00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imirimo y’abakozi ba Access Bank mu gufasha Abanyarwanda mu 2024

Muri ibi bihe Isi iri gutera imbere ku muvuduko wo hejuru, ni ngombwa ko ibigo by’ubucuruzi bigira uruhare no mu mibereho y’abaturage mu buryo butaziguye.

Ni ibintu abakozi bo muri Banki y’Ubucuruzi ya Access Bank Rwanda Plc bamenye rugikubita, kuko buri mwaka bakusanya umusanzu kugira ngo batange ubufasha mu kuzamura imishinga itandukanye ishingiye ku guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

Aba bakozi ba Access Bank baba bagamije kugira uruhare mu mishinga y’igihe kirekire izafasha Abaturarwanda mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Ni igikorwa kiri mu nzego enye zirimo kwita ku buzima, kurengera ibidukikije guteza imbere uburezi no kwihangira imirimo.

Ni muri urwo rwego mu 2024 abakozi ba Access Bank bafashije umuryango uzwi nka ‘Inshuti z’Abakene’, wita ku bana bavukanye Virusi itera Sida.

Abo bana bahawe ibiribwa, ibigega byo kubika amazi, banubakirwa igikoni cyo kwifashishwa mu kubitaho.

Ibyo byajyanye no gufasha abatishoboye mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, aho babatangiye Mituweli.

Bunganiye kandi abana bafite ubumuga bwo mu mutwe n’ubw’ingingo bitabwaho n’Umuryango AVEH Umurerwa. Abana bahawe ibiribwa, ibikoresho byo ku ishuri n’iby’isuku.

Uretse abakozi bayo bagize uruhare mu kwita ku buzima bw’Abanyarwanda mu buryo butandukanye, mu 2024 Access Bank na yo yakoze ibikorwa bitandukanye biteza imbere imibereho myiza y’abaturage, birimo kwishyurira ubwisungane mu kwivuza abantu 2000.

Mu byo abakozi ba Access Bank bakoze harimo no gutanga ibiribwa ku bana bo mu muryango uzwi nka Inshuti z’Abakene
Mu byahawe abana baba mu muryango uzwi nka Inshuti z’Abakene, harimo n'ibigega
Mu 2024 abakozi ba Access Bank bunganiye abafite ubumuga bwo mu mutwe n’ubw’ingingo bitabwaho n’Umuryango AVEH Umurerwa
Abakozi ba Access Bank bakoze ibikorwa bitandukanye biteza imbere ubuzima bw'abana
Abakozi ba Access Bank babyiniwe n'abana bari bamaze gutera inkunga

Special pages
. . . . . .