00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto yaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Koreya y’Epfo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 4 June 2024 saa 10:59
Yasuwe :

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Koreya y’Epfo kuva ku wa 2 Kamena 2024, aho yahuriye n’abandi bakuru b’ibihugu byo muri Afurika mu nama yabo na Perezida Yoon Suk Yeol.

Muri uru ruzinduko rwo gukomeza umubano w’impande zombi, Perezida Kagame yaherekejwe n’itsinda ry’abayobozi barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, n’Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Francis Gatare.

Umukuru w’Igihugu yakiriwe na Perezida Yeol kuri uyu wa 3 Kamena, baganira ku bufatanye busanzwe hagati y’u Rwanda na Koreya y’Epfo ndetse banasangira ifunguro hamwe n’abandi bakuru b’ibihugu byo muri Afurika bitabiriye iyi nama.

Perezida Kagame kandi yaganiriye n’umuvugabutumwa ukomeye ukomoka muri Koreya y’Epfo, Rev Billy Jang Hwan Kim wigeze kuyobora ihuriro ry’amatorero y’Ababatiza ku Isi (Baptist World Alliance) kuva mu 2000 kugeza mu 2005.

Iruhande rw’iyi nama, Perezida Kagame yaganiriye n’abayobozi baturutse muri Afurika barimo Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique na Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe. Bose hamwe uko bahuriye i Seoul, bafashe ifoto y’urwibutso na Perezida Yeol.

Biteganyijwe ko inama ya Perezida Yeol n’abakuru b’ibihugu bya Afurika irangira kuri uyu wa 5 Kamena 2024.

Muri Seoul hazamuwe amabendera ashimangira umubano mwiza w'u Rwanda na Koreya y'Epfo
Seoul ni umwe mu mijyi iteye imbere ku Isi
Umurwa mukuru wa Koreya y'Epfo, Seoul, ni umujyi uryoheye amaso
Perezida Kagame akigera ku kibuga cy'indege, yakiriwe n'abayobozi bo muri Koreya y'Epfo
Perezida Kagame yakiriwe mu cyubahiro gikwiye Umukuru w'Igihugu
Itsinda ry'abayobozi bakiriye Perezida Kagame ryarimo abadipolomate n'abo mu rwego rw'umutekano
Nk'ibisanzwe, imodoka yatwaye Perezida Kagame yashyizweho ibendera ry'u Rwanda
Perezida Kagame ubwo yageraga ahabera iyi nama
Aha ni ho hari kubera inama ya Koreya y'Epfo na Afurika
Amabendera y'ibihugu bitandukanye bya Afurika yazamuwe ahabera iyi nama
Perezida Kagame na Yeol baganiriye ku mubano w'u Rwanda na Koreya y'Epfo usanzwe uhagaze neza
Perezida Yeol wari kumwe n'umugore we, Kim Keon Hee, bakiriye Perezida Kagame
Mu bayobozi baherekeje Perezida Kagame harimo Minisitiri Biruta na Francis Gatare uyobora RDB
U Rwanda na Koreya byagiranye amasezerano arimo ayo koroshya ubuhahirane
Perezida Kagame ni umwe mu bahawe ijambo muri iyi nama
Perezida Yeol ubwo yasuhuzaga Minisitiri Biruta
Umukuru w'Igihugu yahuye n'abandi bayobozi bo muri Koreya y'Epfo
U Rwanda na Koreya y'Epfo bishaka kongerera imbaraga umubano bifitanye
Ababyinnyi bo muri Koreya y'Epfo bataramiye abakuru b'ibihugu
Perezida Yeol yagejeje ijambo kuri bagenzi be basangiye ifunguro
Kugera ku hazaza hagizwemo uruhare na buri gihugu ni yo ntego nyamukuru y'iyi nama
Perezida Yeol yasangiye n'abakuru b'ibihugu bya Afurika
Perezida Kagame yaganiriye n'abarimo Perezida wa Mozambique n'uwa Zimbabwe
Perezida Kagame na Alassane Ouattara uyobora Côte d’Ivoire
Perezida Kagame yasuhuje Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi
Perezida Kagame yahuye n'umuvugabutumwa Billy Kim wayoboye itorero ry'Ababatiza
Rev Billy Kim ni umwe mu bavugabutumwa bakomeye ku Isi
Umukuru w'Igihugu na Rev Kim bishimiye guhura
Perezida Kagame na Billy Kim baganiriye
Perezida Yeol yasuhuje abaherekeje Perezida Kagame muri iyi nama

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .