00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagize Urugaga rw’Abagenagaciro basobanuriwe ubugome ndengakamere bwakoranywe Jenoside i Nyarubuye (Amafoto)

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 8 June 2024 saa 10:49
Yasuwe :

Abakozi bagize Urugaga rw’Abagenagaciro mu Rwanda (IRPV) basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyarubuye mu Karere ka Kirehe, basobanurirwa ubugome ndengakamere Jenoside yahakoranywe.

Aba bakozi basuye uru rwibutso ku itariki ya 7 Kamena 2024 aho bunamiye inzirakarengane zirenga ibihumbi 59 ziharuhukiye ndetse banashyira indabo ku mva mu rwego rwo kubasubiza icyubahiro.

Uru rwibutso ni rumwe mu nzibutso umunani ziri ku rwego rw’Igihugu bitewe n’amateka ndengakamere ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka gace.

Umuyobozi w’Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyarubuye, Mutuyimana Divine, yasobanuriye aba bakozi ko mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi iba, muri Nyarubuye Abahutu n’Abatutsi baho bari barakomeje kunga ubumwe bagendeye ku mvugo ya ‘Nta Mututsi w’i Kibungo’ bitewe n’uko bari baranze kwimika inzangano.

Ibyo ariko ntibyakomeje kubahira kuko Jenoside igitangira ubuyobozi bwaho bwabonye uwo mugambi w’ubumwe bawukomeje bucura undi mugambi mubisha wo kubategeza Interahamwe ngo zibatinyure gutangira kwicana.

Kuva ku itariki ya 14 Mata, Interahamwe zifatanyije n’abajandarume biraye mu Batutsi bari bahungiye kuri Kiliziya Gatolika ya Nyarubuye barabica harokoka mbarwa bitewe n’uburyo babishemo.

Mutuyimana yavuze ko i Nyarubuye Jenoside yakoranywe ubunyamaswa bukomeye harimo gusuka urusenda rwokeje ku Batutsi batemwe ngo uwo babona agihumeka bahite bamusonga bamwice, kunywa amaraso y’Abatutsi, kurya imitima n’imyijima yabo byokejwe, gutema ishusho ya Yezu n’ibindi bitandukanye.

Muri iki gikorwa kandi hatanzwe ubuhamya bwa Komiseri wa Ibuka mu Karere ka Kirehe, Rwakayigamba Ferdinand, wasangije abandi inzira y’umusaraba yanyuzemo akicirwa umugore n’abana bose ariko nyuma aza kurokorwa n’Inkotanyi aniyemeza gufatanya na zo ku rugamba rwo guhagarika Jenoside mu bindi bice, none akaba amaze kwiyubaka bigaragara.

Umuyobozi wungirije wa IRPV, Twahirwa Ebert yavuze ko amateka basobanuriwe ashengura umutima ariko ari isomo rikomeye ryo kubakiraho imbere heza.

Yagize ati “Tumenye uburyo ndetse n’ubukana Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyarubuye yakoranywe. Iyo utasuye ahantu by’umwihariko ufata ibintu muri rusange ariko amateka ya hano ateye agahinda cyane.”

Yongeyeho ati “Abaduhaye ubuhamya bagarutse ku buryo inzira y’ubumwe n’ubwiyunge yabatwaye imbaraga ngo ishoboke. Uwashaka gusubiza inyuma ubumwe wese ubu twabasha kumwamagana kuko twiboneye urugero rw’amateka ya hano.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarubuye, Nzamukosha Clémentine, yavuze ko nyuma y’amateka ashariye cyane aka gace kanyuzemo, ubu kamaze kongera kubaka ubumwe n’ubwiyunge bw’abagatuye bakaba babanye neza kandi barahanye imbabazi.

Igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi cyaranzwe kandi no kuremera uwayirokotse n’Urwibutso ruterwa inkunga mu rwego rwo gukomeza kurufata neza no kubungabunga amateka.

Urugaga rw’Abagenagaciro mu Rwanda rugizwe n’abarenga 240 rukaba rwarashinzwe mu 2010 hagamijwe guteza imbere umwuga w’igenagaciro. Muri serivise rutanga harimo kugena agaciro k’imitungo itimukanwa irimo nk’ibibanza, inzu ndetse n’igenagaciro ku bikorwa byo kwimura abantu hagamijwe inyungu rusange.

Umuyobozi wungirije wa IRPV, Twahirwa Ebert yavuze ko amateka basobanuriwe ya Jenoside i Nyarubuye ashengura umutima ariko ko ari isomo rikomeye
Urwibutso rwa Nyarubuye rwatewe inkunga yo kurushaho kurubungabunga
Uru rwibutso rwegeranye na Kiliziya Gatolika ya Nyarubuye
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarubuye, Nzamukosha Clémentine yavuze ko nyuma y’amateka ashariye cyane aka gace kanyuzemo ubu kamaze kongera kubaka ubumwe n’ubwiyunge
Komiseri wa Ibuka muri Kirehe, Rwakayigamba Ferdinand yavuze inzira y’umusaraba yanyuzemo yicirwa umugore n’abana bose
Mutuyimana Divine yasobanuriye aba bakozi ko mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi iba muri Nyarubuye Abahutu n’Abatutsi baho bari barakomeje kunga ubumwe
Inzirakarengane zasubijwe agaciro zambuwe binyuze mu gushyira indabo ku mva
Basuye ibice binyuranye bigize Urwibutso rwa Nyarubuye
Abakozi ba IRPV basobanuruwe amateka ya Nyarubuye
Abakozi ba IRPV baremeye uwarokotse Jenoside
Aha hahoze hatuye ababikira mu gihe cya Jenoside hiciwe Abatutsi benshi bari bahahungiye

Amafoto: Ingabire Nicole


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .