00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya ku ngendo 90 za Perezida Kagame mu myaka itanu ishize

Yanditswe na Philbert Girinema
Kuya 18 August 2022 saa 10:51
Yasuwe :

Mu myaka itanu ishize ya manda ya Gatatu ya Perezida Kagame, yakoreye ingendo ku migabane ine y’Isi, asura ibihugu byiganjemo ibyo ku mugabane wa Afurika.

Igihugu Perezida Kagame yagezemo inshuro nyinshi mu myaka itanu ishize, ni Kenya kuko yayigendereye inshuro esheshatu. Ni mu gihe kuko Kenya ari umuturanyi, ibihugu byombi bihuriye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kandi Kenya imaze iminsi ari umuhuza mu bibazo by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri Kenya yahageze bwa mbere ku wa 28 Ugushyingo 2017 yitabiriye irahira rya Uhuru Kenyatta muri manda ye ya kabiri.

Ikindi gihugu Perezida Kagame yasuye inshuro nyinshi ni u Budage kuko mu myaka itanu, yagezeyo inshuro eshanu, harimo imwe yari yitabiriye Rwanda Day yabereye i Bonn mu 2019.

Perezida Kagame kandi yagendereye Angola inshuro enye, nyinshi muri zo zifitanye isano n’ibiganiro byo guhosha umwuka mubi wari hagati y’u Rwanda na Uganda. Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu Mujyi wa Dubai naho yagiyeyo inshuro enye.

U Bufaransa buri mu bihugu Perezida Kagame yagendereye inshuro nyinshi kuva mu 2017 kuko amaze kujyayo ubugira kane. Bwa mbere, hari ku wa 23 Gicurasi 2018 ubwo yagiriraga uruzinduko rw’iminsi ibiri i Paris.

Uwo munsi yakiriwe na Emmanuel Macron w’u Bufaransa muri Palais de l’Élysée, gusa bwari ubwa kabiri bahuye muri manda ye ya gatatu kuko bari barabonaniye i New York muri Nzeri 2017 mu Nteko Rusange ya Loni bakagirana ibiganiro.

Ibiganiro byabo ni byo byaganishije ku mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa muri iki gihe.

Igihugu cya mbere Perezida Kagame yasuye ni Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hari ku itariki ya 17 Nzeri 2017. Icyo gihe yari mu Mujyi wa Massachusetts ubwo yatangaga ikiganiro mu ihuriro rizwi nka Nantucket Project ryungurana ibitekerezo ku bibazo bibangamiye Isi.

Bwarakeye agirana ikiganiro n’abajyanama be, mu nama yabereye mu Mujyi wa New York. Ibi bikorwa byose yabyitabiriye bishamikiye ku Nama Rusange ya Loni yari yitabiriye; yabaga ku nshuro 72.

Igihugu cyakurikiyeho ni icyo ku mugabane w’u Burayi kuko ku wa 18 Ukwakira 2017 yari i Londres yitabiriye Inama Mpuzamahanga itumirwamo abayobozi bakiri bato bakaganirizwa n’abafite ubunararibonye mu miyoborere.

Urugendo rwe rwa mbere muri Afurika, ni urwo yagiriye muri Congo Brazaville. Icyo gihe yari yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bagize ICGLR, hari ku wa 19 Ukwakira 2017.

Muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ho yahageze bwa mbere ku wa 1 Ugushyingo 2017 yitabiriye Inama y’Ihuriro rya Afurika mu Bucuruzi yabereye mu Mujyi wa Dubai.

Mu 2022, Perezida Kagame yakoreye ingendo 17 hanze y’igihugu harimo Kenya, u Budage, u Bubiligi, Senegal, Mauritania, Jordanie, Misiri, Zambia, Congo, Jamaica, Barbados, Uganda, u Busuwisi na Angola.

Mu 2021 ubwo Covid-19 yatangiraga kugenza make, yakoze ingendo 12 mu bihugu birimo Angola, u Bufaransa, RDC, u Budage, Mozambique, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Qatar, u Butaliyani na Tanzania.

Ni mu gihe mu 2020, yagiriye ingendo mu bihugu bitandatu birimo Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Mozambique, u Bwongereza, Angola, Ethiopia na Kenya.

Mu 2019, bwo Perezida Kagame yakoreye ingendo 21 mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku Isi, birimo u Buyapani, Qatar, Angola, Ethiopia, u Busuwisi, Amerika, Tanzania, Kenya, Dubai, u Budage, Misiri, u Bufaransa, Afurika y’Epfo, Nigeria, Niger, u Bwongereza, Mozambique, Namibia, Centrafrique, Maroc n’u Burusiya.

Mu 2018 bwo yakoze ingendo 23 mu bihugu birimo Tanzania, u Busuwisi, Ethiopia, u Budage, u Buhinde, u Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe Amerika, Congo Brazzaville, u Busuwisi, u Bufaransa, u Burusiya, Ghana, Kenya, Djibouti, Afurika y’Epfo, Mauritanie, u Bushinwa, Arménie, Qatar, Misiri, Uganda, Argentine, Canada, Jordanie, Autriche na Côte d’Ivoire.

Guhera muri Nzeri 2017 yakoze ingendo 11 mu bihugu birimo Sudani, Ghana, Misiri, Côte d’Ivoire, Kenya, Senegal, u Bwongereza, Congo Brazzaville, USA, Dubai.

Mu bikorwa bimuhuza n’abaturage imbere mu gihugu yageze mu turere 13 turimo Rubavu, Musanze, Muhanga, Kicukiro, Karongi, Nyamasheke, Rutsiro, Burera, Huye, Nyamagabe, Nyarugenge, Nyabihu na Nyagatare.

Icya mbere cyabaye ku wa 28 Ukwakira 2017 ubwo yitabiraga Umuganda Rusange Ngarukakwezi, akanafungura ku mugaragaro Ikibuga cya Cricket.

Mu myaka ibiri ishize, kubera Covid-19 yahungabanyije ingendo, inama nyinshi Perezida Kagame yagiye azitabira hifashishijwe ikoranabuhanga.

Perezida Kagame ubwo yafatanaga ifoto y'urwibutso n'urubyiruko rwari rwitabiriye ihuriro rizwi nka Nantucket Project ku itariki ya 17 Nzeri 2017 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Perezida Kagame yari muri Amerika ku wa 17 Nzeri 2017, agirana inama n'abajyanama be
Ku wa 20 Nzeri 2017, Umukuru w'Igihugu yitabiriye Inama y'Inteko Rusange ya Loni yabaga ku nshuro ya 72
Umukuru w'Igihugu yari i Londres mu Bwongereza ku wa 18 Ukwakira 2017, aganiriza abayobozi bakiri bato
Perezida Kagame ubwo yageraga i Brazzaville ku wa 19 Ukwakira 2017 yitabiriye inama ya ICGLR
Perezida Kagame yari i Nairobi ku wa 28 Ugushyingo 2017 mu irahira rya Uhuru Kenyatta
Ku wa 1 Ugushyingo 2017, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko i Dubai
Umukuru w'Igihugu yagiriye uruzinduko rw'iminsi ibiri mu Bufaransa rwatangiye ku wa 23 Gicurasi 2018
Perezida Kagame ubwo yafataga ifoto y'urwibutso n'urubyiruko rwari rwitabiriye umuganda wa mbere yari yitabiriye muri manda ye ya Gatatu
Ku wa 26 Kamena 2019, Perezida Kagame yasuye Madagascar yitabiriye Isabukuru ya 59 y’Ubwigenge bw’icyo gihugu
Ku wa 10 Kamena 2019, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko mu Mujyi wa Libreville muri Gabon, yakirwa na mugenzi Ali Bongo Ondimba
Umukuru w’Igihugu yari muri Afurika y’Epfo ku wa 25 Gicurasi 2019 yitabiriye irahira rya mugenzi we Cyril Ramaphosa
Ku wa 2 Werurwe 2019, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko i Ouagadougou muri Burkina Faso yitabiriye iserukiramuco rya filimi rizwi nka Fespaco
Perezida Kagame yari mu Burusiya mu 2018 ku wa 14 Kamena yitabiriye itangizwa ry’imikino y’igikombe cy’Isi
Perezida Kagame yakiriwe na Museveni mu Biro bye i Entebbe ku wa 25 Werurwe 2018 mu biganiro byari bigamije gukemura ibibazo byari hagati y’ibihugu byombi
Perezida Kagame yahuye n’Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II, ubwo yari yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Commonwealth yabereye i Londre ku wa 19 Mata 2018. Ni nabwo u Rwanda rwahawe kwakira CHOGM iheruka kubera i Kigali
Perezida Kagame yari i Addis Ababa ku wa 10 Gashyantare ubwo we na Madamu Jeannette Kagame bakirwaga na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia , Abiy Ahmed Ali n’umugore we, Zinash Tayachew
Umukuru w’Igihugu yari i Nairobi ku wa 11 Gashyantare 2020 yitabiriye umuhango wo gusezeraho mu cyubahiro Daniel Arap Moi
Perezida Kagame yari muri Mozambique i Maputo ku wa 15 Mutarama 2020 ubwo yari yitabiriye irahira rya Filipe Jacinto Nyusi
Urugendo Perezida Kagame aherukamo i Dakar muri Sénégal ni urwabaye ku wa 22 Gashyantare 2020 ubwo habaga umuhango wo gutaha Stade yitiriwe Abdoulaye Wade
Perezida Kagame aheruka mu Budage ku wa 16 Gashyantare 2022 mu nama yaganishije u Rwanda ku kwemererwa gutangizwamo uruganda rwa BioNTech rukora inkingo
Perezida Kagame aheruka i Abu Dhabi ku wa 15 Kamena 2022

Amafoto: Village Urugwiro


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages