Ni irushanwa ryateguwe ku bufatanye bwa I&M Bank Rwanda na I&M Bank Uganda, ribera ku kibuga mpuzamahanga cya Golf i Kigali cya Kigali Golf Resorts & Villas.
Abakinnyi 264 ni bo biyandikishije gukina iri rushanwa ryarimo ribera hanze ya Uganda ku nshuro ya kabiri nyuma ya 2024 ubwo ryaberaga Limuru Country Club muri Kenya.
Mu bakinnyi barihatanyemo harimo abarenga 80 baturutse muri Uganda biganjemo ababarizwa muri Entebbe Golf Club.
Abakinnyi bahize abandi bose muri rusange ni Josephine Lee mu bagore ukinira i Kigali, mu bagabo akaba Mucyo January na we ukinira i Kigali.
Umukinnyi wateye umupira akawegereza umwobo kurenza abandi mu bagore ni Maxi Byenkya mu bagore na Benjamin Manzi mu bagabo. Irakoze Sylivie yateye umupira muremure kurenza abandi mu bagore, mu gihe mu bagabo ari Mukisa Benjamin bombi bakinira amakipe y’igihugu y’u Rwanda.
Irakoze watahanye ibihembo bibiri yanarushije abandi bagore bari bahatanye na we mu cyiciro cya Division A. Eve Tushabe Muvunyi yegukanye Division B, Pearl Karungi atwara igihembo muri Division C.
Mu byiciro bitandukanye mu bagabo, Rutamu Innocent yatsinze muri Division A, Kabatende Darlington ahiga abandi muri Division B, mu gihe Habumuremyi Théogène yatsinze muri Division C.
Muri rusange abakinnyi bagize Ikipe ya Kigali Golf Club yagize amanota 759, batsinze Katogo Golf Club yagize amanota 701.
Umukinnyi witwaye neza wa I&M Bank ni Diane Mukunde wo muri I&M Bank Rwanda.
Irakoze witwaye neza yaganiriye na IGIHE, avuga ko ari irushanwa ritari ryoroshye ariko ryongereye ubumenyi Abanyarwanda.
Ati “Twakinnye neza uyu munsi twitwara neza ariko ntabwo ryari ryoroshye kuko twakinaga n’abo tutamenyeranye. Nubwo twatsinze ariko hari ubumenyi badusigiye ku buryo mu marushanwa mpuzamahanga twazabukoresha.”
Umunyamabanga w’inama y’ubutegetsi ya I&M Bank Rwanda, Iddy Rugamba, yashimiye abitabiriye irushanwa anabasaba kugaruka mu marushanwa ya Golf mu Rwanda.
Ati “Ni iby’agaciro kuba twakiriye umuryango wa Katogo Golf mu Rwanda, twizeye ko mwakiriwe neza. Iki gikorwa kirerekana duhuriyeho, aho tuba I&M Bank imwe ndetse n’umuntu umwe kubera uburyohe bwa Golf. Iri si irushanwa gusa ahubwo ni ukwishimira ubucuti dufitanye no kugirana imikoranire y’impande zombi.”
Rugamba yongeyeho ko hari icyizere ko izi mpera z’icyumweru zabaye amahirwe ku bakinnyi ba Golf biganjemo abashoramari n’abacuruzi, baganira ku kwagura imikorere yabo ku rwego mpuzamahanga.
Umuyobozi wa serivisi z’Imenyekanishabikorwa n’Itumanaho muri I&M Bank Uganda, Annette Nakiyaga, yavuze ko
Ati “Irushanwa rya I&M Bank Katogo Golf Series ni rimwe mu marushanwa make muri Uganda yarenze imbibi z’igihuhu, ibigaragaza iterambere ryacu. Ntekereza ko noneho guhera uyu munsi ari bwo ibyiza bitangiye, aho tuzashimangira ubufatanye bw’impande zombi muri siporo no mu ishoramari.”
I&M Bank (Rwanda) Plc yatumiye aba bakinnyi bose ku kuzitabira irushanwa ryayo iteganya gutangiza mu mwaka utaha.


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!