Iyi telefone yashyizwe ku isoko ku wa 13 Gicurasi 2026.
’Itel A200’ ifite umwihariko wo gukoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) ryitwa ‘Solo’ rifasha umuntu kwandika message, kumuganiriza, guhamagara ndetse rifite ubushobozi bwo gufasha camera gufotora amafoto meza. Iyi telefone kandi ifite umwihariko wo kurambya umuriro mu gihe cy’iminsi ibiri.
Ni telefone ifite ububiko buhagije bungana na 128 GB, bituma igira ubushobozi bwo kubika amafoto arenga ibihumbi 50.
Umuntu uguze ‘Itel A200’ ahabwa internet y’ubuntu ingana na 15GB, agahabwa iminota 300 yo guhamaga ku mirongo yose mu gihe cy’amezi atatu.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubucuruzi muri Itel Rwanda, Ntabwoba Trevor, yavuze ko telefone ya ‘Itel A200’ itandukanye n’iyo baheruka gushyira ku isoko ya ‘Itel A90’ kuko hari ubushobozi bayongereye.
Ati “Iyi telefone ifite network nziza ya 4.5G iri ku muvuduko wihuta urenze kuri 4G, izo ni impinduka twakoze kugira ngo ‘Itel A200’ ize ikora neza kuruta iyo duheruka gushyira hanze.”
Ntabwoba yavuze ko impamvu bahisemo gukorana na MTN Rwanda, ari uko basanze basangiye abakiliya kandi internet yayo yihuta.
Umwihariko wundi kuri telefone ya ‘Itel A200’ ni uko umuntu udafite amafaranga yo kuyigurira rimwe ashobora kwishyura mu byiciro mu gihe cy’umwaka, agahitamo kwishyura mu mezi atatu, amezi atandatu cyangwa se amezi 12.
Uzishyura iyi telefone mu byiciro azajya ahabwa 3GB za internet, iminota yo guhamagara 300 na sms 200 buri kwezi.
Umukozi ushinzwe serivisi yo kugurisha telefone zigezweho muri MTN Rwanda, Edwin Vita, yavuze ko bahisemo gukorana n’uruganda rwa Itel mu rwego rwo kunoza serivise bombi baha abakiliya, cyane ko ibyo bakora byuzuzanya.
Ati “Twabonye ko mu gihe Itel imaze mu Rwanda izana telefone nziza zijyanye n’igihe kandi zikomeye, twe nka MTN twafashe iya mbere dukorana na Itel mu kugeza serivisi nziza ku bakiliya, serivisi ya mbere ni ikoranabuhanga rya 4G twararizanye mu Rwanda hose rirahari, izi telefone Itel yazanye zifite ubushobozi bwa 4G”.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!