Mu bindi byaganiriweho harimo ubushakashatsi bwakozwe ku mikoranire n’abafatanyabikorwa b’iki kigo mu 2025, bwagaragaje ko bishimiye kuba abafatanyabikorwa ba Chancen ku rugero rwa 93,3%.
Chancen ivuga ko ubu bushakashatsi bwakozwe bagamije kureba uko abafatanyabikorwa bayo bishimiye imikoranire yabo mu 2025, imbogamizi bahuye na zo no kurebera hamwe uko umwaka utaha wa 2026 wazagenda neza kurushaho.
Iyi mikoranire kandi yafashije abafatanyabikora kwihuza n’ibindi bigo. Abafatanyabikorwa bavuze ko yabafashije kwiyubaka mu bijyanye no kubakira ubushobozi abakozi, mubijyanye no guhuza abanyeshuli n’isoko ry’umurimo ndetse no kubika neza amakuru y’abaharangije mu bijyanye n’imirimo bakora.
Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa muri Chancen International, Mugwaneza Rachel, yavuze ko ubushakatsi bufasha kumenya umusaruro w’imbaraga zashyizwe mu bufatanye ndetse no gutekereza hamwe ibyakosorwa mu gihe kizaza.
Chancen International Rwanda ikomoka mu Budage, yatangiye gukorera mu Rwanda mu 2018 ari naho hari icyicaro gikuru cyayo. Ikorera mu bindi bihugu birimo Kenya, Ghana na Afurika y’Epfo.
Yishyurira abanyeshuri binyuze mu masezerano azwi nka ‘Income Share Agreement (ISA)’, aho uwishyuriwe yishyura inguzanyo yo kwiga yahawe yabonye akazi gahemba kuva ku 80.000 Frw kandi bakishyura ku ijanisha riri hagati ya 10% na 20% by’umushahara buri kwezi.









