00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kuki iturufu yo kwitwaza u Rwanda kwa Congo ku basirikare barashe abaturage yanze gufata? (Video)

Yanditswe na Gatabazi Tite
Kuya 12 September 2023 saa 09:39
Yasuwe :

Bimaze kuba umuco muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ko ikitagenze neza cyose mu rwego rwo kwikiza abaturage, bagishinja u Rwanda.

Ubu noneho rwabaye indirimbo mu kanwa k’abanyapolitiki n’abasirikare bo muri icyo gihugu, nyuma y’ibyumeru bibiri abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kurinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi barashe ku baturage i Goma, bakicamo abasaga 50.

Imvugo zikomeje kunyurana ku batanga ubuhamya bw’uko byagenze kuko byakozwe mu rukerera, ubwo abashinzwe kurinda Perezida basangaga abaturage mu rusengero bakabasukaho amasasu nta mpamvu n’imwe.

Uburakare ni bwose mu baturage kuko Leta idasobanura uburyo abasaga 50 bishwe barashwe mu buryo budasobanutse, mu kubikiza nayo ibishinja u Rwanda.

Ubwa mbere bavuze ko abasirikare barashe bikanze ingabo z’u Rwanda ku mupaka, ubundi bavuga ko abarashwe bakekwagaho kuba ibyitso bya M23, umutwe bashinja gukorana n’u Rwanda.

Uku kuranya indimi kwaba kuri guterwa n’iki? Kurikira ikiganiro hasi aha mu rurimi rw’Igifaransa, usobanukirwe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages