Izo Minisiteri zahinduriwe abayobozi ni iy’Ibikorwaremezo yahawe Murwanashyaka Damien nka Minisitiri n’abanyamabanga babiri ari bo Zingiro Armand wahoze ayobora REG na Col Claudien Bizimungu.
Hari kandi Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yaragijwe, Uwizeye Judith wari usanzwe ari Minisitiri muri Perezidanse. Iyo Minisiteri yo mu Biro bya Perezida wa Repubulika yo yamaze no gukurwaho.
Indi Minisiteri yahawe umuyobozi mushya ni iy’Ubucuruzi n’Inganda yaragijwe Kanjangwe Antoine Marie wari usanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho mu gihe uwo mwanya yariho washyizwemo Tuyishimire Chantal.
Ni impinduka zitezweho byinshi bijyanye n’icyerekezo u Rwanda rufite haba mu guteza imbere ibikorwaremezo mu ngeri zitandukanye, ubucuruzi n’inganda ndetse no kunoza urwego rw’umurimo mu Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!