00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Fitnesspoint yahaye rugari abahanga muri siporo yo kunyonga igare bahigana ubutwari

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 November 2025 saa 10:36
Yasuwe :

Ku nshuro ya mbere inzu y’imyitozo ngororamubiri ya Fitnesspoint yakoze igikorwa cyahariwe abakora siporo yagenewe abanyonga igare yise “Ride the Beat by Fitnesspoint 2025 Edition 1”, cyasize abahanga begukanye ibihembo birimo amagare.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 22 Ugushyingo 2025, kuva saa Tatu za Mugitondo kugeza saa Sita z’Amanywa, ku ishami ryayo riherereye i Remera.

Abitabiriye iki gikorwa bayobowe n’umutoza wabihuguriwe kandi ufite ubunararibonye mu gufasha abantu gukora siporo yo kunyonga igare ‘Spinning’, Michelle Nkurunziza, afatanyije na Hardi Sebanani.

Nkurunziza wateguye iki gikorwa yavuze ko yatunguwe no kubona abantu bitabira cyane ku nshuro ya mbere.

Ati “Urebye mu minsi yashize twari dufite impungenge z’uko dushobora kubura abantu ndetse na nimugoroba twari dufite umubare utari hejuru cyane. Gusa mu gitondo biyingereye cyane kugeza aho twagize abantu barenga 18 mu bagitangira iyi siporo, n’abarenga 40 mu byiciro by’abayimenyereye n’abatarayimenyera neza.”

“Uku kwari ukugerageza ngo turebe niba bizakunda ko iki gikorwa cyitabirwa, none twasanze ahubwo gikwiriye kuba buri kwezi na buri mwaka.”

Iyi siporo yakozwe ari itsinda ry’abantu bari hamwe bayobowe n’umutoza, buri wese akajya ku igare rye, noneho hagashyirwamo umuziki ujyanye na siporo bari gukora, bakanyonga mu buryo butuma umubiri uruhuka, bigakomeza imikaya no guhumeka neza.

Sebanani Hardi wabanye n’abakinnyi kuva batangiye kugeza basoje, yavuze ko ubwitabire buhari bwerekana ko abantu basigaye bakunda siporo.

Ati “Ubwitabire bwari hejuru, ariko urebye iyi siporo na yo iri kwitabirwa cyane kuko abantu bari kumva akamaro kayo. Ifasha abakuze kunanura imitsi mu ngingo zitandukanye by’umwihariko mu mavi no mu mugongo. Kuko twakoreshaga abantu bakoraga ibyo bakunze byatworoheye.”

Sebanani yongeyeho ko abakoze iyi siporo yari hagati y’iminota 30 na 45 bigendanye n’icyiciro bari barimo guhatanamo, bataye calorie 400 bigira ingaruka nziza mu mutwe no mu mubiri.

Abahize abandi bahawe ibihembo birimo umwaka wose bakorera imyitozo muri Fitnesspoint n’amagare yo gutahana bakajya bakorera siporo mu ngo zabo.

Karangwa Gamariel ni umwe mu batsindiye umwaka wose akorera siporo muri Fitnesspoint, gusa yavuze ko agiye guhita ashishikariza umuryango we gukunda siporo ya ‘Spinning’.

Ati “Ni iby’agaciro gukora siporo ukanatahana igihembo, ariko ntabwo ibi byiza nkwiriye kubyihererana dore ko nari nsanzwe mfite ifatabuguzi hano. Iki gihembo ngiye kugiha umugore wanjye na we tujye tuzana muri siporo, kuko umuryango ukora siporo ubaho neza.”

Sebanani Hardi yafashije abakoraga siporo ya 'Spinning'
Abakoraga siporo ya 'Spinning' bahabwaga amabwiriza n'uko bayikora ikabagirira akamaro
Siporo yajyanaga n'umuziki wabugenewe
Nkurunziza Michelle ni umwe mu bafite ubumenyi muri siporo ya 'Spinning'
Nkurunziza Michelle ni wagize igitekerezo cyo gukoresha abantu siporo ya 'Spinning' bakanatahana ibihembo
Ubwitabire muri iki gikorwa bwari hejuru mu byiciro bitandukanye
Buri wese yari yateganyirijwe igare akoreraho
Siporo yo kunyonga igare ifasha cyane kunanura amaguru
Abakora siporo beretswe uburyo bazikora buri munsi bitabagoye
Amagare yo gukoreraho ari muri Fitnesspoint arahagije
Hari abakoze iminota igera muri 45 banyonga igare
Fitnesspoint yakiriye iki gikorwa kizajya gihoraho
Abanyonga igare bahagurukaga kugira ngo bananure n'umugongo
Umubare w'abitabiriye wari hejuru cyane ukurikije abari bateganyijwe
Abakora siporo bagirwaga n'inama zo kuzikora neza
'Spinning' ifasha abayikora kuruhura umubiri
Sebanani Hardi amenyereye gukoresha abantu siporo zitandukanye
Abanyonga igare bakoraga n'izindi siporo zijyana na yo
Habaho n'umwanya wo kwinanura
Karangwa ni umwe mu batsindiye ibihembo
Abakoze siporo bishimiye ibihembo begukanye
Abaitabiriye siporo bari benshi cyane

Amafoto: Munyemana Isaac


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages