00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Isengesho rya Clapton Kibonge asabira Messi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 18 December 2022 saa 04:49
Yasuwe :

Mu gihe habura amasaha make ngo rwambikane hagati y’Ikipe y’Igihugu ya Argentine n’iy’u Bufaransa ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi, bamwe mu bafana bakomeje kugaragaza uruhande bahagazeho ndetse n’ikipe bashyigikiye muri rusange.

Uyu mukino uteganyijwe kuri iki Cyumweru tariki 18 Ukuboza 2022, urakinwa saa Kumi n’Imwe.

Umunyarwenya Mugisha Emmanuel wamamaye nka Clapton Kibonge, yanditse kuri Twitter ye isengesho risabira Lionel Messi na Argentine gutsindwa.

Yagize ati "Mana ndasenze, uturinde induru y’abafana ba Messi. Mukoze isoni, Isi yose imwote. Komeza umutima wa Cristiano Ronaldo (CR7), uhe umugisha ikirenge cya Mbappé. Mbisabye nizeye, Amen."

Umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi ukomeje kuvugisha benshi cyane barimo abafana ba Cristiano Ronaldo wahanganye na Lionel Messi imyaka irenga icumi, bifuza ko adatwara igikombe, dore ko ari cyo aba bagabo batwaye byose mu mupira w’amaguru babura.

Si abafana gusa kuko n’umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Didier Deschamps, yatangaje ko hari Abafaransa bifuza ko Messi yatsinda igihugu cyabo agatwara igikombe.

Yagize ati "Ndabizi benshi bashyigikiye Argentine, ndetse hari n’Abafaransa bayishyigikiye, bifuza ko Messi yatwara Igikombe cy’Isi, ariko turakora iyo bwabaga ngo tugere ku ntego zacu."

Uyu mukino uhanzwe amaso na benshi uteganyijwe saa Kumi n’imwe z’umugoroba harebwa ikipe irabasha kwegukana igikombe cyayo cya gatatu mu mateka.

Clapton Kibonge wari ushyigikiye Portugal mu Gikombe cy'Isi, yasenze asaba ko Messi na Argentine batsindwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages