Mu gihe abanyarwanda bari kujya mu matora, Komisiyo y’Amatora (NEC) yashyize hanze urutonde rw’ibibujijwe kuri site y’itora ndetse no mu cyumba cy’itora.
NEC yagaragaje ko ku munsi w’amatora, bibujijwe kwiyamamaza cyangwa kwamamaza ku munsi w’amatora ndetse no kwambara ibirango by’imitwe ya politiki cyangwa by’abakandida bigenga.
Umuturage umaze gutora adafite akandi kazi kuri site y’itora asabwa guhita ahava, akaza kugaruka mu &ihe cyo kubarura amajwi iyo abyifuza.
Komisiyo y’amatora kandi yatangaje ko umukandida abubijwe kuba hafi y’ibiro by’itora keretse iyo aje gutora n’igihe cyo kubarura amajwi.
Mu gihe umuntu yinjiye mu bwihugiko, ntabwo byemewe ko afata amafoto cyangwa se ngo agaragaze uwo yatoye kuko gutora ari ibanga.
Umunsi w'amatora uregereje. Menya ibikorwa bibujijwe kuri site y'itora no mu cyumba cy'itora. #AmatoraMuMucyo pic.twitter.com/2y1zJ4PP82
— National Electoral Commission | Rwanda (@RwandaElections) July 13, 2024



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!