00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abaforomo n’ababyaza bagaragaje uburinganire nk’igisubizo cyazamura umwuga wabo muri Afurika

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 September 2026 saa 11:03
Yasuwe :

Abagize Ingaga z’Abaforomo n’Ababyaza bo mu bihugu byo muri Afurika bagaragaje ko kuba umubare w’abagore bagaragara mu buyobozi bukuru bwo muri uyu mwuga ukiri muto, biri mu mpamvu zikomeje kudindiza iterambere ry’abawukora kuko hari ibibazo bitandukanye bakemura igihe baba bari muri uwo mwanya.

Ibi byagarutsweho mu biganiro nyunguranabitekerezo byabereye i Kigali ku wa 1-4 Nzeri 2026, aho byahurije hamwe Abagize Ingaga z’Abaforomo n’Ababyaza bo mu Rwanda, Malawi, Zimbabwe, Tanzania na Norvège.

Ibi biganiro byabaye umwanya mwiza wahuje abayobozi bayoboye ingaga z’Abaforomo n’Ababyaza muri ibi bihugu aho baganiriye ku buryo bwo kuzamura ireme ry’imiyoborere, kwimakaza uburinganire mu byo bakora, kuvugurura uburyo bateza imbere amatora ndetse n’ibindi bitandukanye.

Umujyanama Mukuru mu Rugaga rw’Abaforomo n’Ababyaza bo muri Norvè rwateguye iki gikorwa, Maren Kloster, yavuze ko bategura ibiganiro nyunguranabitekerezo kugira ngo barebere hamwe bimwe mu bibazo byugarije umwuga w’ubuforomo n’ububyaza.

Ati “Abaforomo n’ababyaza ni ingenzi cyane mu buvuzi, ni yo mpamvu duhura tukaganira ku mbogamizi zibangamiye abakora mu ngaga zibavuganira ndetse tukaba twafata umwanzuro wo kurebera hamwe ingamba twafata kugira ngo dukemure izo mbogamizi.”

Imwe mu ngingo yihariye yagarutsweho ni uburyo bakwiriye gushyira imbaraga mu kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu bakora ubuforomo n’ububyaza muri ibi bihugu.

Nubwo abagore ari bo biganje mu bakora umwuga w’ubuforomo n’ububyaza gusa n’abagabo barawukora kandi akenshi usanga ari bo biganje mu myanya y’ubuyobozi ndetse bikaba byagira zimwe mu ngaruka zitari nziza.

Umuyobozi Mukuru w’Urugaga rw’Abaforomo n’Ababyaza mu Rwanda (RNMU), André Gitembagara, yavuze ko abagore bakora umwuga w’ubuforomo n’ububyaza mu Rwanda ari bo benshi kuko ari 65% mu gihe abagore bo ari 35% gusa agaragaza ko iyo bigeze mu miyoborere umubare uri hasi.

Ati “Umwuga wacu ugizwe n’igitsina gore kuko mu Rwanda abagore bawukora bari kuri 65% ni mu gihe abagabo bo bari kuri 35% gusa iyo ugiye mu miyoborere usanga umubare w’abagore b’abayoboi uba ukiri hasi cyane.”

Yakomeje atanga urugero rw’uko mu bayobozi barenga 47 babarizwa mu Nama Nkuru y’Igihugu ya RNMU usangamo abagore umunani gusa mu gihe abagabo ari 39.

Yagaragaje ko impamvu ibyo ari ikibazo ari ukubera ko kuba muri uyu mwuga abenshi babarizwamo ari abagore ariko ugasanga mu babafatira ibyemezo higanjemo abagabo bigira ingaruka kuko hari byinshi batangamo ibitekerezo byirengagizwa.

Ati “Nk’urugero mu Rwanda usanga ibitaro byinshi byo mu Rwanda, ntabwo tugira amazu yegereye ibitaro cyangwa ahantu habugenewe, rero iyo umubyeyi ufite nk’umwana yonsa abura aho amushyira igihe yamuzanye. Urumva ko ibyo bishobora kugira ingaruka ku mwana we kandi biri mu byatangwamo ibitekerezo n’abagore.”

Perezida w’Urugaga rw’Abaforomo n’Ababyaza muri Zimbabwe, Charles Simza, yavuze ko iyi nama yabafashije kunguka ubumenyi mu bijyanye n’imiyoborere myiza ishyira imbere uburinganire mu mwuga w’ubuforomo n’ububyaza.

Ati “Ibi ni ingenzi kuri twebwe tuyoboye ingaga z’abaforomo n’ababyaza baturutse mu bihugu bitandukanye kuko twize neza uburyo dukwiriye gushyira imbere uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu mwuga wacu.”

Iyi nama yitabiriwe n'Abagize Ingaga z’Abaforomo n’Ababyaza bo mu Rwanda, Malawi, Zimbabwe, Tanzania na Norvège
Abaforomo n’ababyaza bagaragaje uburinganire nk’igisubizo cyazamura uyu mwuga muri Afurika
Umuyobozi Mukuru w’Urugaga rw’Abaforomo n’Ababyaza mu Rwanda, André Gitembagara, yavuze ko uburinganire bukenewe mu guteza imbere uyu mwuga muri Afurika
Umujyanama Mukuru mu Rugaga rw’Abaforomo n’Ababyaza bo muri Norvege, Maren Kloster, yavuze ko bategura ibiganiro nyunguranabitekerezo kugira ngo barebere hamwe bimwe mu bibazo byugarije umwuga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages