00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Star Times yemeje ko izerekana imikino yo kwishyura ya Shampiyona y’u Rwanda

Ikigo gicuruza amashusho cya Star Times cyamenyesheje abakiliya bacyo ko nk’uko byakozwe mu gice cya mbere cya Shampiyona y’u Rwanda, kizerekana imikino yose ikomeye, kidasize n’iyo mu mahanga by’umwihariko muri shampiyona zikomeye i Burayi.

Mu gihe imikino ibanza ya Shampiyona y’u Rwanda iri kugana ku musozo, amakipe yose yatangiye kwitegura gukina imikino yo kwishyura izahera tariki ya 30 Mutarama 2026.

StarTimes yavuze ko imikino yose ya APR FC, Rayon Sports, Al Merrikh SC na Al Hilal SC izanyura kuri shene ya Magic Sports TV igaragara ku 265 ku bafite antene y’udushami na 251 ku bafiye iy’igisahani, bafite ifatabuguzi rya Classic cyangwa irya Smart zigura ibihumbi 11 Frw.

Shampiyona y’u Rwanda kugeza ubu iyobowe na Al Hilal SC ifite amanota 35, igakurikirwa na Police FC ifite 34 mu gihe APR FC ari iya gatatu n’amanota 33.

Abakunzi b’umupira w’amaguru w’i Burayi bazakurikira imikino ya Carabao Cup yo mu Bwongereza igeze muri ½, Shampiyona yo muri Espagne (La Liga) na Shampiyona yo mu Budage (Bundesliga).

Hari kandi Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Arabie Saoudite (Saudi Pro League) irimo ibyamamare nka Ronaldo Cristiano, Sadio Mane, Karim Benzema, Riyad Mahrez n’abandi na yo izajya inyura kuri shene za StarTimes.

StarTimes irakataje mu kwerekana imikino ya Shampiyona yo mu Rwanda
Imikino ya Shampiyona zikomeye izanyura kuri StarTimes
Abafite ifatabuguzi rya StarTimes bazakurikira imikino ikomeye y'umupira w'amaguru
StarTimes ntiyibagiwe imikino y'i Burayi na Aziya

Special pages