00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Equity Bank Rwanda Plc yifatanyije n’ab’i Gicumbi gutera ibiti ibihumbi 10

Abayobozi ba Equity Bank Rwanda Plc bifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Gicumbi mu gutera ibiti birenga 10.000 birimo ibivangwa n’imyaka n’iby’imbuto, abaturage basabwa kubyitaho kugira ngo bizatange umusanzu ukomeye ejo hazaza.

Ibi biti byatewe mu gitondo cyo ku wa 1 Ugushyingo 2025, bikaba byatewe mu Kagari ka Rwagihura mu Murenge wa Nyankenke mu Karere ka Gicumbi.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Equity Bank Rwanda, Eric Rutabana, Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Uwera Parfaite ndetse n’abandi bafatanyabikorwa.

Umukozi ushinzwe ubushakashatsi n’iterambere mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA), Nduwimana Onesphore, yasobanuriye ko gutera ibiti bigira akamaro ku buzima bwabo ndetse n’ubw’igihugu muri rusange.

Ati “Ibiti bigira uruhare runini mu gusukura umwuka duhumeka.”

Yagaragaje ko umwuka abantu bahumeka uba urimo uruvangitirane rw’imyuka myinshi harimo n’ihumanywa n’ibikorwa bya muntu byangiza ikirere akaba ari yo mpamvu bakwiriye kubungabunga ibyo biti byatewe.

Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Equity Bank Rwanda, Eric Rutabana yagaragaje ko nka Equity Banki bishimiye kwifatanya n’abaturage bo muri Nyankenke mu gikorwa cyo gutera ibiti kubera ko byifashishwa mu guhangana n’imihindangurikire y’ikirere ikunze kubangiriza umusaruro w’ubuhinzi bikaba intandaro y’ubukene n’ibindi bibazo bitandukanye.

Ati “Gutera ibiti ni ingenzi cyane kuko bidufasha kurwanya imihindangurikire y’ikirere kandi muzi ibibazo imihindangurikire y’ikirere ikunze kudutera harimo imvura igwa idateguje ikaza irimo umuyaga mwinshi bikaba byateza ibibazo birimo isuri ndetse n’ibindi bitandukanye.”

Yakomeje avuga ko uretse kurwanya imihindangurikire y’ikirere, ibi biti byatewe bigera ku 10.100 bizabafasha kurwanya imirire mibi, kandi nibyera bizabafasha kwiteza imbere, birimo no kuzigama, cyane cyane muri iki gihe cyahariwe kuzigama.

Ntabwo ari ibiti byatewe gusa kubera ko Equity Bank yanatanze ubwisungane bwo kwivuza ku baturage bagera kuri 500 batuye muri uyu murenge.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Uwera Parfaite, yibukije abaturage kubibungabunga kuko hari byinshi biterwa ntibikure.

Ati “Icyo tubasaba ni ugusigasira ibiti twateye bikazakura neza kubera ko tujya tugira ikibazo cy’uko biterwa ariko ntibikure kubera ko abaturage bahita bareka kubikurikirana cyangwa se bagatangira kubyangiza bitarakura.”

Yakomeje abwira abaturage ko iyo ibiti byatewe biba byatwaye ingengo y’imari nyinshi kubera ko bisaba ko abafatanyabikorwa barimo na Equity Bank gushora amafaranga muri ibyo bikorwa.

Uwera yongeye kwibutsa abaturage kugira umuco wo kwizigamira kubera kuko ari byo bizabafasha kugera ku iterambere rirambye.

Muri uyu mwaka wa 2025 Equity Bank Rwanda Plc, imaze gutera ibiti birenga ibihumbi 32 harimo ibihumbi 15 byatewe muri Nyagatare, ibihumbi 7000 byatewe Nyabihu ndetse n’ibindi 10.000 byatewe muri Gicumbi.

Equity Bank igaragaza ko izakomeza kuba umufatanyabikorwa wizewe mu guteza imbere abaturage, ubuzima n’ibidukikije.

Equity Bank Rwanda PLC, yateye ibiti mu Karere ka Gicumbi hagamijwe kurengera ibidukikije
Abakozi ba Equity Bank bitabiriye igikorwa cyo gutera ibiti muri Gicumbi
Umunyabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyankenke, Uwera Jane, yashimiye Equity Bank yahisemo gutera ibiti muri uyu murenge
Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya UTAB, Padiri Dr. Munana Gilbert, yari yitabiriye iki gikorwa cyo gutera ibiti muri uyu murenge
Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Equity Bank, Eric Rutabana, yagaragaje ko izakomeza kuba umufatanyabikorwa wizewe mu guteza imbere abaturage, ubuzima n’ibidukikije.
Umukozi ushinzwe ubushakashatsi n'iterambere mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA), Nduwimana Onesphore, yasobanuriye ko gutera ibiti bigira akamaro ku buzima bwabo ndetse n’ubw’igihugu muri
Umuyobozi w'Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry'Ubukungu, Uwera Parfaite, yibukije abaturage kugira umuco wo kwizigamira kubera ko aribyo bizabafasha kugera ku iterambere rirambye
Abaturage barenga 500 bahawe ubwisungane mu kwivuza

Special pages