Inyubako ya World Conference Center ni imwe mu zimaze igihe kinini kirenga imyaka 20 yakira inama zikomeye zibera mu Mujyi wa Bonn. Ni umujyi ubitse amateka akomeye ajyanye n’u Budage mu gihe cy’Intambara y’Isi yose.
Bonn wari Umurwa Mukuru w’u Budage, muri iyi minsi iri kugaragaramo Abanyarwanda benshi bitabiriye Rwanda Day. Abayobozi hafi ya bose bari muri uyu mujyi, biteguye guhura n’Abanyarwanda.
Abikorera nabo bari kugaragara ku mahoteli atandukanye ari muri uyu mujyi nk’aho kuri hotel yitwa Hilton ariho hari kubera ibikorwa by’imurikagurisha bigaragaza amahirwe y’ishoramari Abanyarwanda badakwiye kwitesha. Amabanki atandukanye arimo nka Cogebanque, ni amwe mu yitabiriye imurika.
Mu nyubako izaberamo Rwanda Day, hamaze gutegurwa ndetse imirimo ya nyuma iri gushyirwaho akadomo. Byitezwe ko Abanyarwanda ibihumbi bine aribo bazayitabira baturutse mu bice bitandukanye by’u Burayi n’Isi yose.





























Amafoto: Karirima Ngarambe na Philbert Girinema - Bonn
TANGA IGITEKEREZO