuba hari umutekano ariko atungurwa no gusanga na ho hari Interahamwe ziri gusohora abantu bakajyanwa kwicirwa hanze.

Yaboneye gukomeza abarokotse Jenoside, ashimira n’Itorero Angilikani, ati “Turashimira n’itorero rituzirikana, rikadufasha mu kwibuka abacu twabuze.”

Visi Perezida wa Ibuka muri Nyarugenge, Nzitonda Mediatrice, yahanuye urubyiruko rwari rwitabiriye iki gikorwa, arushishikariza guhangana no kwamaganira kure abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bishop Rusengo yagaragarije abitabiriye iki gikorwa akamaro ko kwibuka
Abayoboke ba Angilikani bateraniye kuri Cathedrale ya Saint Etienne, bibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Rev Past Mukingira yavuze ko yishimira ko abarokotse jenoside bari gutanga umusanzu mu iterambere ry'igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .