Mega Global Market ni ikigo kimaze kuba ubukombe, aho gifasha abagiye mu mahanga barimo abagenda bagiye mu kazi, kwiga, byaba iby’igihe kirekire cyangwa amasomo y’igihe kigufi mu mashuri yisumbuye, abanza, abagiye gusura inshuti n’abavandimwe n’ababa bagiye gutembera cyangwa kwivuza.
Ibyo babikora mu bihugu byo mu Burayi, Canada na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibindi.
Ibyangombwa byo gukorera i Toronto, iki kigo cyabihawe na Leta ya Canada, ku wa 20 Mutarama 2025.
Umuyobozi Mukuru wa Mega Global Link, Dr. Habumugisha Francis, yavuze ko ubu serivisi z’iki kigo zatangiye gutangwa aho nk’abifuza gukora muri Canada, bari gufashwa na cyane ko iki kigo cyamaze gusinyana amasezerano n’ibigo bitanga akazi.
Ati “Ubu twatangiye no kugurisha imashini zacu zibafasha gukora siporo, na bya bicuruzwa byiza bifasha abantu kurinda no kuvura indwara na byo twabibazaniye”
Dr Habumugisha yasezeranyije ababagana ko ubu muri Canada ibafitiye abakozi bazakira neza abakiliya, n’abifuza gutembera muri iki gihugu, abaha ikaze.
Ati “Niba wifuza gutembera muri Canada, ukazana n’umuryango wawe, niba ushaka kuza uje gukora, amasazereno y’akazi arahari yarasinywe mu byo wifuza byose. Niba ushaka kuza uje kwiga ngwino tubafashe byose bizagenda neza.”
Mega Global Link ifite amashami menshi ku Isi, aho kuri ubu ifite ibiro mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, igakorera i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, no mu Burayi.
Mega Global Link yegukanye igihembo cya Abroad Education Agency of The Year mu bitangwa n’Ikigo Karisimbi Events, nk’ikigo cyabaye indashyikirwa mu kwakira neza abakigana muri 2024.





