00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwibuka 31: Urubyiruko rwa Kaminuza ya UTAB rwasabwe kwirinda inyigisho z’ubuyobe

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 15 June 2025 saa 12:11
Yasuwe :

Mu gihe u Rwanda n’Isi yose bikiri mu minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba (UTAB), yaboneyeho gusaba urubyiruko kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no kwirinda inyigisho ziganisha ku macakubiri.

Iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabere ku cyicaro gikuru cya UTAB kiri mu Karere ka Gicumbi, ku wa 14 Kamena 2025.

Igikorwa cyabanjirijwe no gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Mutete, bunamira inzirakarengane z’Abatutsi zirenga 1.000 zihashyinguwe.

UTAB kandi yaremeye umuryango utishoboye warokotse Jenoside utuye mu Murenge wa Mutete, aho yatanze ibikoresho by’ibanze byo mu rugo ndetse inawugabira inka.

Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya UTAB, Padiri Dr. Munana Gilbert, yavuze ko kwibuka ari igikorwa cyo guha agaciro inzirakarengane z’Abatutsi zishwe muri Jenoside no gufata mu mugongo abayirokotse.

Ati “Jenoside yakoranywe ubugome ndengakamere, idutwara abacu twakundaga kandi tugikunda, idusigira ibikomere ku mutima no ku mubiri ariko turacyariho. Nidukomeze dutwaze.”

“UTAB nka Kaminuza izakomeza kubungabunga umurage wabo, umurage w’ubumuntu n’uw’ubupfura, by’umwihariko yita ku cyakomora abasigaye ari na yo mpamvu igikorwa nk’iki kijyana no kuremera Abarokotse Jenoside.”

Ubuhamya bwatanzwe na Mupenzi Joseph warokokeye ahahoze hakorera umushinga w’iterambere rya Byumba (DRB), ari na wo yakoragamo, ubu hakaba ari ho hubatse iyi Kaminuza ya UTAB, yavuze ko nk’abarokotse bashimira cyane abagize ubutwari bwo guhora bibuka, asaba abanyeshuri kuba intwari bakanazirikana amateka ya Jenoside bakurukije ubuhamya n’inyigisho bahabwa.

Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Bizimana Christian, yagarutse ku mateka n’itegurwa rya Jenoside kugeza ishyizwe mu bikorwa.

Bizimana yagarutse ku bwicanyi bwabereye ahahoze ari ku Gikongoro mu 1963, aho tariki ya 25 Ukuboza 1994, habayeho ubwicanyi bwiswe Noheli y’Amaraso.

Icyo gihe Abatutsi basaga ibihumbi 20 barishwe mu byumweru bibiri gusa. Abayobozi b’icyo gihe babwiye imiryango y’abiciwe ko uzajya ababaza aho imiryango yabo yagiye, bazajya bamusubiza ko yagiye Uganda.

Ati “Mwe rubyiruko murwanye Jenoside, murwanye ingengabitekerezo yayo, mwirinde ubacamo ibice, mwige muhindure icyasha kiri ku banyabwenge babayeho muri iki gihugu. Ni inshingano zanyu mu byo mwiga no mu byo mukoraho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe Imibereho y’Abaturage, Mbonyintwari Jean Marie Vianney, yasabye urubyiruko kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, basubiza ku mbuga nkoranyambaga abapfobya, abakerensa n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Mbonyintwari akomeza avuga ko bibabaje kubona abana bavutse mu myaka ya 2006 kuzamura, bagaragaraho ingengabitekerezo ya Jenoside. bityo rero “urubyiruko rukwiye kwirinda inyigisho z’ubuyobe zikiri kugaragara mu ngo n’ahantu hatandukanye nko kuri za Youtube, Facebook, X n’ahandi.”

Abanyeshuro ba UTAB bakoze urugendo rwo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Abanyeshuri n'abayobozi ba UTAB bibutse Abatutsi bazize Jenoside
Urwibutso rwa Mutete rushyinguwemo Abatutsi barenga 1000 bishwe bazira uko bavutse
Inzego z'umutekano na zo zitabiriye igikorwa cyo kwibuka
Abiga muri Kaminuza ya UTAB basabwe kwirinda inyigisho z'ubuyobe
Abayobozi batandukanye bari muri iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31
Igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri UTAB cyarimo abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Gicumbi
Ni igikorwa cyacaniwemo urumuri rw'icyizere cy'Abanyarwanda
Igikorwa cyo kwibuka muri UTAB cyatangijwe n'urugendo rwerekeza ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Mutete
Perezida wa IBUKA mu Karere ka Gicumbi, Kamizikunze Anastase, yavuze ko urubyiruko rwa UTAB rufite umukoro wo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside aho igaragara hose
Igikorwa ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri UTAB cyabereye ku cyicaro gikuru cyayo
Mupenzi Joseph watanze ubuhamya yavuze ko amateka y'Abatutsi bishwe bakoraga mu mushinga wa DRB, akwiye gukusanywa agasigasirwa
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mbonyintwari Jean Marie Vianney, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi yaturutse ku miyoborere mibi yariho icyo gihe
Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya UTAB, Padiri Dr. Munana Gilbert, yavuze ko nta burezi bufite ireme bushobora gutangwa hatirinzwe ingengabitekerezo ya Jenoside
Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya UTAB, Padiri Dr. Munana Gilbert, ashyira indabo ku mva
Umuyobozi muri MINUBUMWE, Bizimana Christian, yavuze ko Jenoside yateguwe inashyirwa mu bikorwa n’abanyabwenge, bityo abanyeshuri bakwiye kwirinda ikibi cyose cyabashora mu macakubiri
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe Imibereho y’Abaturage, Mbonyintwari Jean Marie Vianney, ari gushyira indabo ku rwibutso
Urubyiruko rwo muri UTAB rwaririmbye indirimbo z'ihumure

Amafoto: Nzayisingiza Fidèle


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .