00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Weekend ya nyuma ya 2025 i Rubavu, Umujyi utaratengushye abifuza amahoro y’umutima n’icyashara (Amafoto)

Bibe kuri Noheli cyangwa ku Bunani, i Rubavu akazi ni akazi. Isaha iyo ariyo yose ugomba gushaka amafaranga abikorana umwete, uwambutsa imizigo hakurya abikora rugikubita, ari nako utembereza abantu mu bwato, atangira kubushyushya mu museso. Rubavu mu mpande zose yarahabaye mu 2025.

Ni Umujyi wahuye na byinshi mu 2025 ariko uranga urashikama. Ubwo umwaka watangiraga, hakurya ntibwari bukikera kabiri, maze imitutu y’imbunda yerekezwa kuri uyu mujyi w’abashabitsi bazi gushaka amaramuko.

Mu Cyumweru cya kabiri cya Mutarama, ibintu byahinduye isura, maze FARDC ifatanyije n’inshuti zayo barasa ibisasu i Rubavu, gusa icyo bari birengagije ni uko aka ari agace k’u Rwanda, karindwa nk’uko umurwa mukuru urindwa. Ibisasu si ukubisama biratinda, Abanya-Rubavu bati utazi ubwenge ashima ubwe. Kuva ubwo n’abari hirya iyo kure, bahise babona ko nta we ukinira mu mbuga itari iye, ko hari ibintu umuntu yakinisha n’ibyo atakinisha.

Muri uyu mwaka, aka karere kafashe neza benshi, Abanyarwanda by’umwihariko Abanya-Kigali ngira ngo bake nako mbarwa ni bo bazibagirwa ya weekend ndende. Utayibuka azabaze Patrick ufite imodoka itukura n’abandi bariyo.

Ni agace gafasha abantu kuruhuka kubera ibyiza nyaburanga byako, kakanatuma bamwe bakunda amafunguro yo mu mazi bahagera bakamwenyura.

Akarere ka Rubavu ni kamwe muri turindwi tugize Intara y’Iburengerazuba. Icyicaro cy’Akarere kiri mu Murenge wa Gisenyi, mu Kagari ka Nengo mu Mudugudu wa Nyaburanga ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu, gahana imbibi n’umujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu burengerazuba, Akarere ka Nyabihu mu Burasirazuba n’Akarere ka Rutsiro mu Majyepfo.

Kari ku buso bwa 388,4km², gatuwe n’abaturage bagera ku bihumbi 546,683 nk’uko imibare y’ibarura rusange rya 2022 ibigaragaza.

Gafite imirenge 12 n’Utugari 79. Rubavu izwi nk’igicumbi cy’ubucuruzi mpuzamahanga kubera imipaka ya Petite na Grande barrière n’umupaka wa Kabuhanga, ihuza u Rwanda na RDC. Ifite icyambu cya Nyamyumba gihuza Akarere ka Rubavu n’Uturere dukora ku kiyaga cya Kivu na RDC.

Ni ahantu hakunzwe n’abakerarugendo kubera ikiyaga cya Kivu, ahantu nyaburanga nk’amashyuza aboneka mu Murenge wa Nyamyumba, amahoteli, imisozi myiza irimo uwa Muhungwe, Rubavu na Nengo, ubusitani bwiza n’ahantu ho kuruhukira.

Icyambu cya Nyamyumba gifite ubushobozi bwo gutwara toni 700.000 z’ibicuruzwa buri mwaka, hamwe n’abagenzi miliyoni 2,7 buri mwaka. Gishobora kwakira ubwato bubiri bufite uburebure bwa metero 60 icya rimwe.

Rubavu ituwe n’abantu bazi gushabika bya nyabyo, buri wese mu byo akora ntajya agoheka, icyashara bagishaka ku manywa na nijoro kandi nta faranga bajya basubiza inyuma.

Mu gihe tugeze mu mpera za 2025, abo Rubavu yubakiye umubano ntimuzayitere amabuye, muzayishime. Kuri Noheli muri uyu mujyi ibintu byari ibicika, abantu bari birekuye nk’ibisanzwe, nta kwambara bimwe bibagotagota, hehe n’umukandara n’inkweto ndende byatuma utayobokwa n’amafunguro cyangwa umuziki, ahubwo birekuye kugira ngo basoze umwaka nta ntugunda, buri wese afite amahoro y’umutima n’abandi babonye icyo bashyira mu mufuka.

Gare ya Rubavu ni yo nzira ihuza aka karere n'Intara y'Amajyaruguru hamwe n'ibindi bice by'Intara y'Iburengerazuba
Mu Ukuboza 2022 nibwo iyi gare yatangiye gukorerwamo nyuma y'igihe yubakwa
Imishinga y'ubwubatsi ihora iri gutegurwa mu bice byose by'aka karere
Rubavu ni umujyi utera imbere uko bwije n'uko bukeye ahanini bitewe n'ibikorwa by'ubucuruzi buwukorerwamo hamwe n'ubukerarugendo
Nta munsi w'ikiruhuko, isaha n'isaha, Abanya-Rubavu baba bashabutse bari ku murimo
Inyubako zigezweho zikomeje kuzamuka mu bice byose by'uyu mujyi
Ubucuruzi bw'imyenda ni bumwe mu bukorerwa cyane i Rubavu ku buryo n'Abanya-Kigali bajya kuhahahira
Aha bahita muri Unama. Hahoze hakorerwa ba bacuruzi bitwa Abazunguzayi none ubu bishyize hamwe bubaka inyubako nziza
Abubatse iyi nyubako bibumbiye muri Koperative yitwa Unama Ukore
Rubavu izwi ku myenda ya Caguwa nubwo ahandi mu Rwanda itangiye kuba amateka, ariko ho ntijya yiburira
Mu minsi mikuru, akaboga kari kabonetse muri uyu mujyi
Abantu aba ari urujya n'uruza muri uyu mujyi ahanini kubera ibikorwa by'ubucuruzi
Mu mpera z'icyumweru no mu minsi y'ibiruhuko, Abanya-Rubavu baba bicinya icyara kuko bakira abantu baturutse mu bice byose by'igihugu
Ubucuruzi buba mu maraso y'abaturage b'i Rubavu
Iki gice cyitwa La Bamba, ni hamwe mu ho Weekend aba ari injyanamuntu i Rubavu
Ubu amata yabyaye amavuta kuko Isoko rya Gisenyi nyuma y'imyaka 14 ryubakwa ryaruzuye
Umurimo w'i Rubavu ukorwa kare rikirasa...
Inyubako z'ubucuruzi mu Karere ka Rubavu zitangiye kuzamuka cyane mu myaka mike ishize
Ku muhanda werekeza ku kiyaga cya Kivu, abantu aba ari urujya n'uruza buri wese ashaka kujya kuruhuka
Mu mpera z'uyu mwaka, i Rubavu hateguwe imurikabikorwa ry'ibyo wasanga muri aka karere
N'iyi iboneka i Rubavu kuri make...
Umuco ntabwo wibagiranye ahubwo urasigasirwa ukabyazwa amafaranga
I Rubavu hakorerwa ubukerarugendo bw'ubwoko bwose ku buryo buri wese mu cyiciro cye abona icyo akeneye
Noheli y'i Rubavu yari ukwidagadura nk'ibisanzwe
Ufite umwana muto ukamujyana i Rubavu mu biruhuko, uba umushimishije byuzuye
Rubavu n'ubwato ni mahwi...
Ikiyaga cya Kivu kiri mu bituma Rubavu ikomeza kuba nyabagendwa amanywa n'ijoro
Ubukerarugendo bukorerwa mu kiyaga cya Kivu nibwo butuma Rubavu irushaho kuba nyabagendwa
Umucanga wo ku mazi mu Rwanda uboneka hake, i Rubavu ni hamwe muri aho
Yari ari kuhanya kugira ngo ashyikirize boss umuzigo bityo abone uko yakira abakiliya
Ubucurizi bwambukiranya umupaka ni bufatiye runini Akarere ka Rubavu n'u Rwanda muri rusange
Imipaka ihuza u Rwanda na RDC iza mu ya mbere muri Afurika mu igira urujya n'uruza rwinshi
Mu bicuruzwa bikunze kuvanwa mu Rwanda bijyanywe muri Congo, higanjemo imboga n'imbuto kandi byose byera i Rubavu
Nta kujenjeka, i Rubavu akazi aba ari akazi
Imirongo y'abifuzaga kwinjira muri Expo kuri Noheli yageraga mu marembo ya Vision Jeunesse Nouvelle
Ahantu nk'aha wahasanga hake muri iki gihugu...
Ibi ni byo usanga i Rubavu iyo akazi karangiye...
Mu minsi mikuru, abantu baturutse imihanda yose y'igihugu bajya i Rubavu bitabiriye ibirori binyuranye kugira ngo baruhuke
Rubavu n'ibyishimo washyiramo bihwanye... Ni agace kagendererwa n'abashaka kwizihirwa, hehe no kuzinga umunya

Amafoto: Munyemana Isaac


Special pages