Mu kiganiro L’Invité cya TV5 Monde, Mushikiwabo uri mu bakandida yabwiye umunyamakuru Patrick Simonin ko umwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF ubamo ihatana rikomeye kubera ko haba hari benshi bafite ubushobozi bwo kuwuyobora.
Yagize ati "Igihugu cyanjye cyamaze gutanga kandidatire yanjye. Rwose ndabizi ko hari benshi bavuga Igifaransa ku Isi bafite ibisabwa kugira ngo bayobore uyu muryango. Ni umwanya ubamo ihatana rikomeye, bityo twiteze ko bizasaba imbaraga mu gutora Umunyamabanga Mukuru mu bakandida bazahatana."
Byamaze kwemezwa ko Juliana Amato Lumumba wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo azahatanira uyu mwanya ndetse bivugwa ko Dr. Coumba Ba wo muri Mauritanie na we azawuhatanira.
Mushikiwabo yatangaje ko abazahatanira uyu mwanya bazaba ari batatu cyangwa bane, ariko ko kubera ko gutanga kandidatire bizarangira tariki ya 15 Gicurasi 2026, bisaba gutegereza kugira ngo abakandida bose bamenyekane bidasubirwaho.
Ati "Azaba ari amatora akomeye cyane. Byerekana uburyo umuryango wacu ukunzwe kandi ufite imbaraga. Rero ndi umwe mu bakandida kandi nishimiye cyane kubasha kongera guhatana."
Inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma ya OIF izabera mu Mujyi wa Phnom Penh muri Cambodge tariki ya 15 kugeza n’iya 16 Ugushyingo 2026 ni yo izatorerwamo Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!