Ni gahunda yatangijwe ku Cyumweru, tariki ya 23 Ugushyingo 2025, itangirizwa ahiswe Ahanad Bafana HQ muri Mundi Center, aho abakunzi b’ibinyobwa bya Skol bishimanye n’abakunzi ba Arsenal batsinda Tottenham ibitego 4-1.
Mu bukangurambaga bwa ‘Twagiye Morocco’, abakunzi b’umupira w’amaguru bazakomeza kujya bahurira Ahanad Bafana HQ, bakurikirane imikino y’amarushanwa akomeye ku Isi, uzajya ugura ikinyobwa cya Skol ahabwe amanota.
Uko umufana azajya yongera amanota hakurikije umubare w’ibinyobwa yaguze by’umwihariko icya Skol Malt gifite amanota menshi kurenza ibindi, azaba yiyongerera amahirwe yo kuzabona itike yo kujya kureba umukino uhiga indi muri Afurika.
Muri icyo gihe cyose kugera tariki ya 4 Mutarama 2026, buri cyumweru umunyamahirwe umwe azajya atsindira telefone yo mu bwoko bwa iPhone 17 izajya itangwa ku bufatanye na Sosiyete y’itumanaho ya Airtel Rwanda.
Umufana uzajya ugura ibinyobwa bya Skol akoresheje Airtel Money, amanota yari kubona azajya yikuba kabiri, bityo yongere amahirwe yo kuzajya muri Maroc cyangwa kubona iyo telfone iri mu zigezweho ku Isi.
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’umupira w’amaguru muri Skol Rwanda, Mukandama Hardi, yashimiye abitabiriye ariko anakangurira abandi kuzagerageza amahirwe mu mikino itaha.
Ati “Abantu bitabiriye ku munsi wa mbere bishimye cyane ndetse n’umukino uba mwiza. Twifuza ko abafana bakwiyongera mu mikino iteganyijwe mu minsi iri imbere, kugira ngo banezezwe n’umupira w’amaguru ariko banawugiriramo amahirwe adasanzwe.”
Biteganyijwe ku wa Kabiri, tariki ya 26 Ugushyingo 2025, muri Ahanad Bafana HQ hazerekanirwa imikino ya UEFA Champions League, by’umwihariko umukino wa Chelsea na FC Barcelone.
Amafoto: Rusa Willy Prince


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!