Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukwakira, ubwo yasobanuriraga Abadipolomate bahagaririye ibihugu byabo mu Rwanda, uko umubano w’igihugu n’amahanga uhagaze muri rusange.
Biruta yavuze ko u Rwanda ruhangayikishijwe no kuba imirwano yarubuye mu Burasirazuba bwa Congo, hagati ya M23 n’uruhande rwa Congo ruri gufashwa n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR ndetse n’abacanshuro b’abanyamahanga.
Imirwano guhera mu ntangiriro za Ukwakira iri kubera muri teritwari za Masisi, Nyiragongo na Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru mu duce twari dusanzwe tugenzurwa n’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) zoherejwe guhagarara hagati y’abarwana.
Biruta yavuze ko biteye impungenge kuba mu makimbirane yo mu Burasirazuba bwa Congo, hari kwifashishwamo abacanshuro barenga 2000 bo mu Burasirazuba bw’u Burayi. Ibi hamwe n’ibindi bikorwa bya Leta ya Congo, bibangamiye umutekano w’u Rwanda.
Yavuze ko Leta ya Congo yahisemo kugaba ibitero kuri M23 yishingikirije imyanzuro yafatiwe i Luanda muri Angola, ivuga ko imitwe yitwaje intwaro igomba gushyirwa ahantu hihariye kugira ngo isubizwe mu buzima busanzwe.
Icyakora, Biruta yavuze ko Congo yitwaje iyo myanzuro ikibasira gusa M23 nyamara ibyavugiwe i Luanda bireba imitwe yose ibarizwa mu Burasirazuba bwa Congo irimo na FDLR n’indi ahubwo iri gufasha Leta kurwanya M23.
Yavuze ko amahanga adakwiriye kumva ko ikibazo kizakemurwa igice, hirengagijwe ko na FDLR ari umwe mu mitwe ituma kidakemuka kandi ikaba ishyigikiwe na Leta ya Congo.
Dr Biruta yabwiye abo badipolomate ko ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwafashe zizagumaho mu kwirinda ko hari icyahungabanya umutekano warwo, gusa ashimangira ko u Rwanda atari rwo ruzaba nyirabayazana wo gushwana na RDC.
Imyaka ibiri igiye gushira imirwano hagati ya M23 na FARDC itangiye, aho uwo mutwe usaba Leta ya Congo gushyira mu bikorwa amasezerano basinye mu 2013 no gukemura ibibazo by’abavuga Ikinyarwanda batuye mu Burasirazuba bw’igihugu bahora bagirirwa nabi Leta irebera.
M23 yasabye ibiganiro na Leta irabyanga, uwo mutwe nawo wanga gushyira mu bikorwa imyanzuro ya Luanda iwusaba kujya mu bigo wateguriwe ngo abawugize basubizwe mu buzima busanzwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!