00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Diaspora Home Management; ikiraro cyambutsa Abanyarwanda bashishikajwe n’iterambere ry’u Rwanda

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 January 2019 saa 12:39
Yasuwe :

Diaspora Home Management, Ikigo cy’abanyamwuga kandi gifite ubunararibonye cyatangiye guha Abanyarwanda baba mu mahanga, serivisi zigamije gutuma boroherwa no kumenya icyo bakora ngo barusheho kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo.

DHM itanga serivisi zirebana n’ishoramari n’imicungire y’imitungo, yatangijwe mu rwego rwo kurushaho kubyaza umusaruro imbaraga z’umubare munini w’Abanyarwanda baba hirya no hino ku Isi.

Umuyobozi Mukuru wa DHM, Ntasinzira Dieudonné yasobanuye iki kigo gitanga serivisi zirimo izirebana no gushaka ibyangombwa, biza byiyongera ku bahanga bari ku rwego mpuzamahanga biteguye kugufasha gutangira ishoramari ryawe mu Rwanda.

Ati “ Turi urubuga rwa serivisi zigamije gutuma ubuzima bw’abatugana burushaho koroha. Abakiliya bacu ni Abanyarwanda baba mu mahanga, bashobora kugera kuri izi serivisi mu buryo bworoshye kandi bwihuse.”

DHM yatangiye mu 2017 ifite intego yo kubera ikiraro Abanyarwanda baba hanze y’u Rwanda n’igihugu bakomokamo bahora iteka baharanira ko cyarushaho gutera imbere.

Ati “Aba bantu bagira uruhare mu bikorwa byinshi by’imiryango yabo n’inshuti. By’umwihariko ariko batanga umusanzu mu bikorwa bigamije iterambere ry’igihugu birimo; ubwubatsi bw’amacumbi agezweho, isoko ry’imari n’imigabane, uburezi, ubuzima n’ikoranabuhanga.”

Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’ibikorwa by’ubucuruzi (Business Development Manager) muri DHM, Ntwari Arnold, yasobanuye ko batanga serivisi zirimo; gushora imari mu bwubatsi bw’amacumbi agezweho (Real Estate), ubafasha mu kubona ibyangombwa bitandukanye, ubujyanama ku mikorere ya banki n’ibigo by’ubwishingizi bakorana no kumenya ahari amahirwe y’ishoramari.

Yagize ati “DHM yita ku kugushakira inzu igezweho ku giciro kinoze. Tuvugana nabo, tukagushakira ibyangombwa byose by’ubuyobozi bifitanye isano no kuba wakwigurira icumbi rigezweho.”

Yakomeje avuga ko kwita ku nyubako y’umuntu biri mu by’ibanze bashyira imbere ndetse bakagufasha gukurikirana no kwishyura ibirebana n’imisoro, amahoro y’isuku n’ umutekano n’igihe ikodeshwa bakamenya niba ubukode butangwa uko bikwiye.

Ati “ Igihe ubidusabye kandi tugufasha gukurikirana ibirebana no gusana, kuvugurura no kwagura.”

DHM kandi igufasha kumenya banki n’ibigo by’ubwishingizi wakorana nabyo mu Rwanda, binyuze mu kukugereranyiriza serivisi n’ibicuruzwa zigiye zifite ugahitamo ukurikije ibyo ukeneye n’ubushobozi bwawe.

Ukeneye ibindi bisobanuro cyangwa wifuza imwe muri serivisi za Diaspora Home Management, wasura urubuga www.dhm.rw cyangwa ukabahamagara kuri +250788422000; ushobora no kubandikira kuri [email protected], [email protected]

Amacumbi ya Phoenix Plaza arimo ibikoresho byose nkenerwa mu rugo
Century Park Apartments ni amwe mu macumbi ari kubakwa Nyarutarama ushobora kwigurira ubifashijwemo na DHM
Century Park Apartments ziri kubakwa Nyarutarama ni uku zizaba zimeze
Century Park Villas nazo ziri kubakwa i Nyarutama ni amahirwe akomeye y'ishoramari ku Banyarwanda batuye mu mahanga
DHM yihaye intego yo kuba ikiraro cyambutsa Abanyarwanda baba mu mahanga bifuza guteza imbere urw'ababyaye
Icyumba cy'imwe mu nyubako iri mu cyiciro cya mbere cy'umushinga wa Phoenix Plaza
Umushinga wa Phoenix Plaza uri kubakwa Kanombe nawo ushobora kuwushoramo imari, cyangwa ukaba wiguriyemo icumbi ryawe hakiri kare
Ushobora kwigurira kandi imwe muri Century Park Villa nazo ziri kubakwa Nyarutarama

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages