Ubusesenguzi bushya bwashyizwe ahagaragara n USA-Today kuri uyu wa 20 Kanama 2012, bwerekanye ko abaturage benshi ba Leta zunze Ubumwe z’Amerika bazatora Obama mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri uyu mwaka wa 2012.
Nubwo hakivugwa ihungabana ry’ubukungu, umubare munini w’abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bo muri Leta cumi n’ebyiri zikomeye baremeza ko bazahundagaza amajwi yabo kuri Barack Obama. Izo Leta ni Colorado, Floride, Iowa, Michigan, Nevada, New Hampshire, New Mexique, Caroline du Nord, Ohio, Pennsylvanie, Virginie na Wisconsin.
Umukandida wo mu ishyaka ry’Abademokarate Barack obama ahanganye na mugenzi we Mitt Romney wo mu ishyaka ry’Abarepubulikani, mu matora ku yobora Leta zunze Ubumwe z’Amerika muri manda itaha.



















TANGA IGITEKEREZO