Perezida Gnassingbé yageze mu Rwanda kuri uyu wa wa Gatatu, yakirwa ku kibuga cy’indege na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.
Ibiro by’umukuru w’igihugu byatangaje ko Perezida Kagame yakiriye Gnassingbé baganira ku ngingo zitandukanye.
Bikomeza biti “Ibiganiro byabo byibanze ku mubano ukomeye kandi ukomeza kwaguka hagati y’ibihugu byombi, n’ibirimo gukorwa mu kwimakaza ituze mu karere.”
This morning at Urugwiro Village, President Kagame welcomed H.E. Faure Essozimna Gnassingbé @FEGnassingbe, President of the Council of Ministers of Togo for a one-day working visit to Rwanda. Their discussions centered on the strong and growing bilateral relations between the two… pic.twitter.com/jTje8Q9mbd
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) May 13, 2026
Perezida Gnassingbé aheruka mu Rwanda muri Mutarama 2026, nk’umuhuza mu kibazo cy’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), inshingano yahawe n’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Mata 2025, ngo asimbure Perezida wa Angola, João Lourenço.
Icyo gihe yagiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, hamwe n’itsinda ry’inzobere za AU ku burasirazuba bwa RDC.
Ni ibiganiro byibanze ku mutekano mu burasirazuba bwa RDC, mu rugendo rwa dipolomasi rugamije gushakira umuti umwuka mubi, n’uburyo bwo kongera ubufatanye mu buhuza ku rwego rw’akarere n’umugabane, hagamijwe kwimakaza amahoro, umutekano n’ituze mu Karere k’Ibiyaga Bigari.







