00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tecno na MTN byinjije abakiliya babyo mu minsi mikuru

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 8 December 2024 saa 08:23
Yasuwe :

Ikigo gikora kikanacuruza telefone zigezweho cya Tecno ishami ry’u Rwanda, ku bufatanye na sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda byinjije abakiliya babo mu minsi mikuru isoza umwaka bishyiriraho poromosiyo abakiliya.

Guhera tariki 7 Ukuboza 2024 kugeza tariki 4 Mutarama 2025, umuntu uzajya ugura telefone yo mu bwoko bwa Tecno iyo ariyo yose agashyiramo simcard ya MTN ya 4G, azajya ahita ahabwa impano ya 15GB za internet n’iminota 300 yo guhamagara bizamara amezi atatu.

Ku bazajya bagura telefone za Spark na Camon, bazajya bongezwa ‘ecouteurs’, abaguze POP bazajya bahabwa impano ya Noheli irimo ibintu bitandukanye, mu gihe abazajya bagura Phantom bazajya bahabwa impano zose.

Ntabwo izi ari zo mpano zihari zonyine kuko hari n’izindi zitandukanye nk’uko Umukozi ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Tecno Mobile Rwanda, Mucyo Eddie, yabisobanuye.

Ati “Hari izindi mpano nini zirimo firigo, moto, itike iriho 200,000 Frw yo guhahiraho mu maguriro agezweho (Supermarkets) dukorana ndetse na telefone. Kugira ngo izi mpano na zo zitangwe hazabaho tombola ku bantu bose baguze telefone, abazagira amahirwe bazatsindira bimwe muri ibi bihembo.”

Yakomeje avuga ko kandi aba banyamahirwe bazongera bagatomborwa, bakabona 30GB za internet ziyongera kuri 15GB babona bakigura telefone.

Umuyobozi ushinzwe ibikoresho by’ikoranabuhanga na serivisi z’ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, Nzabakira René, yavuze ko umwaka wa 2024 wababereye umwaka mwiza kuko babonye abakiliya benshi babagana muri serivise zitandukanye.

Ati “Iminsi mikuru ni iminsi twese dusubira inyuma tukitekerezaho, tugatekereza ku miryango yacu ndetse n’intumbero dufite mu myaka iri imbere. Mbere y’uko twinjira muri 2025 twifuje guha abakiliya bacu impano.”

Uretse mu minsi mikuru, MTN Rwanda na Tecno Mobile Rwanda, ni ibigo bisanzwe bikorana mu buryo butandukanye, aho bitanga poromosiyo zindi iyo Tecno yasohoye telefone nshya uyiguze akoresha MTN ahabwa internet y’ubuntu.

Umukozi wa Tecno Mobile Rwanda ushinzwe Iyamamazabikorwa, Mucyo Eddie, asobanura uburyo ibihembo binini bizatangwa
Itike yo guhahiraho ni imwe mu bihembo binini bizatangwa
Umuyobozi ushinzwe ibikoresho by'ikoranabuhanga na serivisi z'ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, yavuze ko umwaka wa 2024 wababereye mwiza bityo bifuje kuwusoza bashimira abakiliya babo
Telefone zizatangwa kubazaba abanyamahirwe muri tombora zo gutanga impano
Mu bihembo bizatangwa harimo na moto
MTN Rwanda na Tecno Mobile Rwanda bisanzwe bikorana mu guha poromosiyo abakiliya babyo
Juno Kizigenza afasha Tecno Mobile Rwanda mu kumenyekanisha Spark 30
Bwiza ukorana na MTN Rwanda na Juno Kizigenza ukorana na Tecno Mobile Rwanda bazafasha ibigo byombi gutanga impano
Ibi ni byo bikoresho bizatangwa ku banyamahirwe bazatomborwa mu bazaba baraguze telefone za Tecno

Amafoto: Munyemana Isaac


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .